• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku bukungu i Davos

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku bukungu i Davos

Ubwanditsi 23 Jan 2019 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yageze mu Busuwisi aho yitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku bukungu bw’Isi, World Economic Forum iri kubera mu Mujyi wa Davos.

Iyi nama ngarukamwaka ya ‘World Economic Forum (WEF) izamara iminsi ine kuko yatangiye ku wa 22 Mutarama ikazasozwa ku wa 25 Mutarama.

Ni imwe mu zikomeye ku Isi ziga ku bukungu n’ihinduka ry’imibereho y’abayituye. Biteganyijwe ko izitabirwa n’abasaga ibihumbi bitatu baturutse mu bihugu 110.

Biteganyijwe kandi ko Perezida Kagame azitabira ibiganiro bitandukanye biba kuri uyu wa 23 na 24 Mutarama 2019, aho azahurira n’abakuru b’ibihugu na za guverinoma basaga 65.

Muri ibyo biganiro harimo ikizamuhuza n’abakuru b’ibihugu bya Afurika bazaba bitabiriye iyi nama ya WEF, barebera hamwe uko barushaho kunonosora icyerekezo cy’umugabane wa Afurika hashingiwe ku buryo isi ihagaze muri iki gihe

Mu bindi biganiro azitabira harimo n’icyo azahuriramo na Jack Ma washinze Alibaba na Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, kizagaruka ku miyoborere ya Afurika harebewe mu ishusho mpuzamahanga.

Inama ya WEF 2019 yahawe insanganyamatsiko igira iti “Inonosorwa ry’imiterere y’ikusanyabukungu mu bihe by’impinduramatwara ya Kane mu by’inganda ”.

Umuyobozi wa WEF, Klaus Schwab, yavuze ko ibiganiro byose bizatangirwa muri iyi nama bizibanda ku kurebera hamwe uburyo ibyiciro byose byahuza imbaraga, mu gufata ingamba zituma hatagira usigara inyuma mu mpinduramatwara ya kane mu by’inganda.

Ibyo wamenya kuri WEF

Imyaka isaga 40 irihiritse inama ya World Economic Forum iba buri mwaka, ikabera ahitwa Davos-Klosters.

Muri iyo myaka yose, abayobozi mu nzego za leta, abikorera, abakuru b’ibihugu na za guverinoma bahurira mu misozi ya Alpes iba ifite ubukonje bwihariye baganira ku mbogamizi Isi ifite bakanazishakira ibisubizo.

Mu ntangiriro, Professor Klaus Schwab yashinze icyitwaga European Management Forum, cyari umuryango udaharanira inyungu wakoreraga i Genève mu Busuwisi, ugahuza abacuruzi bakomeye mu Burayi n’ahandi, bagahurira i Davos mu nama ngarukamwaka zabaga muri Mutarama.

Ubusanzwe Professor Schwab yitaga ku nama zafasha ibigo byo mu Burayi gushyikira ibyo muri Amerika mu micungire.

Nyuma intego z’iyi nama zaje kwaguka iva ku micungire igera no ku bibazo by’ubukungu n’imibereho, bihinduka inama yaguye yigirwamo iterambere muri rusange, irakunda iba mpuzamigabane.
Ni uko yabaye inama ikomeye maze abayobozi mu bya politiki bayitumirwamo bwa mbere muri Mutarama 1974 i Davos.

Mu 1987, iyari European Management Forum yahindutse World Economic Forum, maze iyo nama irushaho kwaguka, ari na ko yagura urubuga rw’ibiganiro biyiberamo.

Mu 2015, WEF yemewe nk’Umuryango Mpuzamahanga, ubu iri mu rugendo rwo guhinduka ikimenyetso cy’ubufatanye bwa za leta n’abikorera.

2019-01-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC: Abayobozi bemeye ko impungenge  za Ambasade ya Amerika zo guterwa zifite ishingiro

RDC: Abayobozi bemeye ko impungenge za Ambasade ya Amerika zo guterwa zifite ishingiro

Ubwanditsi 01 Dec 2018
Kagame nyuma ya Gabon, ari muri Nigeria mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Kagame nyuma ya Gabon, ari muri Nigeria mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Ubwanditsi 11 Jun 2019
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Budage

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Budage

Ubwanditsi 14 Jun 2017
Icyatumye Ingabo z’u Burundi zerekwa umuryango mu gihugu cya Somalia

Icyatumye Ingabo z’u Burundi zerekwa umuryango mu gihugu cya Somalia

Ubwanditsi 04 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Abadashyigikiye ivugururwa ry’Itegeko Nshinga batangiye guterwa ubwoba
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Abadashyigikiye ivugururwa ry’Itegeko Nshinga batangiye guterwa ubwoba

Ubwanditsi 02 Feb 2018
Urban Boys yafashe ingamba ku byayivuzweho
IMIKINO

Urban Boys yafashe ingamba ku byayivuzweho

Ubwanditsi 09 Jan 2017
Amarembera y’abicanyi  ba FDLR na RNC ya Kayumba Nyamwasa- FLN n’ababashyigikiye
INKURU NYAMUKURU

Amarembera y’abicanyi  ba FDLR na RNC ya Kayumba Nyamwasa- FLN n’ababashyigikiye

Ubwanditsi 19 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru