• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BRD imaze kugaruza arenga miliyari 5 Frw mu nguzanyo z’abigiye kuri buruse ya Leta

BRD imaze kugaruza arenga miliyari 5 Frw mu nguzanyo z’abigiye kuri buruse ya Leta

Editorial 18 Jul 2018 UBUKUNGU

Mu myaka hafi ibiri Banki y’Iterambere y’u Rwanda (BRD), imaze isezeranye na Leta kwishyuza abigiye ku nguzanyo ya buruse mu mashuri Makuru na Kaminuza, yatangaje ko imaze kubasha kugaruza Miliyari 5.1 z’amafaranga y’u Rwanda.

Mu Ukwakira 2016, BRD yasinyanye na Minisiteri y’Uburezi (Mineduc) amasezerano ayiha inshingano zo gutanga amafaranga ya buruse ku banyeshuri bemerewe inguzanyo yo kwiga na leta ariko ikanishyuza abarangije kwiga bamaze kubona akazi.

Umuyobozi Mukuru wa BRD, Rutabana Eric, yabwiye itangazamakuru ko kugeza ubu hari umubare munini w’amafaranga y’inguzanyo ataragaruzwa ariko hari ayamaze kugaruzwa kandi bagikomeje umurego.

Mu mibare, iyi banki yagaragaje ko inguzanyo zimaze gutangwa zigera kuri miliyari 80 Frw, zahawe abanyeshuri barenga gato 70 000. Rutabana avuga ko bahawe inshingano zo kugaruza aya mafaranga hari miliyari 12 Frw zimaze kugaruzwa.

Yagize ati “Kuva mu 2016 kugeza none aho inshingano zo kwishyuza zaviriye muri Mineduc n’ibigo biyishamikiyeho bikaza muri BRD, tumaze kwishyuza miliyari 5.1 Frw. Muri za miliyari 80 Frw hamaze kugaruka agera kuri miliyari 17 Frw”.

Yakomeje avuga ko bahura n’imbogamizi zikomeye z’abarangije kwiga batinda kubona akazi ngo batangire kwishyura.

Ubusanzwe iyi banki iri kwishyuza umuntu wigiye ku nguzanyo ya buruse buri kwezi yishyura 8% by’umushahara mbumbe we, hishyurwa amafaranga y’ikiguzi cy’uburezi wongeyeho ahabwa umunyeshuri ngo amutunge buri kwezi. Abishyuzwa ni abize kuva mu 1980.

Umuyobozi muri BRD ushinzwe kugaruza inguzanyo za buruse, Matata Claudine, yagarageje ko bamaze kubona urutonde rw’abigiye ku nguzanyo ariko haba hasigaye gukurikirana imyirondoro yabo n’aho bakorera.

Yahamagariye abafite akazi bigiye ku nguzanyo kwihutira kwegera BRD, bakishyura nk’uko abandi babitangiye.

Yagize ati “N’abandi batere intambwe bakore nk’iby’abandi bakora kugira ngo batugabanyirize imbogamizi[…]Niba bagomba kwishyura amafaranga runaka, bayarangiza bagahagarika. Bagerageze gusoma itegeko. Ikindi ni uko hazagera igihe dutangire gukoresha itegeko, dusabe ko bishyura amande.”

Urete ibyo kwishyuza, BRD yatangaje ko mu gutanga inguzanyo zisigaye zigerera igihe ku bo zigenewe, uretse bake ku giti cyabo baba batujuje neza amakuru asabwa nka konti.

Kugeza ubu BRD itanga inguzanyo ku banyeshuri 28,500 biga imbere mu gihugu, n’abiga hanze 365.

BRD iri mu bukangurambaga bwo kwishyuza abigiye ku nguzanyo, ikagera no mu bigo kujya gusuzuma abakozi bikoresha bagomba kwishyura inguzanyo.

BRD yahawe inshingano yo gutanga no kugaruza inguzanyo za buruse ku buryo mu 2025, amafaranga yinjiza azaba ahagije ikishyura ayo abanyeshuri bakeneye nta gusaba andi leta kandi Abanyarwanda benshi bakagira amahirwe yo kugurizwa bakiga.

2018-07-18
Editorial

IZINDI NKURU

80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro

80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro

Editorial 20 Jun 2018
Intsinzi ngari eshanu za Kagame mu by’ubukungu

Intsinzi ngari eshanu za Kagame mu by’ubukungu

Editorial 09 Jan 2020
Perezida Kagame na Magufuli bemeranyije gutangira iyubakwa ry’umuhanda wa gari ya moshi [ Isaka-Kigali ]

Perezida Kagame na Magufuli bemeranyije gutangira iyubakwa ry’umuhanda wa gari ya moshi [ Isaka-Kigali ]

Editorial 14 Jan 2018
“Amafuti n’amakosa by’Abayobozi, nibyo byatumye umujyi wa Huye umara igihe warabaye amatongo”- Perezida Kagame [ VIDEO

“Amafuti n’amakosa by’Abayobozi, nibyo byatumye umujyi wa Huye umara igihe warabaye amatongo”- Perezida Kagame [ VIDEO

Editorial 26 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mugisha Benon yagizwe Umutoza Mukuru wa REG Volleyball Club, mu gihe Patrice Ndaki yagizwe umutoza wa Kepler VC asimbuye Nyirimana Fidèle
Amakuru

Mugisha Benon yagizwe Umutoza Mukuru wa REG Volleyball Club, mu gihe Patrice Ndaki yagizwe umutoza wa Kepler VC asimbuye Nyirimana Fidèle

Editorial 30 May 2025
Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo
Amakuru

Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

Editorial 22 Aug 2023
Impamvu y’Urupfu rw’ Umwami Kigeli V Ndahindurwa ‘Watangiye’ muri Amerika
ITOHOZA

Impamvu y’Urupfu rw’ Umwami Kigeli V Ndahindurwa ‘Watangiye’ muri Amerika

Editorial 18 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru