• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Booh-Booh n’iby’imyitozo y’Interahamwe, ARDHO yakomoje kuri Jenoside

Booh-Booh n’iby’imyitozo y’Interahamwe, ARDHO yakomoje kuri Jenoside

Editorial 13 Apr 2016 Mu Mahanga

Na : Tom Ndahiro

Dukomeje kwibuka no kwibukiranya ngo amateka yacu atazaducika tukajya tuyabwirwa n’abatarayabayemo.

Muri Mutarama 1994, ingabo z’Umuryango w’Abibumbye MINUAR zari zimaze kumva ko zitaje ahantu horoshye. Interahamwe n’impuzamugambi bari bamaze kubereka gahunda yabo.

Ku itariki ya 17 Mutarama 1994, Umuyobozi wa MINUAR, Jacques Rogers Booh-Booh yahuye n’abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda cyakora bakomoka ku mugabane wa Afrika.

Yari yahuye nabo ababwira uko bimeze ariko cyane cyane ibyo bari bamaze kwibonera mu myiteguro y’ibitero bari barabwiwe ko bigamije gutsemba Abatutsi.

Booh-Booh nawe wari umudiplomate ukomoka mu gihugu cya Cameroun, yababwiye ko bafite gihamya ko hari imyitozo ya gisirikare yahabwaga abasivili benshi (Interahamwe n’impuzamugambi) kandi ko hatangwaga imbunda nyinshi kandi ziri mu byiciro binyuranye.

Ibijyanye no kuba hari intwaro zihishe ahantu hatandukanye kandi hatari mu buyobozi busanzwe bwa gisirikare, bari bamaze kubyibonera batagishidikanya.

Umwe mu bahaga MINUAR amakuru kenshi harimo na Twagiramungu Faustin ubu uhakana ko na TURATSINZE yagejeje kuri Gen. Romeo Dallaire atamuzi.

Uko guhakana, kwa TWAGIRAMUNGU biri mu kinyamakuru the Digital Journal cyo kuwa 15 Mutarama 2014 mu kiganiro yagiranye n’umunyamakurukazi Judi Rever.

-97.png

Twagiramungu Faustin Alias Rukokoma

Ibyo avuga nyuma y’imyaka 20, ubona atari ugusaza cyangwa politiki yo gushaka kwiyegereza FDLR gusa ahubwo harimo no kwirengagiza bikabije.

Muri raporo ya Loni y’itsinda riyobowe na Ingvar Carlsson, yasohotse mu mpera z’umwaka w’1999, havuzwe mu buryo bweruye ko uwahaye amakuru Dallaire ari Twagiramungu Faustin.

Ayo mazina ye yombi yanditse muri iyo raporo yagaragazaga uruhare rwa Loni mu gutererana abanyarwanda. Twagiramungu anahakana ko abayobozi ba MINUAR babonanye na Habyarimana bakavugana nawe ibyo banditse muri Fax yagiye New York ku wa 11 Mutarama 1994.

-2665.jpg

Jacques Rogers Booh-Booh

Ikitanditsemo n’ amazina y’ababyeyi be, wenda byatuma ahakana ko uwavuzwe atari we. Cyakora uwanditsemo ni uwigeze kuba Minisitiri w’intebe, kandi ntawe bahuje amazina wageze muri urwo rwego.

Nyuma y’iyo raporo, ntaho Twagiramungu ahakana ko atari we watanze amakuru. Igihe cyonyine yatangiye guhuzagurika ni mu gihe yatangaga ubuhamya bushinjura abajenosideri muri ICTR.

Aho MINUAR yabonaga amakuru ho hari henshi nkuko twigeze kubyandika ko imiryango irimo CLADHO na CCOAIB batanze amakuru nabo atabaza.

Booh-Booh avugana n’abo banyafurika bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, hari hashize iminsi itatu (14 Mutarama) inzego z’ubutasi bwa gisirikare z’u Bubiligi zigaragaje ko zifite impungenge zikomeye.

Izo nzego z’ubutasi zari zifite amakuru ya gihamya ko abasirikare ba leta ya Habyarimana bashobora kuzibasira abasirikare baje gucunga amahoro mu Rwanda, ngo ariko cyane cyane Ababiligi.

Izo nzego zari zinafite n’amakuru ku mikoranire ya hafi y’abasirikare abajandarume n’Interahamwe. Ibi byo ariko ntibyari binakeneye ubutasi buhambaye kuko ari KANGURA na RTLM bibasiraga Ababiligi ku buryo butihishira, ubona ko hari ababoshya.

Impungenge z’ababiligi zabaye impamo ku itariki ya 7 Mata 1994.Ubwo hicwaga abasirikare babo cumi n’umwe.

Ibyo kuba hari umugambi wa jenoside y’Abatutsi, byari byaranavuzwe muri raporo y’umuryango nyarwanda urengera uburenganzira bwa muntu uzwi ku izina ARDHO. Raporo yo ku itariki 1 Ukuboza 1993.

ARDHO batangaje ko bakurikije ubwicanyi bwari bumaze iminsi bwibasira abatutsi, bakanashingira kubyo abicanyi bivugiraga ubwabo, bemeje ko hari umugambi wo gutsemba Abatutsi.

ARDHO yakoresheje ijambo “extermination” y’abatutsi bitwaga ko ari ibyitso by’Inkotanyi.

Ese ni ARDHO n’Ababiligi gusa bari bazi ayo makuru? Ese ibimenyetso by’umugambi wa jenoside ni imyitozo ya gisirikare gusa, cyangwa hari ibindi? Twagiramungu arahakana ibyavuzwe bikanaba kubera amazinda y’iza bukuru cyangwa ni n’ingengabitekerezo imurimo? Ibi byose bizagira umwanya wabyo uhagije wo kubivuga.

Kugira ngo umenye Imvo n’imvano ya jenoside yabereye mu Rwanda, kurikira Umuhamya w’Amateka (Témoin de l’histoire) ku kuri blog: http://umuvugizi.wordpress.com/

2016-04-13
Editorial

IZINDI NKURU

Police FC yatsinze AS Kigali

Police FC yatsinze AS Kigali

Editorial 04 Apr 2016
Gutumiza abanyereje amafaranga ya Leta bimaze kuba indirimbo irambiranye- Transparency Rwanda

Gutumiza abanyereje amafaranga ya Leta bimaze kuba indirimbo irambiranye- Transparency Rwanda

Editorial 06 Oct 2016
Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Editorial 28 Jul 2022
Ifoto y’umunsi

Ifoto y’umunsi

Editorial 13 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rutsiro: Polisi yataye muri yombi uwashakaga guha ruswa umupolisi
Mu Rwanda

Rutsiro: Polisi yataye muri yombi uwashakaga guha ruswa umupolisi

Editorial 18 Apr 2017
Nyaruguru: Abaturage bari bakubise buzuye baje kwakira umukandida wa FPR Inkotanyi
Mu Rwanda

Nyaruguru: Abaturage bari bakubise buzuye baje kwakira umukandida wa FPR Inkotanyi

Editorial 15 Jul 2017
Umutuzo w’Agatha Kanziga n’abandi bajenosideri bari Bufaransa waba usatira iherezo?
Amakuru

Umutuzo w’Agatha Kanziga n’abandi bajenosideri bari Bufaransa waba usatira iherezo?

Editorial 12 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru