• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»CAN 2019: Maroc yatsinze Namibia mu mukino wasifuwe n’Umunyarwanda

CAN 2019: Maroc yatsinze Namibia mu mukino wasifuwe n’Umunyarwanda

Editorial 24 Jun 2019 HIRYA NO HINO, IMIKINO

Maroc yatangiye neza mu Gikombe cya Afurika cya 2019, aho yatsinze Namibia igitego 1-0 mu mukino wabimburiye iyindi yo mu itsinda D wabereye kuri Al Salam Stadium mu Mujyi wa Cairo.

Uyu mukino wayobowe n’umusifuzi w’Umunyarwanda, Hakizimana Louis, wabaye kuri iki Cyumweru, tariki ya 23 Kamena 2019.

Ibikoko by’Inkazi nk’uko Ikipe y’Igihugu ya Namibia yitwa, byihagazeho muri uyu mukino, aho byashakaga gutahana inota rimwe, ariko rutahizamu Keimune yitsinda igitego habura iminota ibiri ngo umukino urangire, ubwo yashakaga gukiza izamu kuri coup-franc yatewe na Hakim Ziyech.

Maroc y’umutoza Hervé Renard yagowe cyane no kubona aho imenera mu bwugarizi bukomeye bwa Namibia, biba ngombwa ko itangira gushakira ku mipira y’imiterekano.

Nabil Dibar yananiwe gutsindira Maroc ku buryo bwiza yabonye ku munota wa 10, umunyezamu ashyira umupira muri koruneri mu gihe na Namibia yabonye ubundi buryo nk’ubu, kapiteni wayo Ronald Ketjijere atera umupira hejuru y’izamu.

Hakim Ziyech usanzwe ukinira Ajax yo mu Buholandi, na we yabonye uburyo bubiri bwiza ku ruhande rwa Maroc ku munota wa 23 n’uwa 36, imipira yose yateye ijya hanze y’izamu mu gihe uyu musore yongeye kubona ubundi buryo ku wa 72, umunyezamu Loydt Kazapau akuramo umupira n’ikirenge nyuma y’uko wari uhinduriwe icyerekezo na bagenzi be.

Ziyech yeteye coup-franc yo ku munota wa 88, rutahizamu wa Namibia, Itamunua Keimune ashyizeho umutwe, umupira uruhukira mu izamu rye ndetse Maroc ibona igitego cyayihaye intsinzi muri uyu mukino wa mbere.

Undi mukino wo muri itsinda D utegerejwe kuri uyu wa Mbere saa 16:30, aho Côte d’Ivoire icakirana na Afurika y’Epfo.

Maroc izasubira mu kibuga ku wa Kane tariki ya 28 Kamena, ihura na Côte d’Ivoire mu gihe Afurika y’Epfo izakina na Namibia.

 

Hakizimana Louis yayoboye umukino Maroc yatsinzemo Namibia mu Gikombe cya Afurika kiri kubera mu Misiri

 

Uyu ni we musifuzi w’Umunyarwanda uri mu gikombe cya Afurika

 

Hakizimana Louis aha ikarita y’umuhondo Keimuine wa Namibia wari umaze kwitsinda igitego
Inkuru ya IGIHE

 

2019-06-24
Editorial

IZINDI NKURU

Ikipe ya Real Madrid ndetse na Manchester City zageze muri 1/2 cya UEFA Champions League basangayo Chelsea na Paris St Germain.

Ikipe ya Real Madrid ndetse na Manchester City zageze muri 1/2 cya UEFA Champions League basangayo Chelsea na Paris St Germain.

Editorial 15 Apr 2021

FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka

Editorial 22 Dec 2025
Mu nama yatorewemo Motsepe nk’umuyobozi mushya wa CAF, Ethiopia yahawe kwakira CECAFA y’ibihugu, Tanzaniya ihabwa Kagame Cup.

Mu nama yatorewemo Motsepe nk’umuyobozi mushya wa CAF, Ethiopia yahawe kwakira CECAFA y’ibihugu, Tanzaniya ihabwa Kagame Cup.

Editorial 12 Mar 2021
Bidatunguranye Lionel Messi yegukanye ” Ballon d’Or “ya gatanu

Bidatunguranye Lionel Messi yegukanye ” Ballon d’Or “ya gatanu

Editorial 13 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abikorera batuye Minisitiri w’Intebe ikibazo cy’ibikorerwa mu Rwanda bisoreshwa, ibiva hanze bigasonerwa
UBUKUNGU

Abikorera batuye Minisitiri w’Intebe ikibazo cy’ibikorerwa mu Rwanda bisoreshwa, ibiva hanze bigasonerwa

Editorial 15 Aug 2018
Kwibuka24: Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
Mu Mahanga

Kwibuka24: Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 09 Apr 2018
Perezida wa FERWAFA De Gaulle Nzamwita yasabiwe gufungwa imyaka itatu
Mu Mahanga

Perezida wa FERWAFA De Gaulle Nzamwita yasabiwe gufungwa imyaka itatu

Editorial 06 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru