• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Brussels Airlines yizihije umunsi w’abagore ibaha kuyobora ingendo z’indege zayo

Brussels Airlines yizihije umunsi w’abagore ibaha kuyobora ingendo z’indege zayo

Ubwanditsi 08 Mar 2018 Mu Mahanga

Ikigo gikora ubwikorezi bw’indege, Brussels Airlines, cyifatanyije n’amahanga mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abagore, kibaha kuyobora ingendo z’indege zacyo zerekezaga i Berlin, Accra na Abidjan.

Umunsi Mpuzamahanga w’abagore wizihizwa buri mwaka ku wa 8 Werurwe, aba ari umwanya wo kureba ibimaze gukorwa, impinduka zikenewe no gushima umuhate w’abagore bagira uruhare rukomeye mu mateka y’ibihugu byabo n’aho batuye.

Brussels Airlines ivuga ko nk’ikigo gifite umubare munini w’abakozi b’abagore, iharanira ko bahabwa amahirwe angana n’ay’abagabo ku isoko ry’umurimo.

Uyu munsi urugendo SN2579 rwa Brussels Airlines rugana i Berlin mu Budage rwahawe kuyoborwa na Captain Sofie naho umwungirije aba Marie-Aude. Purser Liesbeth niwe washinzwe serivisi z’imbere mu ndege hamwe na Kaya na Gillie.

Ibingi bigo by’indege bihurira muri Lufthansa Group (Lufthansa, SWISS, Austrian na Eurowings) nabyo byakoresheje abagore mu ngendo zigana i Berlin. Muri ibyo bikorwa, iki kigo cy’indege kivuga ko hakenewe ko inzego zitandukanye z’Isi zirushaho kubahiriza ihame ry’uburinganire.

Mu bakozi bose mu nzego zitandukanye haba mu irishinzwe abakozi, kumenyekanisha ibikorwa, ibikorwa by’indege, ubukanishi, abakora imbere mu ndege n’abandi; abenshi muri Brussels Airlines ni abagore bangana na 51.6%. Naho mu bapilote iki kigo gifite 10% ni abagore, bituma kiza mu bya mbere ku Isi kuko impuzandengo ari 3%.

Uretse urugendo rugana Berlin rwakozwe n’abagore 100%, hari n’urugana Abidjan muri Côte d’Ivoire na Accra muri Ghana, aho muri ibyo bihugu, amashami ya Brussels Airlines asanzwe ayoborwa n’abagore.

Ruyobowe na Captain Daniela yungirijwe na Marie. Serivisi z’imbere mu ndege zikuriwe na Veronique, Patty, Xandra, Isabelle, Maité, Ingrid, Caroline na Peggy. Muri ubwo buryo ngo Brussels Airlines igamije kwimakaza uburinganire muri Afurika, aho iki kigo gifata nk’intaho yacyo ya kabiri ndetse Umunsi w’abagore ukaba wizihizwa cyane.

Umuyobozi muri Brussels Airlines, Diane Cauwenberghs yagize ati “Muri Brussels Airlines tubifata nk’ikintu gikomeye kwifatanya n’abandi ku Munsi Mpuzamahanga w’abagore binyuze mu gutegura ibintu nk’ibi kuko twumva neza akamaro k’uburinganire.”

“Twumva ko kugira umuryango n’akazi ukora ari ibintu by’ingenzi kandi duharanira gufasha bagenzi bacu, abagabo n’abagore ko buri muntu wese abasha kugera ku mahirwe yose ku kazi ke, kandi agahuza ubuzima bwe n’akazi akora,”

Guhera ku wa 1 Mata, iki kigo gikomeye cyo mu Bubiligi kizaba kinafite Umuyobozi Mukuru w’Umugore. Christina Foerster niwe mugore wa mbere uzaba ayoboye ikigo cy’indege muri Lufthansa Group.

Brussels Airlines ikora ingendo nyinshi ziva cyangwa zigana i Brussels, umurwa mukuru w’u Burayi. Ifite abakozi basaga 3600 n’indege 48 zikora ingendo 250 ku munsi, zigahuza Brussels n’ibyerekezo 90 mu Burayi, 24 muri Afurika, bitatu byo muri Amerika ya Ruguru na Tel Aviv na Mumbai.

2018-03-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘Bukeye kubera ko yaje kuba iturufu n’igishoro kimeze nk’icy’ubucuruzi ku butegetsi buriho’, barabihindura ‘bati oya ni Jenoside gusa”  -Padiri Nahimana

‘Bukeye kubera ko yaje kuba iturufu n’igishoro kimeze nk’icy’ubucuruzi ku butegetsi buriho’, barabihindura ‘bati oya ni Jenoside gusa” -Padiri Nahimana

Ubwanditsi 22 Nov 2016
Abamotari bafatanye urumogi mugenzi wabo

Abamotari bafatanye urumogi mugenzi wabo

Ubwanditsi 26 Aug 2016
Rwamagana : Umucuruzi  Rwabukamba Venuste yitabye Imana ku buryo butunguranye

Rwamagana : Umucuruzi Rwabukamba Venuste yitabye Imana ku buryo butunguranye

Ubwanditsi 10 Oct 2016
Tunisia na Burkina Faso zageze muri 1/4 cy’irushanwa ry’igikombe cya Afurika

Tunisia na Burkina Faso zageze muri 1/4 cy’irushanwa ry’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 24 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dushime Intwari zarubogoye, tugaya intati zarubogetse. Abatanze ubuzima mutabara ubwacu muri Intwari, abarugambaniye mubyita umuvuno, bizababera umuvumo!!
Amakuru

Dushime Intwari zarubogoye, tugaya intati zarubogetse. Abatanze ubuzima mutabara ubwacu muri Intwari, abarugambaniye mubyita umuvuno, bizababera umuvumo!!

Ubwanditsi 01 Feb 2021
Ivan Minnaert yirukanwe, babiri bari bamwungirije barahagarikwa
IMIKINO

Ivan Minnaert yirukanwe, babiri bari bamwungirije barahagarikwa

Ubwanditsi 12 Jun 2018
Ikimwaro kuri Loni na “Bangamwabo” Ingabire Victoire: Byemejwe, abimukira bari mu Bwongereza binyuranyije n’amategeko bazimurirwa mu Rwanda.
Amakuru

Ikimwaro kuri Loni na “Bangamwabo” Ingabire Victoire: Byemejwe, abimukira bari mu Bwongereza binyuranyije n’amategeko bazimurirwa mu Rwanda.

Ubwanditsi 23 Apr 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru