• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Bugesera: Abamotari bongeye kwibutswa inshingano zabo basabwa gukora neza akazi kabo

Bugesera: Abamotari bongeye kwibutswa inshingano zabo basabwa gukora neza akazi kabo

Editorial 02 Feb 2016 Mu Mahanga

​Ku itariki ya 28 Mutarama, abamotari 200 bakorera mu karere ka Bugesera bibumbiye muri koperative yabo yitwa “Cooperative des Taxis Moto de Bugesera” (COTRAMOBU), bagiranye inama n’ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda muri aka karere, aho bibukijwe kunoza imikorere yabo, banasabwa by’umwihariko gukomeza ubufatanye mu ikumirwa ry’ibyaha.

Ushinzwe ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda, abaturage n’izindi nzego mu gukumira no kurwanya ibyaha (DCLO) muri aka karere, Assistant Inspector of Police (AIP) Cyprien Uwitonze yabwiye abo bamotari ati:” umwuga wanyu utuma muhura n’abantu benshi bakora ibikorwa binyuranye.

Mu bagenzi mutwara hashobora kwihishamo abanyabyaha b’ibyiciro bitandukanye nk’abajura, abacuruza ibiyobyabwenge n’abandi bagizi ba nabi. Mugomba rero kujya mushishoza, mwagira uwo mubona cyangwa mukekaho kuba yahungabanya umutekano cyangwa ari umunyacyaha ku rwego uru n’uru, mugahita mubitumenyesha kuko Polisi iba hafi yanyu buri gihe”.

AIP Uwitonze yakomeje anakangurira aba bamotari kubahiriza amategeko y’umuhanda bagatwara ibinyabiziga byabo bujuje ibyangombwa bibemerera gukora umwuga wabo, bakarangwa n’isuku ndetse bakajya bazigama kugira ngo biteze imbere. Ikindi yagarutseho ni uko bagomba nabo gufatanya n’inzego zose na Polisi y’u Rwanda kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa mu ngo.

Umuyobozi wa koperative yabo (COTAMOBU) Havugimana Eugène, yashimye uburyo Polisi y’u Rwanda muri aka karere ikomeje kubaba hafi. Yagize ati:” kuva mu mwaka w’2012 dushinga iyi koperative yacu, Polisi yatubaye hafi kugeza iki gihe. Polisi iraduhugura, ikumva ibibazo byacu byose ndetse ikanadufasha kubikemura. Yaturemyemo icyizere ku buryo dukorana neza rwose nta kwishishanya”.
Yasabye bagenzi be b’abamotari gukomeza ubu bufatanye na Polisi y’u Rwanda kugira ngo bakomeze biteze imbere.

RNP

2016-02-02
Editorial

IZINDI NKURU

Mu Rwanda haratangira inama y’abayobozi b’inzego z’Iperereza n’Umutekano za Afurika

Mu Rwanda haratangira inama y’abayobozi b’inzego z’Iperereza n’Umutekano za Afurika

Editorial 01 Aug 2016
Rwamagana: Abatwara abagenzi ku magare basabwe kugira uruhare mu kurwanya ibyaha

Rwamagana: Abatwara abagenzi ku magare basabwe kugira uruhare mu kurwanya ibyaha

Editorial 12 Sep 2016
Urugendo rwa mbere rwa Perezida Magufuli hanze y’igihugu arukoreye mu Rwanda

Urugendo rwa mbere rwa Perezida Magufuli hanze y’igihugu arukoreye mu Rwanda

Editorial 05 Apr 2016
Arabia Saoudite yemeye ko umunyamakuru Khashoggi yapfiriye muri ambasade yayo

Arabia Saoudite yemeye ko umunyamakuru Khashoggi yapfiriye muri ambasade yayo

Editorial 20 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda irasaba kwitwararika umutekano w’abanyeshuri bajya mu biruhuko
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irasaba kwitwararika umutekano w’abanyeshuri bajya mu biruhuko

Editorial 20 Jul 2016
Kisangani :“Twatsinze Uganda inshuro eshatu”-Kagame
INKURU NYAMUKURU

Kisangani :“Twatsinze Uganda inshuro eshatu”-Kagame

Editorial 01 Apr 2019
Barasabwa gukomeza kwandika kuri Jenoside yakorewe Abatutsi
Mu Mahanga

Barasabwa gukomeza kwandika kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 13 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru