• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Bombori bombori mu ngabo z’u Burundi kubera gukubitwa na M23 muri Congo bakibaza icyo iyi ntambara ibamariye 

Bombori bombori mu ngabo z’u Burundi kubera gukubitwa na M23 muri Congo bakibaza icyo iyi ntambara ibamariye 

Editorial 31 Jan 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Nyuma yuko Perezida Ndayishimiye Varisito yishoye mu ntambara mu burasirazuba bwa Kongo akurikiye amafaranga, yari aziko bizamworohera bityo akabona amadorali yazamura ubukungu bwe bwaguye hasi dore ko buri musirikari Tshisekedi amubarira ibihumbi bitanu by’amadorali ariko umusirikari agashyikirizwa amadora ijana mbere yo guhaguruka mu gihugu cye.

Ndayishimiye ngo yabwiye Tshisekedi ko ari Jenerali ko iby’intambara abimenyereye ari utuntu twe.

Gusa kuva ingabo z’u Burundi zicakirana na M23 havugwa imiborogo mu gihugu cy’u Burundi kimaze gupfusha abasirikari benshi abanda bagahunga urugamba. Kubera iyo mpamvu ubuyobozi bw’ingabo zo mu Burundi bumaze gusimbuza ukuriye ingabo zabwo muri Kongo inshuro eshatu mu mezi atandatu bizeyeko impinduka mu buyobozi hari icyo biri butange.

U Burundi bwinjira mu ntambara muri Kongo ku mugaragaro muri Nyakanga 2023 bwari buyobowe na Col Haringanji kugeza mu Ugushyingo 2023 akaba yaramaze amezi abiri gusa ayoboye izi ngabo nibwo zahuye n’ikibatsi cya M23 maze uwari uyoboye ingabo zateye M23 ariwe Major Ernest Gashirahamwe ahasiga ubuzima ashyingurwa mu cyubahiro I Bujumbura. Aha ingabo z’u Burundi zaratsinzwe ziratikira.

Col Hariganji yasimbujwe ikitaraganya na Col Kavamahanga nawe wahuye n’uruva gusenya ubwo abasirikari be yari ayoboye bafite ipeti rya Majoro bahasigaga ubuzima ndetse n’abandi basirikari batoya. Yahise azimbuzwa ikitaraganywa muri uku kwambere uyu mwaka. Col Kavamahanga yongeye gutsindwa ubwo ingabo yari ayoboye zanze ku mugaragaro kurwanya M23 zikivumbura zigasubizwa I Burundi ubu bose bakaba bafunze.

Col Kavamahanga nawe yasimbuwe na Col Pontien Hakizimana uzwi nka Mingi nawe wahuye nuruva gusenya ubwo ingabo z’u Burundi zari ku musozi wa Muremure bacunga inzira ihuza Goma na Bukavu bakubitwaga inshuro na M23 agapfusha abasirikari benshi amafoto akaba ari gukwirakwizwa kuri Internet.

Ingabo z’u Burundi nta morale zifite mu kurwana na M23 kubera impamvu zitandukanye harimo kugambanirwa nabo bagiye gutabara bo muri FARDC bakanabata ku rugamba kugeza ubwo nabo bataye urugamba. Kugeza ubu abasirikari amajana nibo bari kubarizwa muri gereza ariko hari n’abakorerwa iperereza.

Mu gisirikari cy’u Burundi kandi hari kuvugwa abenshi bari kuva mu gisirikari cyane cyane abari ku ipeti rya Lieutenant na Captain kuko nibo bakunda kugwa ku rugamba.

Ubu imiryango y’abasirikari iri gutabaza kuko kugirango amakuru n’amafoto bidakwirakwizwa abasirikari muri Kongo babaka amatelephone. Imiryango ikaba yatangaje amazina y’abasirikari baguye ku musozi wa Muremure tariki ya 28 Mutarama 2024. Muri abo harimo abamaze kumenyekana bakurikira

1. Capitaine Euphraim Niragira (matricule SS 2550) avuka ku mutumba wa Gisanze muri komine n’intara ya Bururi.

2. Adjudant-Major Alexis Gahitira (matricule SC 1454) avuka ku mutumba wa Kanka muri komine Bisoro mu ntara ya Mwaro.

3. Sergent Prosper Nininahazwe (matricule 82756) avuka ku mutumba wa Camizi muri komine Matongo mu ntara ya Kayanza.

4. Caporal-chef Jean-Marie Maniratanga (matricule HR 16526) avuka ku mutumba wa Gatsiinga muri komine Ndava mu ntara ya Mwaro.

5. Caporal-chef Charité Nshimirumukiza (matricule HR 16177) ava ku mutumba wa Mubuga muri komine Mbuye mu ntara ya Muramvya.

6. Caporal-chef François Ndayiragije (Matricule HR 13187) avuka ku mutumba wa Nyamabuye muri komine Gitanga mu ntara ya Rutana.

7. Caporal-chef Jacques Nyandwi (matricule HR 21733) avuka ku mutumba wa Gahongore muri komine n’intara ya Bubanza.

8. Caporal-chef Polycarpe Nzisabira (Matricule HR 22828) avuka ku mutumba wa Mboza muri komine Kanyosha mu ntara ya Bujumbura (rural).

9. 1Classe Léonce Nibigira (Matricule HR 28289) avuka ku mutumba wa Gitaramuka muri komine Mugamba mu ntara ya Bururi.

10. 1Classe Désiré Nduwimana (matricule HR 29931) avuka ku mutumba wa Gitaba muri komine n’intara ya Rutana.

11. 1Classe Jean-Marie Nsabimana (matricule HR 25728) avuka ku mutumba wa Runyonza muri komine n’intara ya Kirundo.

12. 1Classe Cedric Nsengimana (matricule HR 25743) avuka ku mutumba wa Nyamugari muri komine Buhiga mu ntara ya Karusi.

13. 1Classe Audace Nigombeye (matricule 27065) avuka ku mutumba wa Mburi muri komine Gisagara mu ntara ya Cankuzo.

Intambara na M23 irasiga ishenye igisirikari cy’u Burundi.

2024-01-31
Editorial

IZINDI NKURU

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Editorial 07 Aug 2020
I Rubavu hasojwe amarushanwa y’abari munsi y’imyaka 15 yiswe CAF African Schools Championship 2022

I Rubavu hasojwe amarushanwa y’abari munsi y’imyaka 15 yiswe CAF African Schools Championship 2022

Editorial 25 Jul 2022
Ibyihebe bya RNC ngo bigiye gutangira ibikorwa by’iterabwoba mu mahanga

Ibyihebe bya RNC ngo bigiye gutangira ibikorwa by’iterabwoba mu mahanga

Editorial 13 Jun 2024
Abayobozi b’u Burundi bakomeje kwiha amenyo y’abasetsi bafata abasiviri ngo bafashe intasi z’u Rwanda, bagaragaza politiki ya cyana kandi bakuze

Abayobozi b’u Burundi bakomeje kwiha amenyo y’abasetsi bafata abasiviri ngo bafashe intasi z’u Rwanda, bagaragaza politiki ya cyana kandi bakuze

Editorial 14 Mar 2021
Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Editorial 07 Aug 2020
I Rubavu hasojwe amarushanwa y’abari munsi y’imyaka 15 yiswe CAF African Schools Championship 2022

I Rubavu hasojwe amarushanwa y’abari munsi y’imyaka 15 yiswe CAF African Schools Championship 2022

Editorial 25 Jul 2022
Ibyihebe bya RNC ngo bigiye gutangira ibikorwa by’iterabwoba mu mahanga

Ibyihebe bya RNC ngo bigiye gutangira ibikorwa by’iterabwoba mu mahanga

Editorial 13 Jun 2024
Abayobozi b’u Burundi bakomeje kwiha amenyo y’abasetsi bafata abasiviri ngo bafashe intasi z’u Rwanda, bagaragaza politiki ya cyana kandi bakuze

Abayobozi b’u Burundi bakomeje kwiha amenyo y’abasetsi bafata abasiviri ngo bafashe intasi z’u Rwanda, bagaragaza politiki ya cyana kandi bakuze

Editorial 14 Mar 2021
Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Editorial 07 Aug 2020
I Rubavu hasojwe amarushanwa y’abari munsi y’imyaka 15 yiswe CAF African Schools Championship 2022

I Rubavu hasojwe amarushanwa y’abari munsi y’imyaka 15 yiswe CAF African Schools Championship 2022

Editorial 25 Jul 2022
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru