• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Bimwe mu bintu bishobora kongera gusenya EAC nk’uko byagenze mu 1977-Ambassador Harold Acemah
Ambassador Harold Acemah

Bimwe mu bintu bishobora kongera gusenya EAC nk’uko byagenze mu 1977-Ambassador Harold Acemah

Editorial 11 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU, POLITIKI

Ambassador Harold Acemah

Kutabona ibintu kimwe kw’abayobozi n’amakimbirane ashingiye ku nyungu z’igihugu bisa nk’ibigiye kongera gusenya umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) nko mu 1977 nk’uko ababikurikiranira hafi basobanukiwe politiki yo mu karere babyemeza.

Kuwa 30 Ugushyingo hari hateganyijwe inama ya 20 y’abakuru b’ibihugu bigize EAC iza kutaba bitewe n’uko u Burundi bwanze kuyitabira bunarakazwa n’uko chairman w’uyu muryango, Yoweri Museveni yanze kwita ku mpungenge zabwo.

Ibi byatumye Perezida Museveni asubika iyi nama ku munota wa nyuma ayimurira kuwa 27 Ukuboza.

Abakurikiranira hafi ibintu rero basanga uyu muryango ushobora kuba ugiye gusubira mu byabaye mu 1977 ubwo wasenyukaga bitewe n’ibibazo bya bamwe mu bawugize bitakemuwe, nk’inyungu z’ubucuruzi, ibibazo by’umutekano n’ibindi hagati y’ibihugu bigize uyu muryango.

Mu 1977, isenyuka ry’uyu muryango ryatewe no kutumva ibintu kimwe hagati ya Kenya na Tanzania, ndetse n’ibibazo by’abayobozi ku giti cyabo hagati ya Julius Nyerere wa Tanzania na Idi Amin wa Uganda.

Mu gihe EAC y’ubu yongeye kubyutswa mu 1999 yagombaga kuba umuryango ushingiye ku baturage kandi ushishikajwe na business, impuguke zisanga ahubwo uyu muryango ushingiye ku bayobozi ba za guverinoma.

Izi mpuguke zikaba zitanga urugero rwo kudahuza hagati ya Perezida Kagame na Perezida Nkurunziza n’ibindi bibazo bishingiye ku nyungu z’ibihugu bikomeje kubangamira kwishyira hamwe kw’ibihugu bigize umuryango.

Harold Acemah, wabaye umudipolomate wa Uganda, akaba afite ubunararibonye bw’imyaka 30 mu kazi, avuga ko kuba iyi nama ya 20 y’abakuru b’ibihugu bya EAC itarabaye ari ikimenyetso kibi kigaragaza ibibazo byugarije umuryango.

Muri ibi bibazo harimo isoko idakwiye y’amafaranga ubunyamabanga bw’umuryango bukenera gukoresha, kutizerana hagati y’abakuru b’ibihugu 6 bigize umuryango, no kubura ubushake bwa politiki bwo gushyira mu bikorwa gahunda z’umuryango.

Acemah ati: “Perezida Nkurunziza yumva ari nk’umubyara ukennye udahabwa agaciro n’abavandimwe be bakuru,”

Ibi Acemah akaba abishingira ku kuba Nkurunziza yarasabye Museveni gusubika iyi nama ya EAC u Burundi bwanze kwitabira ngo bubanze bwitegure, ariko ubusabe bwabwo ntibwemerwe. Uyu mugabo akavuga ko Museveni atagaragaje kwiyoroshya n’ubudipolomate.

Amasezerano ya Arusha

Uyu mudipolomate akomeza avuga ko ahanini amakimbirane ya Perezida Nkurunziza na bagenzi be bo muri EAC akomoka ku kwirengagiza Amasezerano ya Arusha kwe agashaka manda ya gatatu itaravuzweho rumwe mu 2015. Akavuga ko Perezida Nkurunziza ari we wumva yarahawe akato aho kuba u Burundi.

Uko EAC ibayeho kuri ubu ngo binyuranyije n’intumbero umuryango wari ufite.

Ingingo ya 5 y’amasezerano yashyizeho uyu muryango mu 1999, ivuga ko intego zawo ari uguteza imbere politiki na gahunda zigamije kongera ubufatanye hagati y’ibihugu bigize umuryango muri politiki, mu bukungu, imibereho n’umuco, ubushakashatsi n’’ikoranabuhanga, ubwirinzi, umutekano n’ibibazo bijyanye n’ubutabera ku nyungu rusange.

Ariko noneho igika cya gatatu cy’iyi ngingo ya 5 cyo kivuga kongerera imbaraga no gukomeza amashyirahamwe amaze igihe mu rwego rwa politiki, ubukungu, imibereho, n’umuco hagati y’abaturage b’ibihugu bigize umuryango, hagamijwe iterambere  rusange rishingiye kuri ayo masano n’amashyirahamwe.

Nicodemus Minde, Umunyatanzaniya w’impuguke muri politiki, we avuga ko EAC yiganye umuryango w’ubumwe bw’u Burayi ariko yananiwe kubera ko inzira yo kwishyira hamwe ikiyoborwa n’abayobozi.

Agasanga EAC yari ikwiye gushyira ingufu mu gukoresha inteko ishinga amategeko yayo (EALA) mu gusunika kwishyira hamwe gushingiye ku baturage.

Bwana Minde asanga Perezida Nkurunziza ataribagirwa ko yari agiye guhirikwa ku butegetsi mu 2015 ubwo yari yitabiriye inama ya EAC n’ubundi muri Tanzania. Manda ya gatatu ye kandi ikaba yaratumye yumva adatekanye haba mu gihugu imbere, mu karere no ku rwego mpuzamahanga.

Bwana Acemah na none abona ubushake bwa politiki bubura hagati y’abayobozi ariko hari ubushake bwinshi mu baturage ba East Africa. Avuga ko ibirarane leta zibereyemo EAC no gukererwa kwishyura imisanzu y’ingengo y’imari y’umuryango ari ibimenyetso bwo kubura ubushake atari ubushobozi bucye bwo kwishyura.

Ati: “Iyo EAC iza kuba ishingiye ku baturage, umwuka mubi urimo guteza amacakubiri ntuba warazamutse. Niba imbogamizi zivutse, nizera ko byari kwitabwaho kandi bigakemuka byoroshye.”

Yongeyeho ko mu by’ukuri EAC itarakira isenyuka ryabaye ku muryango wa mbere mu 1977.

Urukiko rw’ubutabera rwa East Africa (EACJ) na EALA ngo nizo nzego 2 z’umuryango zikibasha gufata ibyemezo mu bwisanzure. Ariko, manda y’uru rukiko nayo iracyafite ibibazo by’imiyoborere na demokarasi kandi uruhare rwa sosiyete sivile n’urwego rw’abikorera ntibiratezwa imbere.

Imisanzu y’umuryango

Mu gihe ingengo y’imari ya buri mwaka ya EAC ibarirwa muri miliyoni 100 z’amadolari, ibihugu bigize umuryango bisabwa gutanga umusanzu wa miliyoni hagati y’10 na 12$, andi abura agatangwa n’abaterankunga.

Ariko ngo ntibyaba binyuze mu kuri nk’urugero gufata Kenya, igihugu cya mbere gikize mu karere, no gufata u Burundi, ubukungu bwabwo burutwa n’ubw’intara ya Kiambu muri Kenya, ngo byishyure imisanzu ingana.

Ibi bikaba bisobanuye impamvu u Burundi bwakunze kwanga gutanga iyi misanzu, mu gihe Tanzania na Kenya byemeye  kubikora binyuze mu masezerano byagiranye, Sudani y’Epfo ifite umutungo kamere nayo ikaba ikibasiwe n’amakimbirane ya politiki.

Hari hatanzwe ibyifuzo ko ibihugu bikize kurusha ibindi byajya bitanga umusanzu uri hejuru ugereranyije n’ibindi nk’uko u Budage bubigenza mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

Ibi ariko Tanzania yahise ibitera utwatsi ivuga ko ibihugu byajya bitanga menshi byazageraho bikumva ko ari byo bigomba gufata ibyemezo cyangwa kuyobora ibindi.

 

Src: The East African

2018-12-11
Editorial

IZINDI NKURU

Kampala : Ushinjwa gukubita no Cwica Umuhanzi  Mowzey Radio yatawe muri yombi

Kampala : Ushinjwa gukubita no Cwica Umuhanzi Mowzey Radio yatawe muri yombi

Editorial 05 Feb 2018
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’itsinda rimufasha mu mavugurura ya AU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’itsinda rimufasha mu mavugurura ya AU

Editorial 25 Jun 2018
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 29 Nyakanga 2019

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 29 Nyakanga 2019

Editorial 30 Jul 2019
U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bukorera mu mucyo

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bukorera mu mucyo

Editorial 22 Nov 2017
Kampala : Ushinjwa gukubita no Cwica Umuhanzi  Mowzey Radio yatawe muri yombi

Kampala : Ushinjwa gukubita no Cwica Umuhanzi Mowzey Radio yatawe muri yombi

Editorial 05 Feb 2018
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’itsinda rimufasha mu mavugurura ya AU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’itsinda rimufasha mu mavugurura ya AU

Editorial 25 Jun 2018
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 29 Nyakanga 2019

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 29 Nyakanga 2019

Editorial 30 Jul 2019
U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bukorera mu mucyo

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bukorera mu mucyo

Editorial 22 Nov 2017
Kampala : Ushinjwa gukubita no Cwica Umuhanzi  Mowzey Radio yatawe muri yombi

Kampala : Ushinjwa gukubita no Cwica Umuhanzi Mowzey Radio yatawe muri yombi

Editorial 05 Feb 2018
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’itsinda rimufasha mu mavugurura ya AU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’itsinda rimufasha mu mavugurura ya AU

Editorial 25 Jun 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru