• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BK Group Plc yabonye inyungu ya miliyari 7.5 Frw, ingana n’izamuka rya 23.4% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu mwaka ushize.

BK Group Plc yabonye inyungu ya miliyari 7.5 Frw, ingana n’izamuka rya 23.4% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu mwaka ushize.

Editorial 30 May 2019 UBUKUNGU

Kuri uyu wa Kane nibwo BK Group yatangaje uko yitwaye ku isoko ry’imari muri uyu mwaka, kugeza ku wa 31 Werurwe. BK Group Plc yatangaje ko mu mezi atatu ya mbere y’umwaka wa 2019, nyuma yo kwishyura umusoro yabonye inyungu ya miliyari 7.5 Frw, ingana n’izamuka rya 23.4% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu mwaka ushize.

Iki kigo kibumbye ibirimo Banki ya Kigali, BK TecHouse, BK General Insurance na BK Capital, cyatangaje ko umutungo mbumbe wacyo nawo wiyongereyeho 20.2% ugereranyije n’umwaka ushize, ugera kuri miliyari 907.8 Frw.

Umuyobozi Mukuru wa BK Group, Dr Diane Karusisi yavuze ko ahanini iyi nyungu “Yazamuwe n’inguzanyo twatanze mu bakiliya yiyongereye cyane, ikindi ni uko BK General Insurance yakoze neza cyane, ku buryo abanyamigabane mu mwaka ushize twabasabaga kongera imari shingiro kugira ngo twagure ishoramari ryacu, baraza kubona ko ibyo twababwiraga ari byo.”

Umuyobozi Mukuru ushinzwe imari muri BK Group, Nathalie Mpaka, yavuze ko umutungo w’iki kigo uri mu nguzanyo zatanzwe ndetse n’amafaranga abitswa n’abakiliya, ku buryo iki kigo gikomeje gutera imbere haba muri serivisi gitanga ndetse no mu mutungo wacyo.

Inguzanyo zatanzwe n’iki kigo nazo zakomeje kwiyongera, aho zazamutse 26.4% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu mwaka ushize, zigera kuri miliyari 603.3 Frw. Amafaranga yabikijwe ugereranyije n’umwaka ushize nayo yiyongereye kuri 19.6% agera kuri miliyari 562.4 Frw.

Mu rwunguko BK Group Plc yabonye, BK General Insurance yinjije miliyoni 690Frw mu gihembwe cya mbere cya 2019 mu gihe mu mwaka ushize yari miliyoni 79Frw, bingana n’izamuka rya 701%. BK TecHouse yo yinjije miliyoni 247 Frw kugeza ku wa 31 Werurwe avuye kuri miliyoni 136 Frw bingana n’izamuka rya 81%.

Umuyobozi wa BK General Insurance, Alex Bahizi, yavuze ko icyabafashije kongera urwunguko ari uko “abakiliya bakomeje kutwizera ndetse n’abakiliya banini baje gukorana n’ikigo cyacu.”

Banki ya Kigali ivuga ko ikomeje kwegereza abakiliya bayo serivisi nziza, aho muri uyu mwaka yatangije serivisi yise IKOFI igamije gufasha abantu kohererezanya amafaranga ku buntu no korohereza abahinzi kugura inyongeramusaruro n’ibindi bakenera mu buhinzi bwabo.

Ni uburyo kandi buzabafasha kugaragaza neza uko bakoresha amafaranga yabo, bityo Banki ya Kigali ikaba yayashingiraho mu kubaha inguzanyo kandi ku giciro gito.

Src : IGIHE

2019-05-30
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame na Nyusi batanze icyizere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano atanu yasinywe

Perezida Kagame na Nyusi batanze icyizere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano atanu yasinywe

Editorial 20 Jul 2018
Impamvu BNR yasheshe Ikigo cy’Imari ‘CAF Isonga Ltd’

Impamvu BNR yasheshe Ikigo cy’Imari ‘CAF Isonga Ltd’

Editorial 07 Sep 2019
Cyamunara, Amanyanga No Kugambanira Imitungo Y’Abaturage Mu Ma Banki, Bikomeje Kuzambya Ubukungu Bw’u Rwanda

Cyamunara, Amanyanga No Kugambanira Imitungo Y’Abaturage Mu Ma Banki, Bikomeje Kuzambya Ubukungu Bw’u Rwanda

Editorial 13 Dec 2019
Nukurikiza ibi bintu icumi ntakabuza uzatsinda interview nujya gusaba akazi

Nukurikiza ibi bintu icumi ntakabuza uzatsinda interview nujya gusaba akazi

Editorial 09 Mar 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Sakega
    May 30, 20197:44 pm -

    Ni ngombwa kunguka, kuko ifite abakiriya benshi , ariko ubwo n’izindi zirunguka ni uko bidatangazwa.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’intebe Dr Ngirente yavuze ko nta we Leta yahatira kubyara abana runaka
POLITIKI

Minisitiri w’intebe Dr Ngirente yavuze ko nta we Leta yahatira kubyara abana runaka

Editorial 26 Jul 2018
Isano hagati ya Mateke na Habyarimana intandaro yo kuba ku isonga mu guhungabanya u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Isano hagati ya Mateke na Habyarimana intandaro yo kuba ku isonga mu guhungabanya u Rwanda

Editorial 23 Dec 2019
Rusizi: Abantu Bataramenyekana Barashe Abaturage Babiri
Mu Rwanda

Rusizi: Abantu Bataramenyekana Barashe Abaturage Babiri

Editorial 11 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru