• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Champions League: Bayern Munich yatanze isomo rya ruhago, Messi yandika amateka mashya (Amafoto)

Champions League: Bayern Munich yatanze isomo rya ruhago, Messi yandika amateka mashya (Amafoto)

Editorial 21 Feb 2018 IMIKINO

Bayern Munich yihanije Beşiktaş iyinyagira ibitego bitanu ku busa mu mikino ya 1/8 muri UEFA Champions League, Lionel Messi afasha FC Barcelona gukura inota rimwe kuri Chelsea mu mukino zanganyijemo igitego kimwe kuri kimwe asiba amateka mabi yari ayifiteho.

Chelsea ni imwe mu makipe Messi yari ataratsinda igitego mu nshuro umunani yari yarahuye nayo akaba yaraye akuyeho ayo mateka mabi kuri uyu wa Kabiri afasha ikipe ye kwishyura igitego yari yatsinzwe na Willian Borges da Silva, itahana inota rimwe.

Uyu mukino wari utegerejwe n’abafana benshi hirya no hino ku Isi, wabereye ku kibuga Stamford Bridge mu Bwongereza. Chelsea itahabwaga amahirwe ahanini kubera ibihe bibi imazemo iminsi, niyo yabonye uburyo bwinshi bwo gutsinda ibitego mu gice cya mbere harimo n’amashoti abiri Willian yateye akagarurwa n’inkingi z’izamu.

Uretse guhererekanya neza no kwiharira umupira, FC Barcelona nta buryo na bumwe bugana mu izamu mu minota 45 ya mbere yabonye ariko yakangutse Willian amaze kuyitsinda igitego cya mbere ku munota wa 62 ku ishoti ryo hanze y’urubuga rw’amahina yateye umunyezamu Marc-Andre ter Stegen ntiyakurikira.

Messi yacyishyuye ku munota wa 75 ku makosa ya myugariro Andreas Christensen. Ni igitego cya mbere yari abashije kwinjiza mu izamu rya Chelsea mu nshuro icyenda amaze guhura nayo ariko akaba ariwe mukinnyi umaze gutsinda ibitego byinshi mu mateka ahura n’amakipe yo mu Bwongereza muri rusange aho yayatsinze 18 akurikiwe na Ronaldo wayatsinze 11.

Mu wundi mukino, Beşiktaş yo muri Turikiya yari yasuye Bayern Munich mu Budage, ku mahirwe make mu minota 16 ya mbere ihita ihabwa ikarita y’umutuku ya myugariro Domagoj Vida wari ukoreye ikosa kuri Robert Lewandowski. Yihagazeho n’ubwo yari ifite abakinnyi 10, iminota 45 ya mbere irangira itsinzwe igitego kimwe cya Thomas Müller ku munota wa 43.

Mu gice cya kabiri nibwo yahuye n’ibibazo bikomeye, barayicenga cyane, Kingsley Coman ayitsinda igitego cya kabiri ku munota wa 53, Thomas Müller ashyiramo icya gatatu ku wa 66; Robert Lewandowski ashyiramo icya kane ku wa 79 anasoza akazi ku wa 88 atsinda icya gatanu.

Indi mikino iteganyijwe kuri uyu wa Gatatu, saa 21:45

-  Sevilla vs Manchester United

-  Shakhtar Donetsk vs AS Roma

Abafana ba Chelsea FC bari babukereye i Stamford Bridge

Mbere y’umukino haririmbwe indirimbo yubahiriza UEFA Champions League

Antonio Conte yashidukaga ubwo Willian yateraga imipira ibiri ikagarurwa n’igiti cy’izamu

Marc-Andre ter Stegen yarebaga umupira ugana mu rushundura

Marc-Andre ter Stegen yirambuye umupira ananirwa kuwukuramo

Conte yishimira igitego cy’intsinzi

Willian yagoye ba myugariro ba FC Barcelona

Willian na bagenzi be bishimira intsinzi

Messi byamusabye iminota 730 kugira ngo yinjize igitego mu izamu rya Chelsea

Andreas Christensen yakoze amakosa yatumye ikipe ye itsindwa igitego

Lionel Messi yakuyeho agahigo ko gutsinda Chelsea bwa mbere mu myaka isaga irindwi ishize

Amafoto y’umukino wa Bayern inyagira Beşiktaş

Domagoj Vida yahawe ikarita itukura. Képler Laveran Lima Ferreira (wazamuye amaboko) ntiyabyumvaga

Kingsley Coman w’imyaka 21 niwe watsindiye Bayern Munich igitego cya kabiri

Abakinnyi ba Bayern Munich bishimira igitego cya Kingsley Coman

Robert Lewandowski yatsinze ibitego bibiri wenyine muri uyu mukino

Lewandowski yishimira igitego cya kane cya Bayern

Thomas Müller yishimira igitego cye cya kabiri

Thomas Müller yagoye Beşiktaş mu mukino yayibonyemo ibitego bibiri

2018-02-21
Editorial

IZINDI NKURU

Nizeyimana Olivier uherutse gutorerwa kuyobora FERWAFA mu myaka ine iri imbere yakoze ihererekanyabubasha na Komite Nyobozi icyuye igihe

Nizeyimana Olivier uherutse gutorerwa kuyobora FERWAFA mu myaka ine iri imbere yakoze ihererekanyabubasha na Komite Nyobozi icyuye igihe

Editorial 29 Jun 2021
Nyuma y’ubwumvikane bw’impande zombi, ikipe ya Etoile de l’Est yatandukanye na Banamwana Camarade wari umutoza wungirije

Nyuma y’ubwumvikane bw’impande zombi, ikipe ya Etoile de l’Est yatandukanye na Banamwana Camarade wari umutoza wungirije

Editorial 28 Feb 2022
CAN 2019: Cameroun yatangiye neza urugendo rwo kwisubiza igikombe, Ghana iratungurwa

CAN 2019: Cameroun yatangiye neza urugendo rwo kwisubiza igikombe, Ghana iratungurwa

Editorial 26 Jun 2019
Ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma y’iminsi 105 Umutoza Adel n’umwungirije batozaga Gasogi United  batandukanye n’iyo kipe

Ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma y’iminsi 105 Umutoza Adel n’umwungirije batozaga Gasogi United batandukanye n’iyo kipe

Editorial 01 Nov 2022
Nizeyimana Olivier uherutse gutorerwa kuyobora FERWAFA mu myaka ine iri imbere yakoze ihererekanyabubasha na Komite Nyobozi icyuye igihe

Nizeyimana Olivier uherutse gutorerwa kuyobora FERWAFA mu myaka ine iri imbere yakoze ihererekanyabubasha na Komite Nyobozi icyuye igihe

Editorial 29 Jun 2021
Nyuma y’ubwumvikane bw’impande zombi, ikipe ya Etoile de l’Est yatandukanye na Banamwana Camarade wari umutoza wungirije

Nyuma y’ubwumvikane bw’impande zombi, ikipe ya Etoile de l’Est yatandukanye na Banamwana Camarade wari umutoza wungirije

Editorial 28 Feb 2022
CAN 2019: Cameroun yatangiye neza urugendo rwo kwisubiza igikombe, Ghana iratungurwa

CAN 2019: Cameroun yatangiye neza urugendo rwo kwisubiza igikombe, Ghana iratungurwa

Editorial 26 Jun 2019
Ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma y’iminsi 105 Umutoza Adel n’umwungirije batozaga Gasogi United  batandukanye n’iyo kipe

Ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma y’iminsi 105 Umutoza Adel n’umwungirije batozaga Gasogi United batandukanye n’iyo kipe

Editorial 01 Nov 2022
Nizeyimana Olivier uherutse gutorerwa kuyobora FERWAFA mu myaka ine iri imbere yakoze ihererekanyabubasha na Komite Nyobozi icyuye igihe

Nizeyimana Olivier uherutse gutorerwa kuyobora FERWAFA mu myaka ine iri imbere yakoze ihererekanyabubasha na Komite Nyobozi icyuye igihe

Editorial 29 Jun 2021
Nyuma y’ubwumvikane bw’impande zombi, ikipe ya Etoile de l’Est yatandukanye na Banamwana Camarade wari umutoza wungirije

Nyuma y’ubwumvikane bw’impande zombi, ikipe ya Etoile de l’Est yatandukanye na Banamwana Camarade wari umutoza wungirije

Editorial 28 Feb 2022
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru