• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BNR yatanze icyizere ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 7.2% muri uyu mwaka

BNR yatanze icyizere ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 7.2% muri uyu mwaka

Editorial 26 Jun 2018 UBUKUNGU

Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) yatangaje ko ikurikije uko ubukungu bw’igihugu buhagaze mu mezi atanu ya mbere ya 2018, hari icyizere ko intego ihari y’uko buzazamukaho 7.2% muri uyu mwaka ishoboka.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyo kuri uyu wa Kabiri, Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, John Rwangombwa, yavuze ko nyuma y’inama y’akanama gashinzwe politiki y’ifaranga muri iyi banki, basanze ubukungu bw’u Rwanda burimo gutera imbere neza.

Yagize ati “Twe mu mibare dukurikirana dusanga igipimo Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yatanze ko ubukungu muri uyu mwaka, bwazazamukaho 7.2% bishoboka kuko iyo turebye ukuntu amezi atanu ya mbere abantu bacuruje, byazamutseho 16.5% ugereranyije n’uko byari byagenze 16.2% mu mezi atanu y’umwaka ushize.”

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, giherutse gutangaza ko mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka, umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP) wiyongereyeho 10.6%, bitewe ahanini n’urwego rw’ubuhinzi rwazamutse ku 8%, inganda zizamuka kuri 7% naho umusaruro w’urwego rwa serivisi wiyongeraho 12%.

Mu mezi atanu ya mbere y’uyu mwaka kandi ibindi bice by’ubukungu hatarimo ubuhinzi byarazamutse cyane ku gipimo cya 15.8% ugereranyije na 7.7% mu gihe nk’iki cy’umwaka ushize.

Rwangombwa avuga ko ikinyuranyo cy’ibyoherezwa mu mahanga n’ibitumizwayo cyagabanutseho 1.4% ugereranyije n’igihe nk’iki cya 2017, kuko ibyoherejwe mu mahanga byazamutseho 29% ugereranyije n’ibyo dukurayo byazamutseho 9%.

Ati “Agaciro k’ibyo twohereza mu mahanga nk’amabuye y’agaciro n’ibicuruzwa by’ubuhinzi nk’ikawa n’icyayi byakomeje kuzamuka ku gipimo gishimishije n’ibyo twohereza birazamuka.”

Ibi byatumye amadevize yinjira ari menshi bigabanya ikibazo cy’igiciro ku isoko ry’ivunjisha kuko ifaranga ry’u Rwanda ryataye agaciro ku kigero cya 1.5%, bikaba biri mu murongo w’uko bitagomba kurenga 4.5% muri uyu mwaka.

Kuzamuka kw’ibiciro ku isoko biri ku gipimo cya 3.5% bitewe n’imyuzure yabayeho bigatuma ibiciro by’ibihingwa bizamuka. Gusa intego ni uko iri zamuka ritazarenga 4.5%. Inguzanyo zatanzwe n’amabanki zazamutseho 7.3%.

Mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, biteganyijwe ko ubukungu bwazamuka 5.8% uyu mwaka naho utaha bukazamuka 6.2%, mu gihe umwaka ushize byari 5.2%, bitewe n’ikibazo cy’amapfa cyabaye mu bihugu biwugize.

Muri Afurika mu 2016 ubukungu bwasubiye hasi bitewe no guta agaciro k’ibyoherezwa mu mahanga cyane cyane ibikomoka kuri Peteroli, aho ubukungu bwateye imbere 1.4%, mu mwaka ushize biba 2.8%. Uyu mwaka byitezwe ko buzazamuka 3.4% naho umwaka utaha 3.7%.

Ku rwego rw’Isi, imibare y’Ikigega Mpuzamahanga cy’imari (IMF), igaragaza ko mu 2018, ubukungu bw’Isi buzatera imbere 3.9% ugereranyije 3.8% umwaka ushize.

2018-06-26
Editorial

IZINDI NKURU

Ruswa si umwihariko wa Afurika ariko igomba gucika – Perezida Kagame

Ruswa si umwihariko wa Afurika ariko igomba gucika – Perezida Kagame

Editorial 30 Jan 2018
Inyungu ihishe mu kwiha serivisi za Banki ya Kigali utavuye aho uri

Inyungu ihishe mu kwiha serivisi za Banki ya Kigali utavuye aho uri

Editorial 05 Oct 2018
Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo

Impumyi Gusa Niyo Itabona ko u Rwanda Rwahindutse Neza Kandi Ubuziraherezo

Editorial 16 May 2016
Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Editorial 19 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda, SFH Rwanda n’Urubyiruko rw’abakorebabushake mu kurwanya ibyaha mu guteza imbere umutekano n’isuku
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda, SFH Rwanda n’Urubyiruko rw’abakorebabushake mu kurwanya ibyaha mu guteza imbere umutekano n’isuku

Editorial 05 May 2016
Uganda ntidushobora kubagirira nabi ni abavandimwe dusangiye amaraso – Mushikiwabo
INKURU NYAMUKURU

Uganda ntidushobora kubagirira nabi ni abavandimwe dusangiye amaraso – Mushikiwabo

Editorial 13 Mar 2018
Intambara ikomeye  hagati y’Ubutegetsi bwa Trump n’Itangazamakuru imaze gufata indi ntera
ITOHOZA

Intambara ikomeye hagati y’Ubutegetsi bwa Trump n’Itangazamakuru imaze gufata indi ntera

Editorial 30 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru