• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Iminsi irabarirwa ku ntoki ngo Vincent Murekezi ukekwaho Jenoside agezwe mu Rwanda

Iminsi irabarirwa ku ntoki ngo Vincent Murekezi ukekwaho Jenoside agezwe mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Dec 2016 ITOHOZA

Umucamanza mu rukiko rwa Lilongwe muri Malawi yasubitse urubanza rwa Vincent Murekezi ukekwaho Jenoside yakorewe Abatutsi iminsi 21, kugira ngo leta ibone umwanya wo kumukoraho iperereza no kwiga ku busabe bw’u Rwanda bwo kumwohereza kuburanishwa ku byaha akekwaho.Iminsi iba myinshi igahimwa numwe gusa.

Umucamanza Patrick Chirwa yafashe icyo cyemezo kuwa Kabiri ubwo Murekezi yagezwaga mu rukiko nyuma yo gutabwa muri yombi mu cyumweru gishize, hagendewe ku mpapuro zatanzwe n’u Rwanda zigaragaza uruhare rwe muri Jenoside.

Steve Kayuni wari uhagarariye umuyobozi w’ubushinjacyaha bwa Repubulika, yasabye urukiko guha leta ya Malawi iminsi 21 ngo irangize ibijyanye no kohereza mu Rwanda Murekezi, kandi habeho n’ibiganiro byimbitse hagati ya Malawi n’u Rwanda.

Ikinyamakuru Nyasa Times cyanditse ko zimwe mu mpamvu zashingiweho ari uko Jenoside ari icyaha gikomeye bityo ari yo mpamvu leta ikeneye umwanya wo gusuzuma inyandiko zose zatanzwe n’u Rwanda kugira ngo amategeko yubahirizwe.

Yakomeje asaba ko hakwitabwa ku mategeko mpuzamahanga, aho Malawi itegetswe kohereza mu Rwanda Murekezi cyangwa ikamuburanisha.

Kayuni yanabwiye urukiko ko Murekezi akurikiranyweho ibindi byaha bya ruswa nkuko byagaragajwe mu 2008 n’ikigo gishinzwe kurwanya ruswa (ACB) n’ikigo cya Malawi gishinzwe imisoro n’amahoro (MRA), agomba kuzisobanuraho mbere yo koherezwa mu Rwanda.

Yagize ati “Murekezi afite ikindi kirego cya ruswa yagombaga kwisobanuraho imbere y’ikigo gishinzwe kurwanya ruswa n’ikigo cya Malawi gishinzwe imisoro n’amahoro, ariko muri 2008 ahungira muri Zimbabwe yihishayo, biragorana gukemura icyo kibazo kuko yahungiye kuri pasiporo ya Malawi.”

Umwunganizi mu mategeko wa Murekezi, Gift Katundu, yavuze ko leta itari ikwiye kuzana ibindi birego mu gihe umukiliya we arimo kwisobanura ku bijyanye no koherezwa mu Rwanda kuburanishwa ku byaha bya Jenoside akekwaho.

Murekezi afungiye muri gereza ya Maula mu Mujyi wa Lilongwe ategereje ko iminsi 21 ishira ngo asubire mu rukiko.

-5047.jpg

Murekezi akurikiranyweho ibyaha birimo kugira uruhare mu mugambi wo gucura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi hagati ya 1991 na Nyakanga 1994, yakoreye muri Butare-Ngoma, cyane mu yahoze ari segiteri Tumba. Ari mu bayoboye ibitero, kugenzura za bariyeri, gukoresha inama n’ibindi bikorwa.

2016-12-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

France 24 yongeye kotswa igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda

France 24 yongeye kotswa igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda

Ubwanditsi 13 Sep 2018
Zimbabwe: Abanyarwanda bafashwe bashaka gutorokana amamiliyoni

Zimbabwe: Abanyarwanda bafashwe bashaka gutorokana amamiliyoni

Ubwanditsi 07 Jun 2016
‘Ndakubwira ko bazakubitwa n’inkuba (NATO), bazumirwa, wowe uratinya iki?’ – PEREZIDA PUTIN

‘Ndakubwira ko bazakubitwa n’inkuba (NATO), bazumirwa, wowe uratinya iki?’ – PEREZIDA PUTIN

Ubwanditsi 22 Nov 2016
Abatavuga rumwe na Leta ya Nkurunziza basabye abakuru b’ibihugu bya EAC gufatira ibihano Leta y’u Burundi

Abatavuga rumwe na Leta ya Nkurunziza basabye abakuru b’ibihugu bya EAC gufatira ibihano Leta y’u Burundi

Ubwanditsi 31 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubukene buravuza ubuhuha muri RNC umunyemali Rujugiro yahagaritse inkunga
ITOHOZA

Ubukene buravuza ubuhuha muri RNC umunyemali Rujugiro yahagaritse inkunga

Ubwanditsi 30 Aug 2016
Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku mutekano mu Budage
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku mutekano mu Budage

Ubwanditsi 16 Feb 2018
Itwikwa ry’urugo rwa Kabila ni ukumugaragariza yuko ubuze inda yica umujyi
INKURU NYAMUKURU

Itwikwa ry’urugo rwa Kabila ni ukumugaragariza yuko ubuze inda yica umujyi

Ubwanditsi 27 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru