• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Bobi Wine ari guhigwa bukware na Polisi ya Uganda aho yamaze no kugota agace bivugwa ko aherereyemo

Bobi Wine ari guhigwa bukware na Polisi ya Uganda aho yamaze no kugota agace bivugwa ko aherereyemo

Editorial 16 Dec 2018 POLITIKI

Kuva mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Ukuboza 2018, Polisi ya Uganda iri guhigisha uruhindu Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi cyane nka Bobi Wine, umudepite akanaba umuhanzi ukomeye cyane muri Uganda. Mu butumwa uyu muhanzi yagendaga acisha kuri Twitter ye nimugoroba ari mu bwihisho, yatabazaga avuga ko Polisi yamaze kugota hotel yitwa City Hotel yarimo, ndetse ko abenshi mu bari bitabiriye igitaramo cye bamaze gutabwa muri yombi ari na ko abandi bakubitwa.

Bobi Wine wahigishwaga uruhindu yagombaga gukorera igitaramo mu karere ka Jinja gaherereye mu Burasirazuba bwa Uganda, gusa birangira we n’abantu be birukanwe mu mujyi na Polisi.

Ati” Polisi yirukanye abantu bacu mu mujyi wa Jinja ibatunze imbunda, ibageza i Lugazi. Bakubise bamwe muri bo, babata muri yombi banabakurura baberekeza mu modoka za polisi zabajyanye ahantu hataramenyakana kandi nta cyaha bakoze.”

Bobi Wine yavuze ko bijya gutangira Polisi yagose Hoteli bari bari kuruhukiramo mbere yo kujya mu gitaramo. Nyuma ngo abo bari kumwe batawe muri yombi, Polisi ikikiza ako gace ari na ko inamuhiga.

Bobi avuga ko atumva impamvu Polisi yategereje ko umwijima uza kugira ngo abe ari bwo ikora ibyo yari igambiriye, bityo agasanga ibyabaye byari byarateguwe.

Amakuru aturuka muri Uganda avuga ko kuva nimugoroba kugeza magingo aya Bobi Wine akihishe, gusa akaba agishakishwa na Polisi ya Uganda.

Mu butumwa Bobi Wine aheruka kwandika kuri Twitter ye, yavuze ko Polisi yafunze imihanda yose mu rwego rwo kumushakisha, gusa akaba adashobora kuyigaragariza ngo kuko acyibuka urwo yaboneye muri Arua.

Ibyabereye Arua Bobi Wine avuga byabaye muri Kanama uyu mwaka, aho inzego z’umutekano za Uganda zamukoreye iyicarubozo zimushinja gutera amabuye imodoka za Perezida Museveni.

Ibyabaye kuri Bobi Wine kandi byatumye abantu batandukanye bahaguruka, bamagana ibikorwa by’ubunyamaswa leta ya Uganda ikomeje gukorera uyu mudepite. Mu bagize icyo bavuga, harimo D.r Kiiza Besigye urwanya ubutegetsi bwa Museveni. Uyu yavuze ko ibyabaye bihagije, bityo ko ari cyo gihe cyo guhaguruka bagahangana n’ihohoterwa NRM ikomeje gukorera abatavuga rumwe na yo.

2018-12-16
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Macron arabazwa niba agiye gutsura umubano n’u Rwanda akanakurikirana abaruhekuye

Perezida Macron arabazwa niba agiye gutsura umubano n’u Rwanda akanakurikirana abaruhekuye

Editorial 17 May 2017
Burundi : Amwe mu mazina y’uzasimbura Nkurunziza  yatangiye kunuganugwa

Burundi : Amwe mu mazina y’uzasimbura Nkurunziza yatangiye kunuganugwa

Editorial 13 Jan 2020
Trump yabyiniye ku rukoma nyuma y’iyirukanwa ry’Umuyobozi wungirije wa FBI

Trump yabyiniye ku rukoma nyuma y’iyirukanwa ry’Umuyobozi wungirije wa FBI

Editorial 17 Mar 2018
Perezida Kagame yagaragaje akamaro k’ababyeyi ahereye mu rugo iwe

Perezida Kagame yagaragaje akamaro k’ababyeyi ahereye mu rugo iwe

Editorial 14 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwanda Martin Ngoga yashyizwe mu kanama k’imyitwarire ka FIFA
Mu Rwanda

Umunyarwanda Martin Ngoga yashyizwe mu kanama k’imyitwarire ka FIFA

Editorial 11 May 2017
Munezero Valentine wakiniraga APR WVC yerekeje muri Tunisia mu ikipe ya Club Sportif Sfaxien
Amakuru

Munezero Valentine wakiniraga APR WVC yerekeje muri Tunisia mu ikipe ya Club Sportif Sfaxien

Editorial 06 Oct 2023
2015 Irangiye Kagame ari we ukunzwe kurusha izindi nzego mu Rwanda – Min Murekezi
Mu Mahanga

2015 Irangiye Kagame ari we ukunzwe kurusha izindi nzego mu Rwanda – Min Murekezi

Editorial 15 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru