• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Bigoranye u Budage bwigaruriye icyizere mu gikombe cy’Isi, u Bubiligi bwongera gukangana

Bigoranye u Budage bwigaruriye icyizere mu gikombe cy’Isi, u Bubiligi bwongera gukangana

Ubwanditsi 24 Jun 2018 IMIKINO

U Budage bwegukanye igikombe cy’Isi giheruka, bwarokotse habura amasegonda ngo busezererwe mu matsinda muri iri rushanwa riri kubera mu Burusiya naho u Bubiligi bwongera gutanga ubutumwa bukomeye bunyagira Tunisia ibitego bitanu kuri bibiri kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Kamena 2018.

Igikombe cy’Isi cy’uyu mwaka gikomeje kugaragaza isura itandukanye cyane n’iyo abakunzi ba ruhago bari biteze kuko nyuma ya Argentina iri mu byago byo gusezererwa itarenze amatsinda, u Budage nabwo habuze gato ngo busubire mu rugo, ibi akaba ari ibihugu byahuriye ku mukino wa nyuma mu 2014 ndetse n’uyu mwaka byaje bihabwa amahirwe menshi.

U Budage bw’umutoza Joachim Löw bwari bwatsinzwe umukino wa mbere na Mexique ku gitego 1-0, bwagiye mu mukino wa kabiri nta kosa bugomba gukora imbere ya Suède nayo yashakaga amanota atatu yagombaga guhita ayiha itike ya 1/8 ako kanya.

U mukino watangiye wiharirwa n’u Budage gusa uburyo babonye ntibabukoreshe neza baza gukosorwa na Ola Toivonen ku munota wa 32 atsindira igitego cya mbere Suède yarindaga izamu ryayo igacungira ku mipira yihuta cyane iciye ku mpande.

U Budage bwatangiye gukina bushaka kwishyura ariko igice cya mbere kirangira bidakunze, icya kabiri gitangiye umutoza akora impinduka akuramo Julian Draxler aha umwanya Mario Gomez wongereye imbaraga mu busatirizi, ku munota wa 48 iyi kipe ibona igitego cya Marco Reus.

Ni igitego cyaje igihe cyiza, gituma bakomeza kotsa igitutu izamu rya Suède bashaka igitego cya kabiri babona uburyo bwinshi ariko amahirwe arabura kuko hari imipira yabo yagaruwe n’ibiti by’izamu, indi umunyezamu Robin Olsen akayikuramo mu buryo budasanzwe.

Igitego cyabuze ndetse u Budage buza kujya mu byago bikomeye ubwo myugariro Jerome Boateng yahabwaga ikarita ya kabiri y’umuhondo agahita abona umutuku akava mu kibuga, ikipe igasigarana abakinnyi 10 gusa.

Suède yari imaze kubona ko bishoboka ko yabona igitego cy’intsinzi yagiye ikora impinduka, yinjiza abakinnyi bashaka ibitego gusa ntibyayihira kuko u Budage bwari bwariye karungu ndetse mu minota y’inyongera habura umwe ngo umukino urangire bubona coup franc, Marco Reus ayipasa Toni Kroos nawe atera ishoti riremereye mu izamu igitego kirinjira.

Gutsinda uyu mukino byatumye u Budage bwigarurira icyizere kuko busabwa kuzatsinda Koreya y’Epfo ku mukino wa nyuma mu gihe Suède nayo ifite amanota atatu yazaba yatsinze Mexique, hakazarebwa ku bitego amakipe yombi azigamye.

U Bubiligi bwo bwanyagiye Tunisia ibitego 5-2 harimo bibiri bya Eden Hazard, bibiri bya Romelu Lukaku n’icya Michy Batshuayi mu gihe Tunisia yatsindiwe na Dylan Bronn na Wahbi Khazri.

Iki gihugu gitozwa na Roberto Martinez na Thierry Henry, kibaka gikomeje kwitwara neza, gikina umukino mwiza kikanatsinda ibitego byinshi ari nako gitanga ubutumwa ku bindi bihugu bihanganiye iri rushanwa.

Imikino iteganyijwe kuri iki Cyumweru

Saa 14h00: u Bwongereza vs Panama

Saa 17h00: u Buyapani vs Senegal

Saa 20h00: Pologne vs Colombia

2018-06-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports yaraye yegukanye igikombe cya cyenda cya shampiyona

Rayon Sports yaraye yegukanye igikombe cya cyenda cya shampiyona

Ubwanditsi 25 May 2019
Sitade Mpuzamahanga ya Huye yafunzwe by’agateganyo kubera imirimo yo kuyitunganya igiye gutangira

Sitade Mpuzamahanga ya Huye yafunzwe by’agateganyo kubera imirimo yo kuyitunganya igiye gutangira

Ubwanditsi 23 Apr 2022
Amateka akomeje gukorwa, Mukansanga Salima mu basifuzi b’umukino w’u Bufaransa na Australia w’igikombe cy’Isi 2022

Amateka akomeje gukorwa, Mukansanga Salima mu basifuzi b’umukino w’u Bufaransa na Australia w’igikombe cy’Isi 2022

Ubwanditsi 22 Nov 2022
Mu mukino w’ikirarane, APR FC yatsinze Bugesera FC 2-0 ifata umwanya wa Gatandatu wa shampiyona y’u Rwanda

Mu mukino w’ikirarane, APR FC yatsinze Bugesera FC 2-0 ifata umwanya wa Gatandatu wa shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 27 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itangazamakuru mu marembera : Abasimbuye Murama mu nama nkuru y’itangazamakuru urwishe yanka ruracyayirimo
Mu Mahanga

Itangazamakuru mu marembera : Abasimbuye Murama mu nama nkuru y’itangazamakuru urwishe yanka ruracyayirimo

Ubwanditsi 20 Mar 2016
Rudasingwa yahishuye uruhare rwe mu bitero bya gerenade byigeze kwibasira Kigali
INKURU NYAMUKURU

Rudasingwa yahishuye uruhare rwe mu bitero bya gerenade byigeze kwibasira Kigali

Ubwanditsi 05 Mar 2020
Murekezi Anastase asimbuye Cyanzayire kuba Umuvunyi Mukuru
Mu Rwanda

Murekezi Anastase asimbuye Cyanzayire kuba Umuvunyi Mukuru

Ubwanditsi 31 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru