• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Abadashyigikiye ivugururwa ry’Itegeko Nshinga batangiye guterwa ubwoba

Burundi: Abadashyigikiye ivugururwa ry’Itegeko Nshinga batangiye guterwa ubwoba

Editorial 02 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Mu gihe ubutegetsi bw’u Burundi buteganya amatora ya referendumu muri Gicurasi uyu mwaka, abatavuga rumwe n’ubutegetsi n’abadashyigikiye ko Itegeko Nshinga rivugururwa batangiye guterwa ubwoba.

Ibikorwa byo kwegera abaturage no kubasobanurira ingingo zizavugururwa mu itegeko Nshinga, rizaha amahirwe Perezida Nkurunziza yo kuguma ku butegetsi kugeza nibura mu 2034 , byaratangijwe.

Mu bigaragara ngo ubutegetsi bw’u Burundi buri gushishikariza rubanda kuzatora ‘yego’ aho abashaka guhingutsa ‘oya’ batazihanganirwa.

Inkuru ya RFI ivuga ko abarwanashyaka ba FNL ya d’Agathon Rwasa basaga 40 bamaze gutabwa muri yombi kuva mu Ukuboza umwaka ushize.

Iyi nkuru ikomeza ivuga ko mu minsi itatu ishize hari video yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga no mu Ntara ya Muyinga yasize ubwoba mu butavuga rumwe n’ubutegetsi.

Iyo video igaragaza umuyobozi w’ishyaka riri ku butegetsi muri ako gace ashishikariza abaturage gufata no gushyikiriza ubutegetsi umuntu wese bazaboba akangurira abandi kuzatora ‘oya’.

Mu minota itatu n’amasegonda 11 iyi video imara, uyu muyobozi wa CNDD-FDD, akaba n’umunyamabanga wa komini Butihinda, yatanze ubu butumwa ku baturage b’ahitwa Gahahe, bari bitabiriye ibikorwa by’umuganda.

Yagize ati « Mubacungire hafi igihe cyose kuko bagamije gutoba; uwo muzafata ashishikariza abandi gutora ‘oya’ muzamudushyikirize. Si ngombwa ko polisi izirirwa ibizamo ; ‘abadutobera tuzakura amenyo ni bene abo’ »

Abo uyu mutegetsi yakomozagaho ngo ni abakora na FNL ya Agathon Rwasa n’abagaragaje ko badashyigikiye manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza, yatsindiye mu 2015.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bagaragaje ko hari kubibwa umwuka w’iterabwoba hagamijwe kuzatoresha ‘yego’ ku ngufu.

2018-02-02
Editorial

IZINDI NKURU

Abagaragu ba Rujugiro Triibert mu mazi abira kubera ubugome,ubujura n’ubugambanyi.

Abagaragu ba Rujugiro Triibert mu mazi abira kubera ubugome,ubujura n’ubugambanyi.

Editorial 14 Jul 2020
Menya ibyavuye mu Kiganiro n’Abanyamakuru: Perezida Kagame yagarutse ku mubano wa Sebarundi n’u Rwanda

Menya ibyavuye mu Kiganiro n’Abanyamakuru: Perezida Kagame yagarutse ku mubano wa Sebarundi n’u Rwanda

Administrator 27 Nov 2025
Umuyobozi wa OMS yashimye umuhate wa Perezida Kagame mu kwita ku buzima mu Rwanda

Umuyobozi wa OMS yashimye umuhate wa Perezida Kagame mu kwita ku buzima mu Rwanda

Editorial 12 Jan 2018
Imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Congo-Kinshasa imaze kugera kuri 266

Imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Congo-Kinshasa imaze kugera kuri 266

Editorial 19 Apr 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RGB yagize icyo ivuga kubasha gusenga shitani
Mu Mahanga

RGB yagize icyo ivuga kubasha gusenga shitani

Editorial 29 Mar 2016
Rwanda: Amafaranga  ashyirwa mu buzima yatumye kuramba biva ku myaka 50
UBUKUNGU

Rwanda: Amafaranga ashyirwa mu buzima yatumye kuramba biva ku myaka 50

Editorial 08 Mar 2018
Julien Mette wari umaze amezi 5 ari Umutoza wa Rayon Sports yayisezeyeho nyuma yo kubuzwa gutoza umukino bahuye na APR FC
Amakuru

Julien Mette wari umaze amezi 5 ari Umutoza wa Rayon Sports yayisezeyeho nyuma yo kubuzwa gutoza umukino bahuye na APR FC

Editorial 17 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru