• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Bobi Wine agiye kuburanishwa n’urukiko rwa gisirikare nyuma yo gufatanwa imbunda

Bobi Wine agiye kuburanishwa n’urukiko rwa gisirikare nyuma yo gufatanwa imbunda

Editorial 15 Aug 2018 POLITIKI

Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Uganda, Gen Moses Ali, yatangaje ko kuri uyu wa Kane Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, agomba kugezwa imbere y’urukiko rwa gisirikare rwa Gulu, akurikiranweho ibyaha bikomeye birimo gutunga imbunda binyuranyije n’amategeko no kwangiza imwe mu modoka ziherekeza Perezida Yoweri Museveni.

Gen Moses Ali yahamagajwe igitaraganya n’Inteko Ishinga amategeko kuri uyu wa Gatatu, ihagarikaga imirimo mu gihe cy’isaha imwe ngo habanze hamenyekane irengero rya Depite Kyagulanyi hamwe na bagenzi be Gerald Karuhanga, Francis Zaake na Paul Mwiru.

Yagize ati “Depite Kyagulanyi Ssentamu yajyanywe ku bitaro bya gisirikare bya Gulu kugira ngo avurwe, ariko ubu ameze neza. Yasanganywe imbunda, bityo ejo azagezwa imbere y’urukiko rwa gisirikare i Gulu.”

Gusa umugore wa Bobi Wine, Barbie Itungo, yateye utwatsi amakuru y’uko umugabo we yari afite intwaro ndetse ngo ntazi kuzikoresha.

Aba badepite hamwe n’abandi bantu bose hamwe bagera kuri 33 bafashwe ku wa Mbere mu kavuyo kavutse mu bikorwa byo kwiyamamaza mu gace ka Arua, hashakwa umudepite usimbura mu Nteko Ishinga Amategeko, Ibrahim Abiriga wishwe arashwe mu mezi abiri ashize.

Abadepite bafashwe bari bashyigikiye umukandida utavuga rumwe n’ubutegetsi, Kasiano Wadri, wari uhanganye na Nusura Tiperu wo mu ishyaka NRM rya Perezida Museveni, icyo gihe akaba yari yaje kumwamamaza, maze atashye abatavuga rumwe n’ubutegetsi baramwitambika.

Muri ako kavuyo umushoferi wa Bobi Wine witwa Yasin Kawuma yararashwe ahita apfa ndetse imodoka itwara ibikoresho bya Museveni yangizwa ikirahuri cy’inyuma.

Nyuma Perezida Museveni yahise avuga ko abantu bose bashaka kwifashisha urugomo ngo batere ubwoba abaturage ba Uganda bagomba kubibazwa binyuze mu nzira z’amategeko. Mu gihe aba bafunzwe, amatora yo yabaye kuri uyu wa Gatatu.

Nk’uko New Vision yabitangaje, Umuvugizi wa Polisi yo Majyaruguru y’Uburengerazuba, Josephine Angucia, yabwiye itangazamakuru ko Wadri yatawe muri yombi afite imbunda ya pistolet n’amasasu 12, yiyemerera ko afite uburenganzira bwo kuyitunga.

Bobi Wine we ashinjwa kwangiza imodoka iherekeza Museveni, hakiyongeraho ko bamusanganye imbunda ebyiri za mashinigani nto, SMG, bivugwa ko yari atunze binyuranyije n’amategeko, zafatiwe mu cyumba yabagamo mbere yo gutabwa muri yombi, muri Pacific Hotel.

Imbunda imwe yarimo amasasu 16 mu gihe indi yari ifite 19 ndetse ngo Polisi yahasanze ibinini 46 bikekwa ko ari ibiyobyabwenge.

2018-08-15
Editorial

IZINDI NKURU

Abakandida barumbutse Mwenedata Gilbert yiyongereye kubandi  bifuza kuba ba Perezida

Abakandida barumbutse Mwenedata Gilbert yiyongereye kubandi bifuza kuba ba Perezida

Editorial 11 May 2017
Frank Habineza ariruhutsa ko inzu ye itagitejwe cyamunara!

Frank Habineza ariruhutsa ko inzu ye itagitejwe cyamunara!

Editorial 26 Mar 2018
Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Editorial 31 May 2024
Muri 2017 amatora areze muri Afurika nk’uko byagenze muri 2016

Muri 2017 amatora areze muri Afurika nk’uko byagenze muri 2016

Editorial 06 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amagambo y’agahinda akubiye mu ibaruwa Buravan yanditse asezera Miss Muhikira
HIRYA NO HINO

Amagambo y’agahinda akubiye mu ibaruwa Buravan yanditse asezera Miss Muhikira

Editorial 13 May 2019
Bernie Sanders akomeje kuzamura amahirwe yo kuzahatana na Donald Trump mu matora
POLITIKI

Bernie Sanders akomeje kuzamura amahirwe yo kuzahatana na Donald Trump mu matora

Editorial 24 Feb 2020
COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi
UBUKUNGU

COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi

Editorial 26 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru