• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BK Group Plc yabonye inyungu ya miliyari 7.5 Frw, ingana n’izamuka rya 23.4% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu mwaka ushize.

BK Group Plc yabonye inyungu ya miliyari 7.5 Frw, ingana n’izamuka rya 23.4% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu mwaka ushize.

Ubwanditsi 30 May 2019 UBUKUNGU

Kuri uyu wa Kane nibwo BK Group yatangaje uko yitwaye ku isoko ry’imari muri uyu mwaka, kugeza ku wa 31 Werurwe. BK Group Plc yatangaje ko mu mezi atatu ya mbere y’umwaka wa 2019, nyuma yo kwishyura umusoro yabonye inyungu ya miliyari 7.5 Frw, ingana n’izamuka rya 23.4% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu mwaka ushize.

Iki kigo kibumbye ibirimo Banki ya Kigali, BK TecHouse, BK General Insurance na BK Capital, cyatangaje ko umutungo mbumbe wacyo nawo wiyongereyeho 20.2% ugereranyije n’umwaka ushize, ugera kuri miliyari 907.8 Frw.

Umuyobozi Mukuru wa BK Group, Dr Diane Karusisi yavuze ko ahanini iyi nyungu “Yazamuwe n’inguzanyo twatanze mu bakiliya yiyongereye cyane, ikindi ni uko BK General Insurance yakoze neza cyane, ku buryo abanyamigabane mu mwaka ushize twabasabaga kongera imari shingiro kugira ngo twagure ishoramari ryacu, baraza kubona ko ibyo twababwiraga ari byo.”

Umuyobozi Mukuru ushinzwe imari muri BK Group, Nathalie Mpaka, yavuze ko umutungo w’iki kigo uri mu nguzanyo zatanzwe ndetse n’amafaranga abitswa n’abakiliya, ku buryo iki kigo gikomeje gutera imbere haba muri serivisi gitanga ndetse no mu mutungo wacyo.

Inguzanyo zatanzwe n’iki kigo nazo zakomeje kwiyongera, aho zazamutse 26.4% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu mwaka ushize, zigera kuri miliyari 603.3 Frw. Amafaranga yabikijwe ugereranyije n’umwaka ushize nayo yiyongereye kuri 19.6% agera kuri miliyari 562.4 Frw.

Mu rwunguko BK Group Plc yabonye, BK General Insurance yinjije miliyoni 690Frw mu gihembwe cya mbere cya 2019 mu gihe mu mwaka ushize yari miliyoni 79Frw, bingana n’izamuka rya 701%. BK TecHouse yo yinjije miliyoni 247 Frw kugeza ku wa 31 Werurwe avuye kuri miliyoni 136 Frw bingana n’izamuka rya 81%.

Umuyobozi wa BK General Insurance, Alex Bahizi, yavuze ko icyabafashije kongera urwunguko ari uko “abakiliya bakomeje kutwizera ndetse n’abakiliya banini baje gukorana n’ikigo cyacu.”

Banki ya Kigali ivuga ko ikomeje kwegereza abakiliya bayo serivisi nziza, aho muri uyu mwaka yatangije serivisi yise IKOFI igamije gufasha abantu kohererezanya amafaranga ku buntu no korohereza abahinzi kugura inyongeramusaruro n’ibindi bakenera mu buhinzi bwabo.

Ni uburyo kandi buzabafasha kugaragaza neza uko bakoresha amafaranga yabo, bityo Banki ya Kigali ikaba yayashingiraho mu kubaha inguzanyo kandi ku giciro gito.

Src : IGIHE

2019-05-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Zambia : Perezida Kagame yasuye uruganda rukora ibyuma

Ubwanditsi 20 Jun 2017
U Rwanda rwakoze amavugurura mu bwubatsi n’umuriro w’amashanyarazi mu korohereza ubucuruzi

U Rwanda rwakoze amavugurura mu bwubatsi n’umuriro w’amashanyarazi mu korohereza ubucuruzi

Ubwanditsi 18 Apr 2018
Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP

Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP

Ubwanditsi 16 Dec 2018
BNR iraburira abashoye imari mu bigo bya baringa birimo na Supermarketing.

BNR iraburira abashoye imari mu bigo bya baringa birimo na Supermarketing.

Ubwanditsi 03 Jun 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Sakega
    May 30, 20197:44 pm -

    Ni ngombwa kunguka, kuko ifite abakiriya benshi , ariko ubwo n’izindi zirunguka ni uko bidatangazwa.

    Subiza

Leave a Reply to Sakega Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyo Minisitiri w’Intebe yaganiriye n’Umuyobozi wa IMF muri Afurika ku izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda
UBUKUNGU

Icyo Minisitiri w’Intebe yaganiriye n’Umuyobozi wa IMF muri Afurika ku izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda

Ubwanditsi 23 Jul 2019
Ibihugu by’u Rwanda na Benin bishyigikiye kandidatire ya Dr. Kim
Mu Mahanga

Ibihugu by’u Rwanda na Benin bishyigikiye kandidatire ya Dr. Kim

Ubwanditsi 02 Sep 2016
 Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi yareruye avuga ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.
Amakuru

 Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi yareruye avuga ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

Ubwanditsi 05 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru