• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Brig. Gen. Nzabamwita yasabye ibihugu bya Afurika gufatanya mu guhangana n’iterabwoba

Brig. Gen. Nzabamwita yasabye ibihugu bya Afurika gufatanya mu guhangana n’iterabwoba

Editorial 01 Oct 2017 Mu Mahanga

Ihuriro ry’Abayobozi b’inzego z’umutekano n’iperereza muri Afurika (CISSA) ryasabye ko habaho ubufatanye bw’ ibihugu mu kurwanya ibikorwa by’iterabwoba bikomeje kugaragara kuri uyu mugabane, bikanadindiza iterambere ryawo.

Byashimangiwe ubwo hasozwaga inama ya 14 ya CISSA yasojwe kuwa Gatanu nyuma y’iminsi ibiri ibera i Khartoum muri Sudani, yahuje abagera kuri 650 barimo abayobozi b’inzego z’umutekano n’iperereza, impuguke mu by’umutekano n’abarimu muri za Kaminuza.

Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe umutekano n’iperereza (NISS), Brig Gen Joseph Nzabamwita, wari umaze umwaka ayobora CISSA, yavuze ko imitwe y’iterabwoba iri kuririra mu bibazo by’umutekano ikinjiza abaturage mu bikorwa byo guhangana na guverinoma z’ibihugu byabo, ibintu binagira ingaruka ku iterambere ry’uyu mugabane.

Yakomeje agira ati “Imitwe y’iterabwoba ikora mu buryo bwihuse kandi mu ibanga. Usanga binjirira cyane mu kababaro k’abaturage n’ibindi bibazo bakabashishikariza kurwanya guverinoma zabo. Muri urwo rwego, ndasaba ibihugu bya Afurika guhuza imbaraga mu guhangana n’icyo kibazo.”

Visi Perezida wa kabiri wa Sudani, Hassabo Mohammed Abdul Rahman, yavuze ko Sudani yahungabanyijwe cyane n’ibikorwa by’iterabwoba, ibya politiki, imitwe yitwaje intwaro n’amakimbirane y’imbere mu gihugu, ku buryo yiyemeje gushyigikira ibikorwa byose bigamije ituze rya Afurika.

Yavuze ko imitwe y’iterabwoba iri kwibasira cyane Afurika n’imitungo kamere yayo, bityo hakenewe ko ibihugu bihuza imbaraga kugira ngo bibashe kugera ku mpinduka mu bukungu n’imibereho y’abaturage.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CISSA, Shimeles Semayat, yabwiye New Times ko hakiri ibice byibasiwe cyane n’ibikorwa by’imitwe yitwaje intwaro kandi bibangamiye amahoro n’umutekano nka Libie, Somalia, Repubulika ya Afurika yo hagati na Sudani y’Epfo.

Ni imitwe irimo nka Islamic State, aho Shimeles avuga ko iri kwisuganyiriza muri Libya nyuma yo gutsindwa muri Syrie, ndetse ikaba ishobora no kuzagira ingaruka ku bihugu bituranye na yo.

Harimo kandi Al shabaab muri Somalia, imaze kwica abaturage bagera ku 5000 ndetse ikaba yarabaye ikibazo cya Afurika y’Iburasirazuba muri rusange.

Iyo nama yanagarutse ku ngamba zaherukaga gufatirwa mu nama ziheruka, ku cyakorwa kugira ngo hirindwe ibibazo by’umutekano bishobora gushamikira ku rujya n’uruza rw’abantu.

Shimeles yakomeje agira ati “Iyi nama yasabye ibihugu bigize uyu muryango gushyria mu bikorwa izo ngamba kugira ngo tubashe kugira ubwisanzure bw’abaturage mu ngendo zitandukanye ariko tukanagabanya cyane ibibazo by’umutekano bishobora kuvuka.”

Umuyobozi mushya wa CISSA, Lt. Gen Mohamed Atta Al-Mulla Abbas, uyobora urwego rw’iperereza muri Sudani, yavuze ko mu gihe babasha gutsinda ibibazo by’iterabwoba n’ibindi by’imitwe yitwaje intwaro, nta kabuza hazabaho iterambere rifatika rya Afurika.

CISSA yanashimiye u Rwanda rwari rumaze umwaka ruyobora iri huriro, binatangazwa ko inama itaha izabera muri Namibia mu 2018 na Nigeria mu 2019.

-8178.jpg

Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe umutekano n’iperereza (NISS), Brig Gen Joseph Nzabamwita

2017-10-01
Editorial

IZINDI NKURU

Abajenosideri isi ikomeje kubabana ntoya, Urukiko rw’Ikirenga muri Suwede rwategetse ko ruharwa Jean Paul Micomyiza yoherezwa mu Rwanda

Abajenosideri isi ikomeje kubabana ntoya, Urukiko rw’Ikirenga muri Suwede rwategetse ko ruharwa Jean Paul Micomyiza yoherezwa mu Rwanda

Editorial 22 Dec 2021
Police Handball Club yatsinze ES Urumuri

Police Handball Club yatsinze ES Urumuri

Editorial 26 Sep 2016
Polisi y’u Rwanda yahuguye abayobozi b’inzego z’ibanze basaga 8000 ku buryo bakumira ibyaha

Polisi y’u Rwanda yahuguye abayobozi b’inzego z’ibanze basaga 8000 ku buryo bakumira ibyaha

Editorial 10 May 2016
Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Talon wa Benin

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Talon wa Benin

Editorial 29 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mozambique: Ubugizi bwa nabi ku banyarwanda bukomeje gufata indi ntera;  Hitimana Vital yarasiwe mu modoka ye
INKURU NYAMUKURU

Mozambique: Ubugizi bwa nabi ku banyarwanda bukomeje gufata indi ntera; Hitimana Vital yarasiwe mu modoka ye

Editorial 17 Mar 2018
2016: Ruswa yariyongereye cyane, abayitangaho amakuru baragabanyuka
Mu Mahanga

2016: Ruswa yariyongereye cyane, abayitangaho amakuru baragabanyuka

Editorial 10 Dec 2016
Ibihugu bizakina 1/2 cya CHAN 2016 byose byamenyekanye
IMIKINO

Ibihugu bizakina 1/2 cya CHAN 2016 byose byamenyekanye

Editorial 02 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru