• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Bigoranye u Budage bwigaruriye icyizere mu gikombe cy’Isi, u Bubiligi bwongera gukangana

Bigoranye u Budage bwigaruriye icyizere mu gikombe cy’Isi, u Bubiligi bwongera gukangana

Ubwanditsi 24 Jun 2018 IMIKINO

U Budage bwegukanye igikombe cy’Isi giheruka, bwarokotse habura amasegonda ngo busezererwe mu matsinda muri iri rushanwa riri kubera mu Burusiya naho u Bubiligi bwongera gutanga ubutumwa bukomeye bunyagira Tunisia ibitego bitanu kuri bibiri kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Kamena 2018.

Igikombe cy’Isi cy’uyu mwaka gikomeje kugaragaza isura itandukanye cyane n’iyo abakunzi ba ruhago bari biteze kuko nyuma ya Argentina iri mu byago byo gusezererwa itarenze amatsinda, u Budage nabwo habuze gato ngo busubire mu rugo, ibi akaba ari ibihugu byahuriye ku mukino wa nyuma mu 2014 ndetse n’uyu mwaka byaje bihabwa amahirwe menshi.

U Budage bw’umutoza Joachim Löw bwari bwatsinzwe umukino wa mbere na Mexique ku gitego 1-0, bwagiye mu mukino wa kabiri nta kosa bugomba gukora imbere ya Suède nayo yashakaga amanota atatu yagombaga guhita ayiha itike ya 1/8 ako kanya.

U mukino watangiye wiharirwa n’u Budage gusa uburyo babonye ntibabukoreshe neza baza gukosorwa na Ola Toivonen ku munota wa 32 atsindira igitego cya mbere Suède yarindaga izamu ryayo igacungira ku mipira yihuta cyane iciye ku mpande.

U Budage bwatangiye gukina bushaka kwishyura ariko igice cya mbere kirangira bidakunze, icya kabiri gitangiye umutoza akora impinduka akuramo Julian Draxler aha umwanya Mario Gomez wongereye imbaraga mu busatirizi, ku munota wa 48 iyi kipe ibona igitego cya Marco Reus.

Ni igitego cyaje igihe cyiza, gituma bakomeza kotsa igitutu izamu rya Suède bashaka igitego cya kabiri babona uburyo bwinshi ariko amahirwe arabura kuko hari imipira yabo yagaruwe n’ibiti by’izamu, indi umunyezamu Robin Olsen akayikuramo mu buryo budasanzwe.

Igitego cyabuze ndetse u Budage buza kujya mu byago bikomeye ubwo myugariro Jerome Boateng yahabwaga ikarita ya kabiri y’umuhondo agahita abona umutuku akava mu kibuga, ikipe igasigarana abakinnyi 10 gusa.

Suède yari imaze kubona ko bishoboka ko yabona igitego cy’intsinzi yagiye ikora impinduka, yinjiza abakinnyi bashaka ibitego gusa ntibyayihira kuko u Budage bwari bwariye karungu ndetse mu minota y’inyongera habura umwe ngo umukino urangire bubona coup franc, Marco Reus ayipasa Toni Kroos nawe atera ishoti riremereye mu izamu igitego kirinjira.

Gutsinda uyu mukino byatumye u Budage bwigarurira icyizere kuko busabwa kuzatsinda Koreya y’Epfo ku mukino wa nyuma mu gihe Suède nayo ifite amanota atatu yazaba yatsinze Mexique, hakazarebwa ku bitego amakipe yombi azigamye.

U Bubiligi bwo bwanyagiye Tunisia ibitego 5-2 harimo bibiri bya Eden Hazard, bibiri bya Romelu Lukaku n’icya Michy Batshuayi mu gihe Tunisia yatsindiwe na Dylan Bronn na Wahbi Khazri.

Iki gihugu gitozwa na Roberto Martinez na Thierry Henry, kibaka gikomeje kwitwara neza, gikina umukino mwiza kikanatsinda ibitego byinshi ari nako gitanga ubutumwa ku bindi bihugu bihanganiye iri rushanwa.

Imikino iteganyijwe kuri iki Cyumweru

Saa 14h00: u Bwongereza vs Panama

Saa 17h00: u Buyapani vs Senegal

Saa 20h00: Pologne vs Colombia

2018-06-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC yatsinze Mukura 2-0 ikomeza gushyiramo ikinyuranyo ku makipe ayikurikiye arimo Rayon Sports

APR FC yatsinze Mukura 2-0 ikomeza gushyiramo ikinyuranyo ku makipe ayikurikiye arimo Rayon Sports

Ubwanditsi 26 Feb 2024
Uko amakipe azahura mu ijonjora ry’ibanze ry’igikombe cy’Amahoro 2018

Uko amakipe azahura mu ijonjora ry’ibanze ry’igikombe cy’Amahoro 2018

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Kubera umusaruro utari mwiza, Seninga Innocent n’umwungiriza we muri Sunrise FC bahagaritswe iminsi 15 badatoza

Kubera umusaruro utari mwiza, Seninga Innocent n’umwungiriza we muri Sunrise FC bahagaritswe iminsi 15 badatoza

Ubwanditsi 14 Feb 2023
Icyinyoma cya Rwemalika Felecitee na Nzamwita Degoule  nicyo cyizambya umupira w’abagore

Icyinyoma cya Rwemalika Felecitee na Nzamwita Degoule nicyo cyizambya umupira w’abagore

Ubwanditsi 18 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Ouattara yeretswe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi
POLITIKI

Perezida Ouattara yeretswe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 27 Apr 2018
Polisi y’u Rwanda yasabye abatuye muri Huye kudahishira ihohoterwa ryo mu ngo
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yasabye abatuye muri Huye kudahishira ihohoterwa ryo mu ngo

Ubwanditsi 13 May 2016
Ubudasa aho Paul Kagame yasoreje  urugendo rwo  kwiyamamaza  kumunsi wa 8  mu Ntara y’Uburasirazuba
Mu Rwanda

Ubudasa aho Paul Kagame yasoreje urugendo rwo kwiyamamaza kumunsi wa 8 mu Ntara y’Uburasirazuba

Ubwanditsi 23 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru