• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Bobi Wine agiye kuburanishwa n’urukiko rwa gisirikare nyuma yo gufatanwa imbunda

Bobi Wine agiye kuburanishwa n’urukiko rwa gisirikare nyuma yo gufatanwa imbunda

Ubwanditsi 15 Aug 2018 POLITIKI

Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Uganda, Gen Moses Ali, yatangaje ko kuri uyu wa Kane Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, agomba kugezwa imbere y’urukiko rwa gisirikare rwa Gulu, akurikiranweho ibyaha bikomeye birimo gutunga imbunda binyuranyije n’amategeko no kwangiza imwe mu modoka ziherekeza Perezida Yoweri Museveni.

Gen Moses Ali yahamagajwe igitaraganya n’Inteko Ishinga amategeko kuri uyu wa Gatatu, ihagarikaga imirimo mu gihe cy’isaha imwe ngo habanze hamenyekane irengero rya Depite Kyagulanyi hamwe na bagenzi be Gerald Karuhanga, Francis Zaake na Paul Mwiru.

Yagize ati “Depite Kyagulanyi Ssentamu yajyanywe ku bitaro bya gisirikare bya Gulu kugira ngo avurwe, ariko ubu ameze neza. Yasanganywe imbunda, bityo ejo azagezwa imbere y’urukiko rwa gisirikare i Gulu.”

Gusa umugore wa Bobi Wine, Barbie Itungo, yateye utwatsi amakuru y’uko umugabo we yari afite intwaro ndetse ngo ntazi kuzikoresha.

Aba badepite hamwe n’abandi bantu bose hamwe bagera kuri 33 bafashwe ku wa Mbere mu kavuyo kavutse mu bikorwa byo kwiyamamaza mu gace ka Arua, hashakwa umudepite usimbura mu Nteko Ishinga Amategeko, Ibrahim Abiriga wishwe arashwe mu mezi abiri ashize.

Abadepite bafashwe bari bashyigikiye umukandida utavuga rumwe n’ubutegetsi, Kasiano Wadri, wari uhanganye na Nusura Tiperu wo mu ishyaka NRM rya Perezida Museveni, icyo gihe akaba yari yaje kumwamamaza, maze atashye abatavuga rumwe n’ubutegetsi baramwitambika.

Muri ako kavuyo umushoferi wa Bobi Wine witwa Yasin Kawuma yararashwe ahita apfa ndetse imodoka itwara ibikoresho bya Museveni yangizwa ikirahuri cy’inyuma.

Nyuma Perezida Museveni yahise avuga ko abantu bose bashaka kwifashisha urugomo ngo batere ubwoba abaturage ba Uganda bagomba kubibazwa binyuze mu nzira z’amategeko. Mu gihe aba bafunzwe, amatora yo yabaye kuri uyu wa Gatatu.

Nk’uko New Vision yabitangaje, Umuvugizi wa Polisi yo Majyaruguru y’Uburengerazuba, Josephine Angucia, yabwiye itangazamakuru ko Wadri yatawe muri yombi afite imbunda ya pistolet n’amasasu 12, yiyemerera ko afite uburenganzira bwo kuyitunga.

Bobi Wine we ashinjwa kwangiza imodoka iherekeza Museveni, hakiyongeraho ko bamusanganye imbunda ebyiri za mashinigani nto, SMG, bivugwa ko yari atunze binyuranyije n’amategeko, zafatiwe mu cyumba yabagamo mbere yo gutabwa muri yombi, muri Pacific Hotel.

Imbunda imwe yarimo amasasu 16 mu gihe indi yari ifite 19 ndetse ngo Polisi yahasanze ibinini 46 bikekwa ko ari ibiyobyabwenge.

2018-08-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ethiopia igiye gushyiraho Minisitiri w’Intebe mushya usimbura Desalegn weguye

Ethiopia igiye gushyiraho Minisitiri w’Intebe mushya usimbura Desalegn weguye

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Perezida Kagame mu guharanira Amahoro ni Indashyikirwa “Emir wa Qatar”

Perezida Kagame mu guharanira Amahoro ni Indashyikirwa “Emir wa Qatar”

RUSHYASHYA 21 Nov 2025
Perezida Zuma yanze kwegura

Perezida Zuma yanze kwegura

Ubwanditsi 14 Feb 2018
Kwirahiza  kwa Odinga nka Perezida wa Kenya  guteye amakenga

Kwirahiza  kwa Odinga nka Perezida wa Kenya  guteye amakenga

Ubwanditsi 02 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwatubyaye Abdoul ntari kumwe n’Amavubi yerekeje muri Cote d’Ivoire gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026
Amakuru

Rwatubyaye Abdoul ntari kumwe n’Amavubi yerekeje muri Cote d’Ivoire gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Ubwanditsi 03 Jun 2024
Amerika yagize icyo ivuga ku rupfu rwa Bihozagara
Mu Rwanda

Amerika yagize icyo ivuga ku rupfu rwa Bihozagara

Ubwanditsi 04 Apr 2016
Umuyobozi wa Radio Amazing Grace yatawe muri yombi 
HIRYA NO HINO

Umuyobozi wa Radio Amazing Grace yatawe muri yombi 

Ubwanditsi 07 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru