• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Brussels Airlines yizihije umunsi w’abagore ibaha kuyobora ingendo z’indege zayo

Brussels Airlines yizihije umunsi w’abagore ibaha kuyobora ingendo z’indege zayo

Editorial 08 Mar 2018 Mu Mahanga

Ikigo gikora ubwikorezi bw’indege, Brussels Airlines, cyifatanyije n’amahanga mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abagore, kibaha kuyobora ingendo z’indege zacyo zerekezaga i Berlin, Accra na Abidjan.

Umunsi Mpuzamahanga w’abagore wizihizwa buri mwaka ku wa 8 Werurwe, aba ari umwanya wo kureba ibimaze gukorwa, impinduka zikenewe no gushima umuhate w’abagore bagira uruhare rukomeye mu mateka y’ibihugu byabo n’aho batuye.

Brussels Airlines ivuga ko nk’ikigo gifite umubare munini w’abakozi b’abagore, iharanira ko bahabwa amahirwe angana n’ay’abagabo ku isoko ry’umurimo.

Uyu munsi urugendo SN2579 rwa Brussels Airlines rugana i Berlin mu Budage rwahawe kuyoborwa na Captain Sofie naho umwungirije aba Marie-Aude. Purser Liesbeth niwe washinzwe serivisi z’imbere mu ndege hamwe na Kaya na Gillie.

Ibingi bigo by’indege bihurira muri Lufthansa Group (Lufthansa, SWISS, Austrian na Eurowings) nabyo byakoresheje abagore mu ngendo zigana i Berlin. Muri ibyo bikorwa, iki kigo cy’indege kivuga ko hakenewe ko inzego zitandukanye z’Isi zirushaho kubahiriza ihame ry’uburinganire.

Mu bakozi bose mu nzego zitandukanye haba mu irishinzwe abakozi, kumenyekanisha ibikorwa, ibikorwa by’indege, ubukanishi, abakora imbere mu ndege n’abandi; abenshi muri Brussels Airlines ni abagore bangana na 51.6%. Naho mu bapilote iki kigo gifite 10% ni abagore, bituma kiza mu bya mbere ku Isi kuko impuzandengo ari 3%.

Uretse urugendo rugana Berlin rwakozwe n’abagore 100%, hari n’urugana Abidjan muri Côte d’Ivoire na Accra muri Ghana, aho muri ibyo bihugu, amashami ya Brussels Airlines asanzwe ayoborwa n’abagore.

Ruyobowe na Captain Daniela yungirijwe na Marie. Serivisi z’imbere mu ndege zikuriwe na Veronique, Patty, Xandra, Isabelle, Maité, Ingrid, Caroline na Peggy. Muri ubwo buryo ngo Brussels Airlines igamije kwimakaza uburinganire muri Afurika, aho iki kigo gifata nk’intaho yacyo ya kabiri ndetse Umunsi w’abagore ukaba wizihizwa cyane.

Umuyobozi muri Brussels Airlines, Diane Cauwenberghs yagize ati “Muri Brussels Airlines tubifata nk’ikintu gikomeye kwifatanya n’abandi ku Munsi Mpuzamahanga w’abagore binyuze mu gutegura ibintu nk’ibi kuko twumva neza akamaro k’uburinganire.”

“Twumva ko kugira umuryango n’akazi ukora ari ibintu by’ingenzi kandi duharanira gufasha bagenzi bacu, abagabo n’abagore ko buri muntu wese abasha kugera ku mahirwe yose ku kazi ke, kandi agahuza ubuzima bwe n’akazi akora,”

Guhera ku wa 1 Mata, iki kigo gikomeye cyo mu Bubiligi kizaba kinafite Umuyobozi Mukuru w’Umugore. Christina Foerster niwe mugore wa mbere uzaba ayoboye ikigo cy’indege muri Lufthansa Group.

Brussels Airlines ikora ingendo nyinshi ziva cyangwa zigana i Brussels, umurwa mukuru w’u Burayi. Ifite abakozi basaga 3600 n’indege 48 zikora ingendo 250 ku munsi, zigahuza Brussels n’ibyerekezo 90 mu Burayi, 24 muri Afurika, bitatu byo muri Amerika ya Ruguru na Tel Aviv na Mumbai.

2018-03-08
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma y’aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi, Sophie Wilmès, atangarije ko yakiriye umuryango w’umugizi wa nabi Paul Rusesabagina, abantu bakomeje kumubaza igihe azakirira abo Rusesabagina yagize imfubyi.

Nyuma y’aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi, Sophie Wilmès, atangarije ko yakiriye umuryango w’umugizi wa nabi Paul Rusesabagina, abantu bakomeje kumubaza igihe azakirira abo Rusesabagina yagize imfubyi.

Editorial 15 Jun 2021
Umugororwa Rugamba Jovin arashakishwa uruhindu  kubera gutoroka gereza nshya ya Mageragere

Umugororwa Rugamba Jovin arashakishwa uruhindu kubera gutoroka gereza nshya ya Mageragere

Editorial 26 Feb 2017
Kacyiru : Ni iki cyateye inyubako ya Bizimungu gufatwa n’inkongi y’umuriro

Kacyiru : Ni iki cyateye inyubako ya Bizimungu gufatwa n’inkongi y’umuriro

Editorial 11 Aug 2016
Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Editorial 24 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urubyiruko rw’Abahezanguni bahekuye u Rwanda rurakataje mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Urubyiruko rw’Abahezanguni bahekuye u Rwanda rurakataje mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 13 Jul 2018
Umufaransa Yavuze Ku Buryo Inkotanyi Zafashe Mpiri Abasirikare B’Abafaransa Muri Opération Turquoise
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umufaransa Yavuze Ku Buryo Inkotanyi Zafashe Mpiri Abasirikare B’Abafaransa Muri Opération Turquoise

Editorial 10 Apr 2018
Perezida Kagame yafunguye Kigali Arena, aha urubyiruko umukoro wo kugira u Rwanda igihangange
IMIKINO

Perezida Kagame yafunguye Kigali Arena, aha urubyiruko umukoro wo kugira u Rwanda igihangange

Editorial 10 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru