• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Brig. Gen. Nzabamwita yasabye ibihugu bya Afurika gufatanya mu guhangana n’iterabwoba

Brig. Gen. Nzabamwita yasabye ibihugu bya Afurika gufatanya mu guhangana n’iterabwoba

Editorial 01 Oct 2017 Mu Mahanga

Ihuriro ry’Abayobozi b’inzego z’umutekano n’iperereza muri Afurika (CISSA) ryasabye ko habaho ubufatanye bw’ ibihugu mu kurwanya ibikorwa by’iterabwoba bikomeje kugaragara kuri uyu mugabane, bikanadindiza iterambere ryawo.

Byashimangiwe ubwo hasozwaga inama ya 14 ya CISSA yasojwe kuwa Gatanu nyuma y’iminsi ibiri ibera i Khartoum muri Sudani, yahuje abagera kuri 650 barimo abayobozi b’inzego z’umutekano n’iperereza, impuguke mu by’umutekano n’abarimu muri za Kaminuza.

Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe umutekano n’iperereza (NISS), Brig Gen Joseph Nzabamwita, wari umaze umwaka ayobora CISSA, yavuze ko imitwe y’iterabwoba iri kuririra mu bibazo by’umutekano ikinjiza abaturage mu bikorwa byo guhangana na guverinoma z’ibihugu byabo, ibintu binagira ingaruka ku iterambere ry’uyu mugabane.

Yakomeje agira ati “Imitwe y’iterabwoba ikora mu buryo bwihuse kandi mu ibanga. Usanga binjirira cyane mu kababaro k’abaturage n’ibindi bibazo bakabashishikariza kurwanya guverinoma zabo. Muri urwo rwego, ndasaba ibihugu bya Afurika guhuza imbaraga mu guhangana n’icyo kibazo.”

Visi Perezida wa kabiri wa Sudani, Hassabo Mohammed Abdul Rahman, yavuze ko Sudani yahungabanyijwe cyane n’ibikorwa by’iterabwoba, ibya politiki, imitwe yitwaje intwaro n’amakimbirane y’imbere mu gihugu, ku buryo yiyemeje gushyigikira ibikorwa byose bigamije ituze rya Afurika.

Yavuze ko imitwe y’iterabwoba iri kwibasira cyane Afurika n’imitungo kamere yayo, bityo hakenewe ko ibihugu bihuza imbaraga kugira ngo bibashe kugera ku mpinduka mu bukungu n’imibereho y’abaturage.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CISSA, Shimeles Semayat, yabwiye New Times ko hakiri ibice byibasiwe cyane n’ibikorwa by’imitwe yitwaje intwaro kandi bibangamiye amahoro n’umutekano nka Libie, Somalia, Repubulika ya Afurika yo hagati na Sudani y’Epfo.

Ni imitwe irimo nka Islamic State, aho Shimeles avuga ko iri kwisuganyiriza muri Libya nyuma yo gutsindwa muri Syrie, ndetse ikaba ishobora no kuzagira ingaruka ku bihugu bituranye na yo.

Harimo kandi Al shabaab muri Somalia, imaze kwica abaturage bagera ku 5000 ndetse ikaba yarabaye ikibazo cya Afurika y’Iburasirazuba muri rusange.

Iyo nama yanagarutse ku ngamba zaherukaga gufatirwa mu nama ziheruka, ku cyakorwa kugira ngo hirindwe ibibazo by’umutekano bishobora gushamikira ku rujya n’uruza rw’abantu.

Shimeles yakomeje agira ati “Iyi nama yasabye ibihugu bigize uyu muryango gushyria mu bikorwa izo ngamba kugira ngo tubashe kugira ubwisanzure bw’abaturage mu ngendo zitandukanye ariko tukanagabanya cyane ibibazo by’umutekano bishobora kuvuka.”

Umuyobozi mushya wa CISSA, Lt. Gen Mohamed Atta Al-Mulla Abbas, uyobora urwego rw’iperereza muri Sudani, yavuze ko mu gihe babasha gutsinda ibibazo by’iterabwoba n’ibindi by’imitwe yitwaje intwaro, nta kabuza hazabaho iterambere rifatika rya Afurika.

CISSA yanashimiye u Rwanda rwari rumaze umwaka ruyobora iri huriro, binatangazwa ko inama itaha izabera muri Namibia mu 2018 na Nigeria mu 2019.

-8178.jpg

Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe umutekano n’iperereza (NISS), Brig Gen Joseph Nzabamwita

2017-10-01
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Editorial 08 Jul 2016
Wendy Waeni uzwiho kugira impano idasanzwe  mu ndoto ze yabonanye n’ Umukuru w’Igihugu Nyakubahwa Perezida  Kagame

Wendy Waeni uzwiho kugira impano idasanzwe mu ndoto ze yabonanye n’ Umukuru w’Igihugu Nyakubahwa Perezida Kagame

Editorial 12 Sep 2016
Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo

Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo

Editorial 28 Aug 2019
Ban Ki moon yasabye ibihugu guta muri yombi abakekwaho ibyaha bya Jenoside

Ban Ki moon yasabye ibihugu guta muri yombi abakekwaho ibyaha bya Jenoside

Editorial 07 Apr 2016
Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Editorial 08 Jul 2016
Wendy Waeni uzwiho kugira impano idasanzwe  mu ndoto ze yabonanye n’ Umukuru w’Igihugu Nyakubahwa Perezida  Kagame

Wendy Waeni uzwiho kugira impano idasanzwe mu ndoto ze yabonanye n’ Umukuru w’Igihugu Nyakubahwa Perezida Kagame

Editorial 12 Sep 2016
Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo

Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo

Editorial 28 Aug 2019
Ban Ki moon yasabye ibihugu guta muri yombi abakekwaho ibyaha bya Jenoside

Ban Ki moon yasabye ibihugu guta muri yombi abakekwaho ibyaha bya Jenoside

Editorial 07 Apr 2016
Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Editorial 08 Jul 2016
Wendy Waeni uzwiho kugira impano idasanzwe  mu ndoto ze yabonanye n’ Umukuru w’Igihugu Nyakubahwa Perezida  Kagame

Wendy Waeni uzwiho kugira impano idasanzwe mu ndoto ze yabonanye n’ Umukuru w’Igihugu Nyakubahwa Perezida Kagame

Editorial 12 Sep 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“ Udashinga ntabyina” MPAYIMANA, NAHIMANA na HABINEZA kuyobora u Rwanda – twisekere !!!!
ITOHOZA

“ Udashinga ntabyina” MPAYIMANA, NAHIMANA na HABINEZA kuyobora u Rwanda – twisekere !!!!

Editorial 14 Feb 2017
Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro
POLITIKI

Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro

Editorial 26 Sep 2017
Umurambo w’Umunyarwandakazi watowe mu mugezi muri Canada washyinguwe
Mu Rwanda

Umurambo w’Umunyarwandakazi watowe mu mugezi muri Canada washyinguwe

Editorial 06 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru