• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Burundi: Willy Nyamitwe ashishikariza Abarundi bahunze gutaha mu gihe umuryango we uheze mu buhungiro

Burundi: Willy Nyamitwe ashishikariza Abarundi bahunze gutaha mu gihe umuryango we uheze mu buhungiro

Editorial 08 Jan 2018 POLITIKI

Abarundi bahungiye mu mujyi wa Portland, ho muri Leta ya Maine muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bamaganye uruzinduko rw’Umujyanama muri perezidansi y’u Burundi, Willy Nyamitwe, muri uyu mujyi bivugwa ko wanahungiyemo umuryango we.

Umwe mu barundi bateguye imyigaragambyo yo kwamagana uru rugendo, Philemon Dushimire, avuga ko Abarundi bose bari muri uyu mujyi bahunze ubutegetsi Willy Nyamitwe ahagarariye ku rwego rwo hejuru, akavuga ko bashakaga kwereka ababahaye ubuhungiro impungenge bafite ku makuru bumva hirya no hino avuga ko Willy Nyimitwe ashobora kuba yari agiye gusura umuryango we uba muri Portland.

Aba barundi rero ngo bakaba barashakaga kwerekana kwivuguruza kumvikana mu mvugo z’abayobozi b’u Burundi, aho kuba umuyobozi wo ku rwego nk’uru umuryango we warahunze ari ikimenyetso cy’uko ibyo bahunze ari ukuri mu Burundi nta mutekano uhari.

Abajijwe niba bizeye ko ubutumwa bashakaga gutanga bwageze ku bo bashakaga kubugezaho, uyu Murundi yasubije ko hari abanyamakuru kubw’ibyo ibyo babonye babitangaje abashinzwe guta ubuhungiro muri Amerika bakaba barabonye ko abahunze bari bafite impamvu.

Mu kiganiro yahaye Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru, umujyanama mukuru muri perezidansi y’u Burundi, Willy Nyamitwe, yasubije ko abitabiriye iyi myigaragambyo bari bakeya kandi banze gufotorwa, akemeza ko aba icyo baharanira nabo batakemera.

Umwe mu bari bateguye iyi myigaragambyo yabaye kuwa 06 Mutarama 2018, we avuga ko kuba hari abanze gufotorwa ari ikindi kimenyetso cy’uko batinya umutekano w’imiryango yabo iri mu Burundi.

Naho ku ruhande rwe, Willy Nyamitwe avuga ko iyi atayifata nk’imyigaragambyo. Ati: Urebye uko bari bagerageje gutumira abantu, biragaragara ko atari ibintu Abarundi bari bifuje gukora,kuko iyo banze kubyitaba, n’uko biba bitari ku mutima.”

Yongeyeho ko abateguye iyi myigaragambyo ari agatsiko bazi k’abantu bagiye babeshya babeshyera igihugu bavuga ko hari jenoside, ahubwo bikaba byarafashije ko ukuri kwahise kujya ahagaragara kuko byabaye ngombwa ko basobanurira abanyamakuru ko abo bantu ari abirirwa babeshya ko mu Burundi hari kuba jenoside. Ati: “Mu gihe mu Burundi tuzi ko Abarundi bishyira bakizana, hari amahoro nta jenoside ihari.”

Yabajijwe icyo avuga ku kuba umugore we n’abana nabo bari mu buhungiro mu gihe avuga ko mu Burundi hari amahoro, asubiza ko ari byo ariko avuga n’impamvu yabyo.

Yagize ati: “Murabizi neza ko habayeho gushaka kunyica, icyo gihe umugore rero n’abana bari mu rugo  bagize ubwoba babonye ko hari abarimo kubakurikirana…ibyo rero nibyo byatumye umugore ahita agira ubwoba amera nk’uwegeyeyo gatoya, aba rero muri uyu mujyi.”

Philemon Dushimire afashe ibendera ry’u Burundi mu myigaragambyo yo kuwa 06 Mutarama 2017 muri Portland

Umunyamakuru yamubajije uko ahuza uku kwegerayo k’umuryango we no kuvuga ko Abarundi bari muri Maine babeshya mu Burundi hari umutekano, abazwa nib anta kwivuguruza kurimo, asubiza ko abo Barundi yavuze atari bose ahubwo hari agatsiko gafite aho gahuriye n’abashatse guhirika ubutegetsi karimo kuvugira Abarundi bose.

Ikinyamakuru pressherald cyatangaje ko Willy Nyamitwe yari yagiye gusaba umuryango we gutaha ariko umugore agakomeza gutsimbarara avuga ko yumva yaba adatekanye, we avuga ko ari ibisanzwe, kuko yabonye umugabo we agiye kwicwa agakizwa n’Imana ndetse akabona abantu bagenda bicwa hirya no hino baterwa amagrenade cyangwa hari abagerageza kwihorera, bikaba byatuma yumva mu mutima we adatekanye kandi ngo ibi byaba ku Murundi wese n’ibisanzwe.

 

2018-01-08
Editorial

IZINDI NKURU

Nta terambere rishoboka bikozwe n’umuntu umwe kabone nubwo yaba Perezida-Kagame

Nta terambere rishoboka bikozwe n’umuntu umwe kabone nubwo yaba Perezida-Kagame

Editorial 13 Mar 2017
Tshisekedi yabaye iciro ry’imigani mu Burayi n’Amerika kubera guhuzagurika muri politiki ye y’ububanyi n’amahanga

Tshisekedi yabaye iciro ry’imigani mu Burayi n’Amerika kubera guhuzagurika muri politiki ye y’ububanyi n’amahanga

Editorial 17 May 2024
Urukiko Mpuzamahanga rwasabwe gukurikirana Perezida Nkurunziza

Urukiko Mpuzamahanga rwasabwe gukurikirana Perezida Nkurunziza

Editorial 31 Oct 2019
Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo

Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo

Editorial 30 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri Lesotho Thabane yatsinze amatora uwo bahora bagambanirana
POLITIKI

Muri Lesotho Thabane yatsinze amatora uwo bahora bagambanirana

Editorial 12 Jun 2017
Senateri Tito yavuze ku budasa bwagaruriye u Rwanda umucyo nyuma ya Jenoside
POLITIKI

Senateri Tito yavuze ku budasa bwagaruriye u Rwanda umucyo nyuma ya Jenoside

Editorial 17 Apr 2018
Uwamahoro yatorewe kuba Meya wa Nyamagabe asimbuye Mugisha wahagaritswe
Mu Rwanda

Uwamahoro yatorewe kuba Meya wa Nyamagabe asimbuye Mugisha wahagaritswe

Editorial 09 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru