• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Bobi Wine akomeje kwiyegereza urubyiruko mu rugamba rwo kurwanya Perezida Museveni

Bobi Wine akomeje kwiyegereza urubyiruko mu rugamba rwo kurwanya Perezida Museveni

Editorial 15 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Depite Kyagulanyi Robert (Bobi Wine) akomeje kugaragara kenshi yigisha urubyiruko ndetse anarushishikariza kuba umusemburo w’ impinduramatwara ikenewe mu gihugu cya Uganda.

Uyu mu depite ashingira kuri ibi yerekana uburyo Perezida Museveni yari afite ibitekerezo byiza akigera ku butegetsi ngo kuko nawe yari urubyiruko.

Ubwo kuwa 10 Ukwakira 2018, umudepite uhagarariye Akarere k’ Uburasirazuba bwa Kyadondo , Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) yari mu rusengero Kamwokya Catholic Parish yabwiye urubyiruko kwihagararaho bagaharanira uburenganzira bwabo bakanakwirinda ibinyoma by’ abanyapolitiki.

Ati” Ntumuzagurishe imitima yanyu nzi neza ko muri mwe harimo abo Perezida Museveni yahaye amashilingi menshi kugira ngo bamuyoboke!”

Kuri iyi ngingo ya bamwe mu rubyiruko bahawe amashilingi na Perezida Museveni, Kyagulanyi asanga icyo uru rubyiruko rukeneye Atari amafaranga gusa ahubwo ngo rukeneye ubuyobozi bwiza bushobora gushyiraho ikirere cy’ ubukungu buboneye bityo abantu bakihangira imirimo aho guhora bategereje guhabwa.

Kuwa 13 Ukwakira 2018, Uyu munyapolitiki ari muri Kenya aho yagiranye ibiganiro n’ abadepite ariko n’ abanyeshuri bo muri Kaminuza ya Nairobi, nk’ uko byatangajwe na Chimpre.

Aha naho, Kyagulanyi yahuye n’ abanyayuganda batuye ndetse n’ abakorera muri Kenya cyane cyane urubyiruko gutekereza ku gihugu cyabo no kugira uruhare mu mpinduramatwara.

Ibihugu bikomeye ku Isi byatangiye urugamba rwo gushaka gukura Perezida Museveni ku ngoma bakoresheje urubyiruko rwo muri Uganda rwize ariko rutagira kazi.

Uyu mugambi watangiye kugaragara mu myigaragambyo igenda ikorwa hirya no hino mu mijyi ya Uganda aho bigaragara ko abayitabira benshi ari urubyiruko.

Kimwe n’ ahandi hose ku Isi, abifuza impinduramatwara ya politiki bakoresha urubyiruko kuko ibarurishamibare yerekana ko ari rwo rwinshi.

Abaturage ba Uganda 77% bafite imyaka iri munsi ya 30 byumvikane ko ari urubyiruko , na none benshi muri bo bafite amahirwe yo kuba barize ariko nturobone akazi.

Mu gihe cyose uburenganzira bw’ uru rubyiruko rwo muri Uganda rutazubahirizwa rushobora gukoreshwa ku nyungu z’ abanyapolitiki ndetse no kwigaragambya mu gihe byose bisabwa n’ abarwanya Leta.

 

2018-10-15
Editorial

IZINDI NKURU

Hahishuwe Impamvu yisezererwa rya IGP Kale Kayihura

Hahishuwe Impamvu yisezererwa rya IGP Kale Kayihura

Editorial 05 Mar 2018
Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 23 Feb 2021
Ibyo wamenya kuri Minisitiri w’Intebe mushya wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed ufite umwihariko

Ibyo wamenya kuri Minisitiri w’Intebe mushya wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed ufite umwihariko

Editorial 31 Mar 2018
Thomas Nahimana aravuga intambara ngo yibonere amaronko kuko azi neza icyo yabyariye Rusesabagina

Thomas Nahimana aravuga intambara ngo yibonere amaronko kuko azi neza icyo yabyariye Rusesabagina

Editorial 04 Nov 2021

Igitekerezo kimwe

  1. Sunday
    October 16, 20182:53 pm -

    Rushyashya nimutagira ubwenge muragenda nakagame. Mwandike kubwicanyi bwa kagame mureke Sabalwanyi

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Agathon Rwasa avuga ko inzego z’umutekano zibangamira abashaka kwigaragambya
POLITIKI

Burundi: Agathon Rwasa avuga ko inzego z’umutekano zibangamira abashaka kwigaragambya

Editorial 09 May 2018
Itangazamakuru mu Rwanda rimaze gutera imbere : Prof. Shyaka Anastase
Amakuru

Itangazamakuru mu Rwanda rimaze gutera imbere : Prof. Shyaka Anastase

Editorial 08 Nov 2017
Amafoto – Umunya-Serbia Darko Nović yemejwe nk’umutoza mushya wa APR FC ku masezerano y’imyaka itatu
Amakuru

Amafoto – Umunya-Serbia Darko Nović yemejwe nk’umutoza mushya wa APR FC ku masezerano y’imyaka itatu

Editorial 21 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru