• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ntabwo u Burundi bwari gusinyana amasezerano y’ubucuruzi na EU buri mu kato

Ntabwo u Burundi bwari gusinyana amasezerano y’ubucuruzi na EU buri mu kato

Ubwanditsi 14 Sep 2016 Mu Rwanda

Igihugu cy’u Burundi giherutse gutangaza yuko kidashobora gusinyana amasezerano y’ubworoherane mu bucuruzi n’ibihugu bigize ubumwe bw’u Bulayi kandi impamvu butanga ugasanga zumvikana kurusha n’izitangwa na Tanzania.

Ibyo bihugu bigize ubumwe bw’u Bulayi (EU) hari ukuntu bikorana n’ibihugu bigize ubumwe bw’ibihugu by’uburasirazuba bwa Afurika (EAC) bikoroherezanya mu by’ubucuruzi aho abo mu bihugu bya EAC byohoreza ibicuruzwa byabyo mu masoko ya EU nta misoro bitanze. Ubwo buhahirane bwitwa EPAs (Economic Partnership Agreements).

Kuva muri 2005 nibwo ibi bihugu bya EAC n’ibya EU byumvikanye yuko amasezerano nk’ayo yasinywa binahana n’itariki ntarengwa, ya 30 uku kwezi kawa cyenda. Ibihugu bigize EAC byagombaga gusinyira ayo masezerano icyarimwe ariko biza kwicamo ibice, aho u Rwanda na Kenya byasinye ayo masezerano mu ntangiriro z’uku kwezi.

Ukuyemo Sudan y’Amajyepfo yinjiye muri EAC ejo bundi, ibindi bihugu bisigaye bitarasinya ayo masezerano ni Uganda, Tanzania n’u Burundi.

Ariko Minisitiri wa Uganda ushinzwe ubucuruzi, Amelia Kyambadde mu mpera z’ukwezi gushize yatangarije Nairobi muri Kenya yuko igihugu cye nacyo cyarangije gufata icyemezo cyo gusinya ayo masezerano, hakaba hasigaye Tanzania n’u Burundi bitanga impamvu zitandukanye ariko iy’u Burundi ikaba yumvikana kurushaho !

Nyuma y’uko u Rwanda na Kenya bisinya ayo masezerano, Minisitiri w’u Burundi ushinzwe ibibazo bya EAC, Leontine Nzeyimana yavuze yuko bo ibyo EPAs bitabareba ngo kuko n’ubundi umuryango w’ibihugu by’u Bulayi (EU) utabemera.

EU koko yakomanyirije ubutegetsi mu Burundi ivuga yuko bwabanza bugakura igihugu mu mwiryane. EU yari yanatangaje yuko itazongera gutera inkunga ingabo nyafurika ziri muri Somalia ngo kubera yuko hariyo n’iz’u Burundi yarangije gukomanyiriza.

Uburundi rero niyo bwari gusinya ayo masezerano ntabwo EU yari kubyemera.
Tanzania yo ivuga yuko itasinya ayo masezerano ngo kubera yuko nta nyungu isangamo, ngo yari ifitemo inyungu Ubwongereza bukiri muri uwo muryango wa EU. Nyamara uko bigaragara n’uko na Tanzania yari ifite inyungu muri iyo gahunda ya EPAs.

-4059.jpg

Perezida Nkurunziza na Madamu Federica Mogherini ushinzwe ububanyi n’amahanga muri E.U.

Imibare igaragaza yuko Tanzania yoherezaga muri EU ibicuruzwa bifite agaciro kangana na biliyoni 1.18 z’amadolari. Igihugu cy’u Rwanda cyohereza muri iryo soko rya EU ibicuruzwa bifite agaciro kangana na miliyoni z’amadolari 212.1, Uganda ikoherezayo ibingana n’amadolari miliyoni ibihumbi 547 naho Kenya ikoherezayo ibifite agaciro kangana na miliyari 2.47. Igihugu cy’u Burundi cyo cyoherezagayo ubusa busa !

Kayumba Casmiry

2016-09-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

[AMAFOTO]: Ubukangurambaga ku kubahiriza amategeko y’umuhanda: Hafi ibihumbi ijana by’abanyeshuri bigishijwe uburyo bwemewe bwo kuwugendamo

[AMAFOTO]: Ubukangurambaga ku kubahiriza amategeko y’umuhanda: Hafi ibihumbi ijana by’abanyeshuri bigishijwe uburyo bwemewe bwo kuwugendamo

Ubwanditsi 31 May 2017
Chaka Chaka anyotewe no kumenya byinshi ku muziki wo mu Rwanda

Chaka Chaka anyotewe no kumenya byinshi ku muziki wo mu Rwanda

Ubwanditsi 06 May 2017
Dr. Pastor Rutayisire yemeye ko Yaganjwe n’Amarangamutima agaruka ku Ifungwa ry’insengero nyinshi

Dr. Pastor Rutayisire yemeye ko Yaganjwe n’Amarangamutima agaruka ku Ifungwa ry’insengero nyinshi

Ubwanditsi 07 Aug 2024
Nyuma yo gutsinda Espoir FC,  na APR FC ikanganya na As Kigali, Kiyovu SC yasubiranye umwanya wa mbere w’agateganyo

Nyuma yo gutsinda Espoir FC,  na APR FC ikanganya na As Kigali, Kiyovu SC yasubiranye umwanya wa mbere w’agateganyo

Ubwanditsi 23 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abaturage Bambonamo Undi Museveni- Col. Kizza Besigye
ITOHOZA

Abaturage Bambonamo Undi Museveni- Col. Kizza Besigye

Ubwanditsi 19 Aug 2018
Abagacishijeho muri Arsenal nka Robert Pires, bamuritse umwambaro mushya uriho ‘Visit Rwanda’
IMIKINO

Abagacishijeho muri Arsenal nka Robert Pires, bamuritse umwambaro mushya uriho ‘Visit Rwanda’

Ubwanditsi 08 Jun 2018
Perezida Watowe wa Gambiya Ararahirira muri Ambasade
Mu Rwanda

Perezida Watowe wa Gambiya Ararahirira muri Ambasade

Ubwanditsi 19 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru