• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ubucuruzi bwa Tribert Rujugiro Ayabatwa butubahirije amategeko ndetse bukoreshwa no mubikorwa by’iterabwoba bwashyizwe ku karubanda

Ubucuruzi bwa Tribert Rujugiro Ayabatwa butubahirije amategeko ndetse bukoreshwa no mubikorwa by’iterabwoba bwashyizwe ku karubanda

Ubwanditsi 17 Apr 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Tribert Rujugiro Ayabatwa, umucuruzi w’umunyarwanda wahunze akaba m’umutwe w’iterabwoba wa RNC uhora mu bikorwa bihungabanya umutekano w’u Rwanda, yagaragaye muri raporo nshya igaragaza uburyo ubucuruzi butemewe muri Afurika y’iburasirazuba butera inkunga ubuhezanguni, bugatera inkunga ibikorwa by’ubugizi bwa nabi budasize na Ruswa.

RNC iyobowe na Kayumba Nyamwasa ubarizwa muri Afurika y’Epfo, ni umutwe w’iterabwoba wari inyuma y’ibitero bya grenade byahitanye abantu mu murwa mukuru w’u Rwanda, Kigali, hagati ya 2010 na 2013. Rujugiro, umucuruzi utarishuraga imisoro uko bikwiye, yavuye mu Rwanda mu 2010 nyuma y’ibibazo bitandukanye harimo kutishyura imisoro ndetse adasize na za ruswa.

Rujugiro kandi aravugwaho mu kwihisha inyuma y’ibikorwa bitemewe birimo no gucuruza ibiyobyabwenge bidasigana n’Itabi ahinga, mu karere, “Iyi raporo ikaba yaragarutse ku iIsano riri hagati y’ubutagondwa n’ubucuruzi butemewe muri Afurika y’iburasirazuba.
Raporo ivuga ko ku isi hose, imitwe y’intagondwa zifite kandi zikomeje kungukira mu bucuruzi butemewe burimo n’ibiyobyabwenge. Raporo ivuga ko iyo shusho igaragara no muri Afurika y’Iburasirazuba no mu turere tuyikikije, aho wasangaga itabi ritemewe ritera inkunga imitwe y’inyeshyamba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), ari nako ibikorwa bya ruswa mu karere kose ikomeje kuzamuka.

Rujugiro asanzwe azwiho icyaha cyo kunyereza imisoro akaba yaranagejejwe imbere y’urukiko rwo muri Afurika y’Epfo mu mwaka wa 2009, ashinjwa kandi “gutera inkunga imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda.” Muri Uganda, Rujugiro ni nyir’uruganda rukora itabi hamwe akaba afatanyije na murumuna wa Perezida Yoweri Museveni, Caleb Akandwanaho uzwi nka Salim Saleh, wahawe imigabane ingana na 15% muri sosiyete kandi yemera kurinda umutungo wa Rujugiro muri Uganda.
Muri Afurika y’Iburasirazuba, itabi ritemewe ritwara leta miliyoni 100 z’amadolari y’imisoro buri mwaka. Isosiyete ya Rujugiro muri Uganda igamije kwimika RNC ngo iganze mu bugande, mu ntego zabo zo guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Mu mwaka w’Ukuboza 2018 raporo y’umuryango w’abibumbye igaragaza Rujugiro na P5, RNC na FDLR ikanerekano isano rya hafi hagati ya Rujugiro n’ubutegetsi bwo muri Uganda no mu Burundi

RNC isanzwe ari umutwe w’iterabwoba ufite ibirindiro muri Kongo na Uganda, washinzwe n’abatavuga rumwe n’u Rwanda mu mwaka wa 2010 kugira ngo bahirike burundu guverinoma y’u Rwanda yashyizweho n’abaturage. Mu mwaka wa 2012, Mastermind Tobacco Kenya yatanze ikirego kirega Leaf Tobacco and Commodities (LTC), ishami rya PTG, ishinja isosiyete ya Rujugiro kuba yariganye ikirango cyayo cyamamaza Supermatch, kandi ikagurisha iryo tabi ku giciro gihendutse ku isoko rya Kenya.

Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda ukomeje kuzamba guhera 2017 nyuma yahoo bigaragariye ko Uganda ifasha imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda. Uganda ikomeje gushyigikira iyinjizwa ry’abarwanyi cyane cyane mu gufata Abanyarwanda berekeza muri Uganda no kubahatira kujya mu mitwe yitwaje intwaro ugamije guteza intambara mu Rwanda.

Iyi Raporo irasaba kandi ko hajyaho ingamba zubahiriza amategeko hagamijwe gukumira ubucuruzi butemewe no gufata ababukoze itibagiwe gushyiraho uburyo bwo kugenzura kugirango hubahirizwe amabwiriza agenga inganda n’isoko kugirango hirindwe umusaruro n’ikwirakwizwa ry’ibicuruzwa bitemewe.

2021-04-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

LONI irashinja Afurika y’Epfo gukingira ikibaba ruharwa Fulgence Kayishema kugeza bamuhungishije akava muri icyo gihugu

LONI irashinja Afurika y’Epfo gukingira ikibaba ruharwa Fulgence Kayishema kugeza bamuhungishije akava muri icyo gihugu

Ubwanditsi 20 Dec 2020
Yves Rwasamanzi nk’umutoza mukuru w’Amavubi U23 yahamagaye abakinnyi bitegura gukina igikombe cya Afurika bitegura guhura na Libye

Yves Rwasamanzi nk’umutoza mukuru w’Amavubi U23 yahamagaye abakinnyi bitegura gukina igikombe cya Afurika bitegura guhura na Libye

Ubwanditsi 15 Sep 2022
DONALD TRUMP  yatsembeye Inzego z’Iperereza ko azakomeza gukoresha SAMSUNG GALXY S3  ye .

DONALD TRUMP yatsembeye Inzego z’Iperereza ko azakomeza gukoresha SAMSUNG GALXY S3 ye .

Ubwanditsi 31 Jan 2017
IGP Gasana yibukije abazajya mu butumwa bw’amahoro kuzirikana inyungu z’u Rwanda ku mutima

IGP Gasana yibukije abazajya mu butumwa bw’amahoro kuzirikana inyungu z’u Rwanda ku mutima

Ubwanditsi 27 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umukinnyi Bukuru Christopher yirukanywe mu mwiherero w’ikipe ya APR FC azira imyitwarire mibi.
Amakuru

Umukinnyi Bukuru Christopher yirukanywe mu mwiherero w’ikipe ya APR FC azira imyitwarire mibi.

Ubwanditsi 16 May 2021
Jose Chameleone n’umuvandimwe we bafunzwe
HIRYA NO HINO

Jose Chameleone n’umuvandimwe we bafunzwe

Ubwanditsi 16 Jul 2019
FIFA yasabye Ferwafa gukemura ikibazo cya Rwemarika Félicité cyangwa ikabyikorera
IMIKINO

FIFA yasabye Ferwafa gukemura ikibazo cya Rwemarika Félicité cyangwa ikabyikorera

Ubwanditsi 31 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru