• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umwe mu biyita ko bagize Guverinoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro yitandukanyije na yo

Umwe mu biyita ko bagize Guverinoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro yitandukanyije na yo

Ubwanditsi 14 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Abdallah Akishuli, wari Umushinjacyaha Mukuru mu ngirwa Guverinoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro, yitandukanyije na yo nk’uko ubutumwa yacishije ku rukuta rwe rwa facebook buvuga.

Icyitwa Guverinoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro yashinzwe kuwa 20 Gashyantare 2017 ishingirwa mu gihugu cy’u Bufaransa maze Padiri Nahimana Thomas aba ari we ugirwa perezida, naho Abdallah Akishuri agirwa Minisitiri w’Intebe.

Kuwa 31 Nyakanga 2017, habayeho kuvugurura iyi ngirwa guverinoma, maze Abdallah Akishuli wari uyibereye Minisitiri w’Intebe agirwa Umushinjacyaha Mukuru, uwitwa Immaculee Kansiime aba ari we umusimbura kuri uwo mwanya.

 

Nk’uko itangazo yashyize ahagaragara mu masaha makeya ashize rifite umutwe ugira uti: “Gusezera mu Bikorwa bya guverinoma ikorera mu buhungiro”, rivuga, Abdallah Akishuli yagize ati: “Ba nyakubahwa mwese, nyuma yo gufata igihe gihagije cyo kubitekerezaho neza nifuje kubamenyesha icyemezo nafashe cyo gusezera ku mirimo nari nshinzwe y’umushinjacyaha mukuru ndetse no mu bikorwa byose bya guverinoma y’abaturage ikorera mu buhungiro.”

Abdallah Akishuli akaba asezeye ku mwanya yari amazeho amezi atageze kuri atanu, akaba avuye ku myanya ibiri ikomeye muri iyi guverinoma yo mu buhungiro itaramara umwaka ishinzwe.

Ingirwa guverinoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro ni baringa

Ku ikubitiro, ingirwa Guverinoma y’u Rwanda ikorera mu Buhungiro igishingwa yahise yamaganwa na bamwe mu bantu bari bayishyizwemo nyamara batabivuganye na Padiri Nahimana ariwe nyirayo.

Ni muri urwo rwego nyuma y’amasaha makeya imaze gushingwa, ishyaka PDP-Imanzi rya Deo Mushayidi ryahise rifata iya mbere ryamagana kuba uyu muyobozi waryo yinjijwe muri iyi guverinoma batabivuganye, aho mu itangazo iri shyaka ryashyize ahagaragara kuwa 20 Gashyantare 2017, ryahise ritangaza ko PDP-Imanzi n’umuyobozi waryo Mushayidi, ntaho bahuriye na guverinoma ikorera mu buhungiro.

Usibye PDP-Imanzi, ishyaka FDU-Inkingi rya Victoire Ingabire naryo ryahise ryamagana iyi guverinoma kubera ko uyu muyobozi waryo ufungiye mu Rwanda nawe amazina ye yagaragayemo batabimenyeshejwe.

2017-11-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gianni Infantino uyobora FIFA yashimye Perezida  Paul Kagame ukomeje guteza imbere Ruhago

Gianni Infantino uyobora FIFA yashimye Perezida Paul Kagame ukomeje guteza imbere Ruhago

Ubwanditsi 27 Jul 2024
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashyizeho abasenateri bane barimo Uwizeyimana Evode na Prof Dusingizemungu wayoboraga Umuryango Ibuka

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashyizeho abasenateri bane barimo Uwizeyimana Evode na Prof Dusingizemungu wayoboraga Umuryango Ibuka

Ubwanditsi 16 Oct 2020
U Rwanda rwiteguye gufatanya na Santarafurika mu rugendo rw’iterambere – Perezida Kagame

U Rwanda rwiteguye gufatanya na Santarafurika mu rugendo rw’iterambere – Perezida Kagame

Ubwanditsi 16 Oct 2019
Dusengimana Théogene yaba yarishwe n’inzego z’ubutasi za Uganda zifatanyije na RNC?

Dusengimana Théogene yaba yarishwe n’inzego z’ubutasi za Uganda zifatanyije na RNC?

Ubwanditsi 17 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda irahakana gukubita no gukomeretsa umumotari
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irahakana gukubita no gukomeretsa umumotari

Ubwanditsi 13 Jan 2016
Burundi: Uwayoboraga Imbonerakure yagizwe umuyobozi wa Radiyo na Televiziyo by’Igihugu
HIRYA NO HINO

Burundi: Uwayoboraga Imbonerakure yagizwe umuyobozi wa Radiyo na Televiziyo by’Igihugu

Ubwanditsi 15 Jul 2019
U Burundi bwafunze ibiganiro bya BBC n’Ijwi ry’Amerika
INKURU NYAMUKURU

U Burundi bwafunze ibiganiro bya BBC n’Ijwi ry’Amerika

Ubwanditsi 05 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru