• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi   |   25 Jun 2025

  • Tuyishime Placide uzwi nka Trump yakoze ihererekanyabubasha na Nsengiyumva Richard umusimbuye mu kuyobora Musanze FC   |   25 Jun 2025

  • Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda   |   25 Jun 2025

  • Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”   |   24 Jun 2025

  • Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga   |   24 Jun 2025

  • AMAFOTO: APR FC yerekanye abakinnyi bashya barimo uwabaye umukinnyi mwiza muri Burkina Faso   |   22 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Burundi: Utazi umwanzi acirira FDLR.

Burundi: Utazi umwanzi acirira FDLR.

Editorial 28 Sep 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Muri iki cyumweru dusoza, muri Kivu y’Amajyaruguru habaye icyiswe”imirwano” hagati y’igisirikari cya Kongo, FARDC, n’ umutwe w’iterabwoba wa FDLR, ariko abasesenguzi bakemeza ko ryari ikinamico ryo kubeshya amahanga, ngo yibwire ko Tshisekedi arimo gushyira mu bikorwa ibyemezo bya Luanda, birimo no gusenya FDLR.

Ryari ikinamico kuko FARDC itakwikora mu nda. Birazwi ko iyo FDLR ari ukuboko kw’iburyo kwa Tshisekedi, kuyifatiye runini mu kurwanya M23.

Icyerekana ko ari ikinamico, ni amakuru avuga ko FARDC yabanje kuburira umukuru wa FDLR, Jenerali Ntawunguka Pacifique”Omega”, maze we n’abarwanyi be bava ahagombaga kuraswa bya nyirarureshwa.

Ni agakino kagaragarira buri wese. N’ikimenyimenyi nta n’umuntu nibura umwe watangajwe ko yaguye muri iyo” mirwano”.

Ryaba ikinamico ryagira ariko, biraca amarenga ko Tshisekedi yatangiye kumva igitutu cy’umuryango mpuzamahanga, kimusaba gusenya, cyangwa se nibura kwitandukanya na FDLR, ifatwa nk’ipfundo ry’umutekano muke muri Kongo no mu karere kose.

Kubera ariko ko Tshisekedi atatinyuka kwivanaho umufatanyabikorwa mu mugambi wo guhirika ubutegetsi bw’uRwanda, yize amayeri yo kwimurira ibirindiro bya FDLR mu Burundi, cyane ko ari nko kwisanga, kuko FDLR na CNDD-FDD ya Perezida Evariste Ndayishimiye ari impanga.

Abakurikiye ikiganiro( space ku rubuga rwa”X”) cyateguwe na SOS Media Burundi , ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu, tariki 28 Nzeri 2024, biyumviye ubuhamya bwemeza ko abarwanyi ba FDLR ubu barimo kwisukiranya mu ishyamba rya Kibira mu majyaruguru y’u Burundi, rifatanye n’irya Gishwati ryo mu Rwanda.

Ibi birashimangira ibyatangajwe n’abandi benshi babyiboneye, bagarutse ku nama zimaze iminsi zihuza igisirikari cy’uBurundi n’imitwe yitwaje intwaro y’Abanyarwanda. Amatariki izo nama zabereyeho, aho zabereye n’abazitabiriye, byashyizwe ahagaragara.

Muri iyo ‘space”, abahanga muri politiki y’aka karere k’Ibiyaga Bigari, barimo n’abanyamakuru bamaze imyaka bakurikiranira hafi imikorere y’imitwe yitwaje intwaro muri aka karere, bagaragaje ko ingoma ya CNDD-FDD nta gihe itakoranye na FDLR, FLN ya Rusesabagina n’ indi igerageza guhungabanya umutekano w’uRwanda, ko ariko yari itaragera aho iha abajenosideri ba FDLR ibirindiro ku butaka bw’u Burundi.

Ni icyemezo izo mpuguke zifata nk’ubugome ariko buvanze n’ubwiyahuzi bwa Perezida Ndayishimiye, kuko zitabona ubuhangange arusha Tshisekedi watangiye kugaragaza ubwoba bwo gucumbikira abajenosideri, isi yose ivumira ku gahera.

Izo mpuguke zibukijwe ko FDLR atari abanzi b’uRwanda gusa, ko ahubwo ibikorwa byayo bya kinyamaswa biyigira umwanzi w’inyokomuntu aho iva ikagera.

Icyo kwibaza rero: Ni gute u Burundi busanganywe isura mbi cyane mu bijyanye n’uburenganzira bwa muntu, bwakwirengera igitutu cyo guha rugari FDLR, yamaganwa n’ibihugu ndetse n’imiryango mpuzamahanga ishyira mu gaciro?

Uretse ariko n’icyo gitutu cy’amahanga, u Burundi bwagombye kuba bwarakuye isomo ku baturage ba Kongo, bakoze amahano yo guhisha no guhishira umurozi none akaba abamazeho urubyaro. Umubare w’ abakongomani bishwe na FDLR, imitungo yabo yasahuwe, abagore basambanyijwe ku ngufu, n’ibindi bizazane byakuruwe na FDLR muri Kongo, abagambanyi nka Tshisekedi na Ndayishimiye nibo bonyine babyifuriza Abarundi.

Gucumbikira FDLR mu Burundi bishimangiye ko ubutegetsi bwa CNDD-FDD busangiye na FDLR ingengabitekerezo ya “Hutu-pawa”. Gusigasira FDLR rero, ni ukongera ibinyoro mu bibembe, kuko n’ubu Abarundi byabananiye kwigobotora ingaruka z’ayo macakubiri.

Byanze bikunze ibintu bigiye kujya irudubi mu Burundi, kuko guturana na FDLR ari nko gutwara ifumba y’umuriro mu mpuzu.

Kongo umwuka urayihetanye, kandi yo nibura ni igihugu gifite ubuso bunini aho iyo mitwe irwanira, kikagira umutungo kamere utunga iyo mitwe, ndetse ubwo bukungu bukanayikingira ikibaba, amahanga akirengagiza ko ubutegetsi bukorana n’imitwe y’abagizi ba nabi nka FDLR .

Niba rero iyo Kongo igeze aho inanirwa, nk’uBurundi butagira n’urwara rwo kwishima, bufite ibihe bitugu byo kwakira Kongo uyu mutwaro uyinaniye?

CNDD-FDD yo ishobora kumva nta terambere rinini ifite ryo kurinda, ariko abaturage nibahaguruke, bayibuze gukomeza gushyira ubuzima bwabo mu kaga.

Perezida Ndayishimiye akwiye kumva ko CNDD-FDD itakiri umutwe w’inyeshyamba, ko ubu iramutswa igihugu, ikaba ifite inshingano zo kurengera inyungu z’abenegihugu bose.

2024-09-28
Editorial

IZINDI NKURU

Imashini zikora itabi zo kwa Rwigara zatejwe  cyamunara kuri miliyari 1.7 Frw

Imashini zikora itabi zo kwa Rwigara zatejwe cyamunara kuri miliyari 1.7 Frw

Editorial 18 Jun 2018
Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Editorial 04 Jan 2018
Impamvu u Rwanda rwafashe umwanzuro wo kuva k’umupaka uhuriweho (One Stop Border Post) n’abarundi wa Ruhwa

Impamvu u Rwanda rwafashe umwanzuro wo kuva k’umupaka uhuriweho (One Stop Border Post) n’abarundi wa Ruhwa

Editorial 21 Feb 2018
Ntawanga ingabire Victoire nk’umuntu, icyo Abanyarwanda banga ni imyitwarire ye

Ntawanga ingabire Victoire nk’umuntu, icyo Abanyarwanda banga ni imyitwarire ye

Editorial 24 Jun 2023
Imashini zikora itabi zo kwa Rwigara zatejwe  cyamunara kuri miliyari 1.7 Frw

Imashini zikora itabi zo kwa Rwigara zatejwe cyamunara kuri miliyari 1.7 Frw

Editorial 18 Jun 2018
Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Editorial 04 Jan 2018
Impamvu u Rwanda rwafashe umwanzuro wo kuva k’umupaka uhuriweho (One Stop Border Post) n’abarundi wa Ruhwa

Impamvu u Rwanda rwafashe umwanzuro wo kuva k’umupaka uhuriweho (One Stop Border Post) n’abarundi wa Ruhwa

Editorial 21 Feb 2018
Ntawanga ingabire Victoire nk’umuntu, icyo Abanyarwanda banga ni imyitwarire ye

Ntawanga ingabire Victoire nk’umuntu, icyo Abanyarwanda banga ni imyitwarire ye

Editorial 24 Jun 2023
Imashini zikora itabi zo kwa Rwigara zatejwe  cyamunara kuri miliyari 1.7 Frw

Imashini zikora itabi zo kwa Rwigara zatejwe cyamunara kuri miliyari 1.7 Frw

Editorial 18 Jun 2018
Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Editorial 04 Jan 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru