• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Bobi Wine agiye kuburanishwa n’urukiko rwa gisirikare nyuma yo gufatanwa imbunda

Bobi Wine agiye kuburanishwa n’urukiko rwa gisirikare nyuma yo gufatanwa imbunda

Ubwanditsi 15 Aug 2018 POLITIKI

Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Uganda, Gen Moses Ali, yatangaje ko kuri uyu wa Kane Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, agomba kugezwa imbere y’urukiko rwa gisirikare rwa Gulu, akurikiranweho ibyaha bikomeye birimo gutunga imbunda binyuranyije n’amategeko no kwangiza imwe mu modoka ziherekeza Perezida Yoweri Museveni.

Gen Moses Ali yahamagajwe igitaraganya n’Inteko Ishinga amategeko kuri uyu wa Gatatu, ihagarikaga imirimo mu gihe cy’isaha imwe ngo habanze hamenyekane irengero rya Depite Kyagulanyi hamwe na bagenzi be Gerald Karuhanga, Francis Zaake na Paul Mwiru.

Yagize ati “Depite Kyagulanyi Ssentamu yajyanywe ku bitaro bya gisirikare bya Gulu kugira ngo avurwe, ariko ubu ameze neza. Yasanganywe imbunda, bityo ejo azagezwa imbere y’urukiko rwa gisirikare i Gulu.”

Gusa umugore wa Bobi Wine, Barbie Itungo, yateye utwatsi amakuru y’uko umugabo we yari afite intwaro ndetse ngo ntazi kuzikoresha.

Aba badepite hamwe n’abandi bantu bose hamwe bagera kuri 33 bafashwe ku wa Mbere mu kavuyo kavutse mu bikorwa byo kwiyamamaza mu gace ka Arua, hashakwa umudepite usimbura mu Nteko Ishinga Amategeko, Ibrahim Abiriga wishwe arashwe mu mezi abiri ashize.

Abadepite bafashwe bari bashyigikiye umukandida utavuga rumwe n’ubutegetsi, Kasiano Wadri, wari uhanganye na Nusura Tiperu wo mu ishyaka NRM rya Perezida Museveni, icyo gihe akaba yari yaje kumwamamaza, maze atashye abatavuga rumwe n’ubutegetsi baramwitambika.

Muri ako kavuyo umushoferi wa Bobi Wine witwa Yasin Kawuma yararashwe ahita apfa ndetse imodoka itwara ibikoresho bya Museveni yangizwa ikirahuri cy’inyuma.

Nyuma Perezida Museveni yahise avuga ko abantu bose bashaka kwifashisha urugomo ngo batere ubwoba abaturage ba Uganda bagomba kubibazwa binyuze mu nzira z’amategeko. Mu gihe aba bafunzwe, amatora yo yabaye kuri uyu wa Gatatu.

Nk’uko New Vision yabitangaje, Umuvugizi wa Polisi yo Majyaruguru y’Uburengerazuba, Josephine Angucia, yabwiye itangazamakuru ko Wadri yatawe muri yombi afite imbunda ya pistolet n’amasasu 12, yiyemerera ko afite uburenganzira bwo kuyitunga.

Bobi Wine we ashinjwa kwangiza imodoka iherekeza Museveni, hakiyongeraho ko bamusanganye imbunda ebyiri za mashinigani nto, SMG, bivugwa ko yari atunze binyuranyije n’amategeko, zafatiwe mu cyumba yabagamo mbere yo gutabwa muri yombi, muri Pacific Hotel.

Imbunda imwe yarimo amasasu 16 mu gihe indi yari ifite 19 ndetse ngo Polisi yahasanze ibinini 46 bikekwa ko ari ibiyobyabwenge.

2018-08-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nairobi : Kenyatta na Odinga bahuye bumvikana ko bagiye kurangiza ibitanya Abanyakenya

Nairobi : Kenyatta na Odinga bahuye bumvikana ko bagiye kurangiza ibitanya Abanyakenya

Ubwanditsi 09 Mar 2018
Nta gihugu na kimwe ku Isi kimeze nk’u Rwanda- Rick Warren

Nta gihugu na kimwe ku Isi kimeze nk’u Rwanda- Rick Warren

Ubwanditsi 26 Sep 2016
Sudani y’Epfo: Abakozi 10 ba Loni baburiwe irengero

Sudani y’Epfo: Abakozi 10 ba Loni baburiwe irengero

Ubwanditsi 27 Apr 2018
Bimwe mu bintu bishobora kongera gusenya EAC nk’uko byagenze mu 1977-Ambassador Harold Acemah

Bimwe mu bintu bishobora kongera gusenya EAC nk’uko byagenze mu 1977-Ambassador Harold Acemah

Ubwanditsi 11 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: AIGP Kasingye wari umuvugizi w’Igipolisi cya Uganda yasimbujwe
Amakuru

Uganda: AIGP Kasingye wari umuvugizi w’Igipolisi cya Uganda yasimbujwe

Ubwanditsi 15 Nov 2017
Rayon Sports yitegura gukina na Police ya Kenya kuri Rayon Day yanganyije na Gorilla FC 1-1
Amakuru

Rayon Sports yitegura gukina na Police ya Kenya kuri Rayon Day yanganyije na Gorilla FC 1-1

Ubwanditsi 02 Aug 2023
Ngo uwamuha ubushobozi yazitsemba: Ndayishimiye akomeje kwikoma impunzi ziri munkambi ya Mahama.
Amakuru

Ngo uwamuha ubushobozi yazitsemba: Ndayishimiye akomeje kwikoma impunzi ziri munkambi ya Mahama.

Ubwanditsi 08 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru