• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Bwa mbere mu myaka 26, Kabuga Felesiyani yagaragaye muruhame

Bwa mbere mu myaka 26, Kabuga Felesiyani yagaragaye muruhame

Editorial 21 May 2020 INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’iminsi  4 gusa  afatiwe mpiri mu nkengero za Paris,Umurwa Mukuru w’Ubufaransa,  kuri uyu wa gatatu tariki 20 Gicurasi 2020, Kabuga  Felesiyani yagekjejwe imbere y’urukiko rw’I Paris, kugirango amenyeshwe ibyaha  7 aregwa, birimo ubufatanyacyaha  mu gucura no gushyira mu bikorwa umugambi wa Jenosi, n’ibindi byaha byibasiye inyokomuntu.

Kabuga Felisiyani yinjiye mu rukiko  arinzwe n’abapolisi benshi, ari mu gatebe k’abafite ubumuga,agaragaza ubwoba bwinshi, mu ipantaro y’ikoboyi(jeans) y’ubururu n’umupira w’imbeho, ndetse yambaye agapfukamurwa. Mu ijwi  rinaniwe, Kabuga yemereye abacamanza ko umwirondoro wasomwe ari uwe koko, anongeraho ko yavutse mu mwaka w’1933, aho kuba wuw’1935 nk’uko byari byajyaga bivugwa.

Bakimara gusomerwa ibyaha  Kabuga aregwa, byose barabihakanye, ndetse banatangaza ko ngo biteguye kurega itangazamaku, imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu, n’abandi ngio bamwise umwicanyi ruharwa, kandi ari “umutagatifu”.

Ubushinjacyaha muri uru rubanza bwahise busaba  urukiko ko rwakohereza Kabuga Felisiyani I La haye mu Buholandi, muri gereza  y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, mbere y’uko ajyanwa Arusha muri Tanzaniya, kugirango aburanishwe n’urwego rwahawe inshingano zo kurangiza imanza z’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda.

N’ubwo nta rubanza rwabaye kuri uyu wagatatu,  agifatwa Kabuga Felisiyani n’ubwunganizi bwe bavuze ko  ibyo kuburanira Arusha batabishaka, ngo ahubwo yazaburanishirizwa mu Bufaransa, kuko ariho yizeye ubutabera nyabwo.

Ababikurikiranira hafi barahamya ko icyemezo cy’ikiko zo mu Bufaransa gishobora kuzamara ibyumweru byishi, kuko zizakenera gusesengura ibivugwa n’impande zombi, mbere yo gufata icyemezo.

N’ikimenyimenyi ubwunganizi bwa Kabuga bwahise busaba ko urubanza rw’ejo rwahita rusubikwa mu gihe cy’iminsi 8 ngo kugirango barusheho kwitegura, kandi amategeko yo mu Bufaransa arabyemera.

Hagati aho ariko, imiryango  iharanira inyungu z’Abarokotse genoside yakorewe Abatutsi, ntiyahweme gusaba ko Felisiyani Kabuga yakoherezwa kuburanira mu Rwanda, ahabereye ibyaha aregwa, nk’uko byagenze  ku bandi amahanga yoherereje ubutabera bw’uRwanda, nka ruharwa  Leon Mugesera, Jean UWINKINDI n’abandi, kugeza ubu ntawe uranenga ubutabera bahabwa.

Tugarutse ku ifatwa rya Felisiyani Kabuga, hari ibihuha byatangiye gukwirakwizwa n’abo mu muryango we, ibigarasha n’abandi ba “kanywamaraso”, ko  yaba yaragize ubutwari bwo kwishyikiriza ubutabera. Ibi ni ibitabapfu, kuko Kabuga wari umaze imyaka 26 ahigishwa uruhindu, yarafashwe.

Amakuru dukesha REUTERS avuga ko, Eric Emeraux ukuriye  urwego wa Polisi rushinzwe ibyaha byibasira inyokomuntu, ari narwo rwafashe Kabuga, yatangaje ko abasore 16 bazobereye mu gufata abashinjwa ibikorwa by’iterabwoba, aribo bafashe Kabuga, babanje kumugotera mu nyubako yabanagamo n’umuhungu we Donatien  NDAYISHIMYE.

Eric Emeraux yabwiye Reuters ko  Kabuga bamusanganye pasiporo z’ibihugu byinshi bya Afrika, birimo amazina  ye y’amahimbano agera muri 28.

Eric Emeraux yahamije ko ngo ijoro ryose baraye bari bufate kabuga atasinziriye, ndetse ngo  bemeye ko ari Kabuga Felisiyani bafashe koko, ari uko bafashe ibipimo bye bya ADN, bakabigereranya n’ibyo bigeze kumufata muw’2007, ubwo yari arwariye mu bitaro bya Frankfurt mu Budage.

Andi makuru arahamya ko “Guma mu Rugo” yafashije cyane  mu itabwa muri yombi rya Kabuga, kuko nyuma y’amezi 2 inzego z’umutekano zikeka aho yaba yihishe, ari naho zamusanze, atashoboraga kuhava ngo yimikire ahandi nk’uko yari asanzwe abigenza.

 

2020-05-21
Editorial

IZINDI NKURU

René Mugenzi yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri azira kwiba amaturo ya Kiliziya, ibi bibaye nyuma yuko we na Ally Yussuf Mugenzi wa BBC bacucuye impunzi ngo barabashakira ibyangombwa

René Mugenzi yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri azira kwiba amaturo ya Kiliziya, ibi bibaye nyuma yuko we na Ally Yussuf Mugenzi wa BBC bacucuye impunzi ngo barabashakira ibyangombwa

Editorial 24 Oct 2020
Joseph Mugenzi nawe mu gihome nyuma y’umuhungu we Rene Mugenzi, akurikiranweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi

Joseph Mugenzi nawe mu gihome nyuma y’umuhungu we Rene Mugenzi, akurikiranweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 27 Oct 2020
Kayumba Nyamwasa yihimuye kuri Prossy Bonabana na Sula Nuwamanya ahagarikisha SWI Umuryango bashakiragamo amaramuko

Kayumba Nyamwasa yihimuye kuri Prossy Bonabana na Sula Nuwamanya ahagarikisha SWI Umuryango bashakiragamo amaramuko

Editorial 21 Aug 2021
U Burundi bwasubije Congo abarwanyi 34 ba Mai-Mai bari barahahungiye imirwano

U Burundi bwasubije Congo abarwanyi 34 ba Mai-Mai bari barahahungiye imirwano

Editorial 03 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura
Amakuru

Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura

Editorial 08 Oct 2025
UBUHAMYA : Umwe mu barokotse igitero cyo ku Kitabi arabara iryo yahaboneye
ITOHOZA

UBUHAMYA : Umwe mu barokotse igitero cyo ku Kitabi arabara iryo yahaboneye

Editorial 19 Dec 2018
Abanduye Coronavirus mu Rwanda biyongereyeho 13 bagera ku 102
HIRYA NO HINO

Abanduye Coronavirus mu Rwanda biyongereyeho 13 bagera ku 102

Editorial 05 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru