• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • “FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR   |   28 May 2025

  • Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026   |   28 May 2025

  • APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo   |   26 May 2025

  • Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila   |   26 May 2025

  • Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca   |   26 May 2025

  • Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu   |   25 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Brussels Airlines yizihije umunsi w’abagore ibaha kuyobora ingendo z’indege zayo

Brussels Airlines yizihije umunsi w’abagore ibaha kuyobora ingendo z’indege zayo

Editorial 08 Mar 2018 Mu Mahanga

Ikigo gikora ubwikorezi bw’indege, Brussels Airlines, cyifatanyije n’amahanga mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abagore, kibaha kuyobora ingendo z’indege zacyo zerekezaga i Berlin, Accra na Abidjan.

Umunsi Mpuzamahanga w’abagore wizihizwa buri mwaka ku wa 8 Werurwe, aba ari umwanya wo kureba ibimaze gukorwa, impinduka zikenewe no gushima umuhate w’abagore bagira uruhare rukomeye mu mateka y’ibihugu byabo n’aho batuye.

Brussels Airlines ivuga ko nk’ikigo gifite umubare munini w’abakozi b’abagore, iharanira ko bahabwa amahirwe angana n’ay’abagabo ku isoko ry’umurimo.

Uyu munsi urugendo SN2579 rwa Brussels Airlines rugana i Berlin mu Budage rwahawe kuyoborwa na Captain Sofie naho umwungirije aba Marie-Aude. Purser Liesbeth niwe washinzwe serivisi z’imbere mu ndege hamwe na Kaya na Gillie.

Ibingi bigo by’indege bihurira muri Lufthansa Group (Lufthansa, SWISS, Austrian na Eurowings) nabyo byakoresheje abagore mu ngendo zigana i Berlin. Muri ibyo bikorwa, iki kigo cy’indege kivuga ko hakenewe ko inzego zitandukanye z’Isi zirushaho kubahiriza ihame ry’uburinganire.

Mu bakozi bose mu nzego zitandukanye haba mu irishinzwe abakozi, kumenyekanisha ibikorwa, ibikorwa by’indege, ubukanishi, abakora imbere mu ndege n’abandi; abenshi muri Brussels Airlines ni abagore bangana na 51.6%. Naho mu bapilote iki kigo gifite 10% ni abagore, bituma kiza mu bya mbere ku Isi kuko impuzandengo ari 3%.

Uretse urugendo rugana Berlin rwakozwe n’abagore 100%, hari n’urugana Abidjan muri Côte d’Ivoire na Accra muri Ghana, aho muri ibyo bihugu, amashami ya Brussels Airlines asanzwe ayoborwa n’abagore.

Ruyobowe na Captain Daniela yungirijwe na Marie. Serivisi z’imbere mu ndege zikuriwe na Veronique, Patty, Xandra, Isabelle, Maité, Ingrid, Caroline na Peggy. Muri ubwo buryo ngo Brussels Airlines igamije kwimakaza uburinganire muri Afurika, aho iki kigo gifata nk’intaho yacyo ya kabiri ndetse Umunsi w’abagore ukaba wizihizwa cyane.

Umuyobozi muri Brussels Airlines, Diane Cauwenberghs yagize ati “Muri Brussels Airlines tubifata nk’ikintu gikomeye kwifatanya n’abandi ku Munsi Mpuzamahanga w’abagore binyuze mu gutegura ibintu nk’ibi kuko twumva neza akamaro k’uburinganire.”

“Twumva ko kugira umuryango n’akazi ukora ari ibintu by’ingenzi kandi duharanira gufasha bagenzi bacu, abagabo n’abagore ko buri muntu wese abasha kugera ku mahirwe yose ku kazi ke, kandi agahuza ubuzima bwe n’akazi akora,”

Guhera ku wa 1 Mata, iki kigo gikomeye cyo mu Bubiligi kizaba kinafite Umuyobozi Mukuru w’Umugore. Christina Foerster niwe mugore wa mbere uzaba ayoboye ikigo cy’indege muri Lufthansa Group.

Brussels Airlines ikora ingendo nyinshi ziva cyangwa zigana i Brussels, umurwa mukuru w’u Burayi. Ifite abakozi basaga 3600 n’indege 48 zikora ingendo 250 ku munsi, zigahuza Brussels n’ibyerekezo 90 mu Burayi, 24 muri Afurika, bitatu byo muri Amerika ya Ruguru na Tel Aviv na Mumbai.

2018-03-08
Editorial

IZINDI NKURU

Icyenda bafatanywe ibiyobyabwenge by’ubwoko butandukanye muri Burera na Gakenke

Icyenda bafatanywe ibiyobyabwenge by’ubwoko butandukanye muri Burera na Gakenke

Editorial 21 Nov 2016
Police yamusubije 10 780€ na 100 000Frw yari yibwe n’umukozi we wo mu rugo

Police yamusubije 10 780€ na 100 000Frw yari yibwe n’umukozi we wo mu rugo

Editorial 29 Dec 2016
Ignace Murwanashyaka wayoboraga FDLR yaguye mu Budage

Ignace Murwanashyaka wayoboraga FDLR yaguye mu Budage

Editorial 17 Apr 2019
Bimwe mubyo Perezida Kagame amaze kugeraho muri iyi manda ye  ya kabiri  asoza

Bimwe mubyo Perezida Kagame amaze kugeraho muri iyi manda ye ya kabiri asoza

Editorial 06 Oct 2016
Icyenda bafatanywe ibiyobyabwenge by’ubwoko butandukanye muri Burera na Gakenke

Icyenda bafatanywe ibiyobyabwenge by’ubwoko butandukanye muri Burera na Gakenke

Editorial 21 Nov 2016
Police yamusubije 10 780€ na 100 000Frw yari yibwe n’umukozi we wo mu rugo

Police yamusubije 10 780€ na 100 000Frw yari yibwe n’umukozi we wo mu rugo

Editorial 29 Dec 2016
Ignace Murwanashyaka wayoboraga FDLR yaguye mu Budage

Ignace Murwanashyaka wayoboraga FDLR yaguye mu Budage

Editorial 17 Apr 2019
Bimwe mubyo Perezida Kagame amaze kugeraho muri iyi manda ye  ya kabiri  asoza

Bimwe mubyo Perezida Kagame amaze kugeraho muri iyi manda ye ya kabiri asoza

Editorial 06 Oct 2016
Icyenda bafatanywe ibiyobyabwenge by’ubwoko butandukanye muri Burera na Gakenke

Icyenda bafatanywe ibiyobyabwenge by’ubwoko butandukanye muri Burera na Gakenke

Editorial 21 Nov 2016
Police yamusubije 10 780€ na 100 000Frw yari yibwe n’umukozi we wo mu rugo

Police yamusubije 10 780€ na 100 000Frw yari yibwe n’umukozi we wo mu rugo

Editorial 29 Dec 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru