• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»CHUB: Umwe mu banyeshuli bariye ibiryo bihumanye yaguye mu bitaro bigakekwa ko atitaweho bihagije n’abaganga

CHUB: Umwe mu banyeshuli bariye ibiryo bihumanye yaguye mu bitaro bigakekwa ko atitaweho bihagije n’abaganga

Editorial 15 May 2017 ITOHOZA

Ku mugoroba wo kuri icyi cyumweru ahagana saa yine z’ijoro nibwo umunyeshuli muri kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye yitabye Imana aguye mu bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB) bikekwa ko azize malariya yiyongereye ku burwayi yatewe n’ibiryo byaba byari bihumanye yariye muri kaminza mu ijoro ryo kuwa 10/5/2017.

Umunyeshuli witabye Imana akaba yitwa Augustin Nahimana akaba yigaga mu mwaka wa mbere w’ishami ry’ubukungu.

Umwe mu banyeshuli wabaye hafi ya Nahimana mu burwayi bwe yatangaje ko uretse uburwayi yatewe n’ibiryo yari yariye bishobora kuba byaramuguye nabi hanaziyemo na malariya ariko yo ngo abaganga bakayirangarana ntibamwiteho uko bikwiye n’ubwo ngo abarwaza be bari bakomeje kubinginga ngo baze bamwiteho babona ameze nabi.

Yagize ati:”mu byo yari arwaye bitewe n’ibiryo bihumanye yariye haziyemo na malariya, mu gitondo cyo kuri iki cyumweru iramurenga abamurwaje bakomeza gusaba abaganga ko baza bakamureba ko babona malariya yamurenze arimo avugishwa ariko bakomeza kwirengagiza n’aho bamuhereye imiti ntiyagira icyo imumarira ku mugoroba yitaba Imana”.

Ubuyobozi bw’Ibitaro gusa Dr. Augustin Sendeya uyobora ibitaro bya CHUB buvuga ko koko uyu munyeshuli wari urwariye muri ibi bitaro yitabye Imana ku mugoroba wo kuri iki cyumweru mu ma saa yine z’ijoro bikekwa ko ari ingaruka z’ibiryo bishobora kuba byari bihumanye yariye hakaza kwiyongeramo na malariya.

Dr. Sendegeya akaba yatangaje ko andi makuru kuri uru rupfu rw’umunyeshuli ibitaro biza kuyatangaza mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere taliki 15/5/2017.

-6583.jpg

Nyakwigendera Augustin Nahimana

Umuganga uvura indwara zisanzwe z’imbere mu mubiri utashatse ko amazina ye atangazwa yavuze ko uko yabyumvise aba banyeshuli bafashwe n’uburyo bahise bagezwa kwa muganga nta ndwara yakagombye kuba yahitanye Augustin Nahimana cyane ko ibivugwa ko yari arwaye byose bifite imiti ibivura bigakira iyo bikurikiranwe hakiri kare.

Yagize ati:” ari malariya iravurwa igakira iyo ikurikiranwe kare ndetse n’umurwayi akitabwaho, ari uguhumana guturutse ku biribwa cyangwa ibinyobwa nabyo iyo bimenyekanye kare bitaraguhitana imiti yabyo irahari rwose, keretse ari indi ndwara yari yihishe yari arwaye bitari ibyo yaba yararangaranwe n’abaganga”.

Mu ijoro ryo kuwa 10/5/2017 abanyeshuli 12 bajyanwe mu bitaro bya Kaminuza bya Butare nyuma yo kugubwa nabi bikekwa ko byatewe n’ibiryo bishobora kuba byari bihumanye baririye muri resitora ya make iri muri Kaminuza.

Abanyeshuli baguwe nabi bikekwa ko ari ibiryo bariye bafashwe bacisha hasi no hejuru ndetse baribwa no mu nda.

Kaminuza ibamo restora abanyeshuli bariramo bakurikije amikoro yabo. Abarwaye bakajya no mu bitaro ni abari baririye mu ya make igaburira mu nyubako yahozemo resitora yitwaga “Mu gikonali”.

Polisi ntiragira icyo itangaza mu byavuye mu iperereza uretse ko amakuru avugwa yemeza ko yabaye itaye muri yombi bamwe mu bakozi ba resitora aba banyeshuli barwaye bari baririyemo.

Gusa hari n’andi makuru nayo Umuryango utaremeza avuga ko Polisi yaba yanatangiye iperereza ku baganga bakurikiranaga uyu munyeshuli witabye Imana ngo hamenyekane niba nta burangare bagize ku buzima bwe kugeza ubwo ashizemo umwuka.

2017-05-15
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Haribazwa ikihishe inyuma y’itotezwa ry’ Abanyarwanda Babaye Mu Gisirikare Cyangwa Mu Gipolisi cy’u Rwanda

Uganda: Haribazwa ikihishe inyuma y’itotezwa ry’ Abanyarwanda Babaye Mu Gisirikare Cyangwa Mu Gipolisi cy’u Rwanda

Editorial 01 Aug 2018
Sibomana Patrick ukinira Police FC yareze muri FIFA ikipe ya Young SC yo muri Tanzaniya kubera kutishyurwa ibihumbi 4 by’amadorali y’Amerika bamurimo

Sibomana Patrick ukinira Police FC yareze muri FIFA ikipe ya Young SC yo muri Tanzaniya kubera kutishyurwa ibihumbi 4 by’amadorali y’Amerika bamurimo

Editorial 29 Mar 2021
Congo-Kinshasa: FDLR yagabye igitero muri Rutshuru, abayobozi barasaba ingabo za Congo gukaza umutekano

Congo-Kinshasa: FDLR yagabye igitero muri Rutshuru, abayobozi barasaba ingabo za Congo gukaza umutekano

Editorial 01 Sep 2019
Urubanza rwa Murekezi ukekwaho Jenoside rwasubitswe, hitabazwa Minisiteri

Urubanza rwa Murekezi ukekwaho Jenoside rwasubitswe, hitabazwa Minisiteri

Editorial 18 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ukuri ku nkuru y’igihuha ko ingabo z’u Rwanda zambutse muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Ukuri ku nkuru y’igihuha ko ingabo z’u Rwanda zambutse muri Uganda

Editorial 21 Apr 2019
Uwari wungirije Kabonero m ‘Umuseso yarasiwe muri Amerika
ITOHOZA

Uwari wungirije Kabonero m ‘Umuseso yarasiwe muri Amerika

Editorial 19 Sep 2016
Icyo abanyarwanda baba muri Amerika bavuga kuri Serge Ndayizeye Umunyamakuru wa Radio Itahuka ya RNC
ITOHOZA

Icyo abanyarwanda baba muri Amerika bavuga kuri Serge Ndayizeye Umunyamakuru wa Radio Itahuka ya RNC

Editorial 23 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru