• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BNR yatanze icyizere ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 7.2% muri uyu mwaka

BNR yatanze icyizere ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 7.2% muri uyu mwaka

Editorial 26 Jun 2018 UBUKUNGU

Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) yatangaje ko ikurikije uko ubukungu bw’igihugu buhagaze mu mezi atanu ya mbere ya 2018, hari icyizere ko intego ihari y’uko buzazamukaho 7.2% muri uyu mwaka ishoboka.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyo kuri uyu wa Kabiri, Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, John Rwangombwa, yavuze ko nyuma y’inama y’akanama gashinzwe politiki y’ifaranga muri iyi banki, basanze ubukungu bw’u Rwanda burimo gutera imbere neza.

Yagize ati “Twe mu mibare dukurikirana dusanga igipimo Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yatanze ko ubukungu muri uyu mwaka, bwazazamukaho 7.2% bishoboka kuko iyo turebye ukuntu amezi atanu ya mbere abantu bacuruje, byazamutseho 16.5% ugereranyije n’uko byari byagenze 16.2% mu mezi atanu y’umwaka ushize.”

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, giherutse gutangaza ko mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka, umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP) wiyongereyeho 10.6%, bitewe ahanini n’urwego rw’ubuhinzi rwazamutse ku 8%, inganda zizamuka kuri 7% naho umusaruro w’urwego rwa serivisi wiyongeraho 12%.

Mu mezi atanu ya mbere y’uyu mwaka kandi ibindi bice by’ubukungu hatarimo ubuhinzi byarazamutse cyane ku gipimo cya 15.8% ugereranyije na 7.7% mu gihe nk’iki cy’umwaka ushize.

Rwangombwa avuga ko ikinyuranyo cy’ibyoherezwa mu mahanga n’ibitumizwayo cyagabanutseho 1.4% ugereranyije n’igihe nk’iki cya 2017, kuko ibyoherejwe mu mahanga byazamutseho 29% ugereranyije n’ibyo dukurayo byazamutseho 9%.

Ati “Agaciro k’ibyo twohereza mu mahanga nk’amabuye y’agaciro n’ibicuruzwa by’ubuhinzi nk’ikawa n’icyayi byakomeje kuzamuka ku gipimo gishimishije n’ibyo twohereza birazamuka.”

Ibi byatumye amadevize yinjira ari menshi bigabanya ikibazo cy’igiciro ku isoko ry’ivunjisha kuko ifaranga ry’u Rwanda ryataye agaciro ku kigero cya 1.5%, bikaba biri mu murongo w’uko bitagomba kurenga 4.5% muri uyu mwaka.

Kuzamuka kw’ibiciro ku isoko biri ku gipimo cya 3.5% bitewe n’imyuzure yabayeho bigatuma ibiciro by’ibihingwa bizamuka. Gusa intego ni uko iri zamuka ritazarenga 4.5%. Inguzanyo zatanzwe n’amabanki zazamutseho 7.3%.

Mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, biteganyijwe ko ubukungu bwazamuka 5.8% uyu mwaka naho utaha bukazamuka 6.2%, mu gihe umwaka ushize byari 5.2%, bitewe n’ikibazo cy’amapfa cyabaye mu bihugu biwugize.

Muri Afurika mu 2016 ubukungu bwasubiye hasi bitewe no guta agaciro k’ibyoherezwa mu mahanga cyane cyane ibikomoka kuri Peteroli, aho ubukungu bwateye imbere 1.4%, mu mwaka ushize biba 2.8%. Uyu mwaka byitezwe ko buzazamuka 3.4% naho umwaka utaha 3.7%.

Ku rwego rw’Isi, imibare y’Ikigega Mpuzamahanga cy’imari (IMF), igaragaza ko mu 2018, ubukungu bw’Isi buzatera imbere 3.9% ugereranyije 3.8% umwaka ushize.

2018-06-26
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yakomoje ku masomo icyorezo cya Coronavirus kizasiga

Perezida Kagame yakomoje ku masomo icyorezo cya Coronavirus kizasiga

Editorial 15 Apr 2020
Clare Akamanzi yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro

Clare Akamanzi yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro

Editorial 08 Jun 2018
BK yatangiye urugendo ruyiganisha ku isoko rya Kenya igiye kugurisha imigabane ya miliyari 60Frw

BK yatangiye urugendo ruyiganisha ku isoko rya Kenya igiye kugurisha imigabane ya miliyari 60Frw

Editorial 20 Oct 2018
Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda

Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda

Editorial 15 May 2017
Perezida Kagame yakomoje ku masomo icyorezo cya Coronavirus kizasiga

Perezida Kagame yakomoje ku masomo icyorezo cya Coronavirus kizasiga

Editorial 15 Apr 2020
Clare Akamanzi yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro

Clare Akamanzi yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro

Editorial 08 Jun 2018
BK yatangiye urugendo ruyiganisha ku isoko rya Kenya igiye kugurisha imigabane ya miliyari 60Frw

BK yatangiye urugendo ruyiganisha ku isoko rya Kenya igiye kugurisha imigabane ya miliyari 60Frw

Editorial 20 Oct 2018
Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda

Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda

Editorial 15 May 2017
Perezida Kagame yakomoje ku masomo icyorezo cya Coronavirus kizasiga

Perezida Kagame yakomoje ku masomo icyorezo cya Coronavirus kizasiga

Editorial 15 Apr 2020
Clare Akamanzi yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro

Clare Akamanzi yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro

Editorial 08 Jun 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru