• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

Editorial 29 Nov 2019 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Urwego rushinzwe Iperereza mu Gisirikare cya Uganda (CMI) rwataye muri yombi abanyeshuri bane b’Abanyarwanda bigaga muri kaminuza i Kampala, bafungirwa mu kigo cya gisirikare ku mpamvu zitaratangazwa.

Aba banyeshuri bane bigaga muri Kampala International University (KIU) barimo n’uwari Umuyobozi w’Umuryango w’abanyeshuri b’Abanyarwanda muri iyo kaminuza, Joram Rwamojo. Gusa amakuru avuga ko akomoka muri icyo gihugu nubwo ari mu bwoko bw’Abanyarwanda.

Abandi batatu batawe muri yombi ni abitwa Mugisha, Emmanuel n’uwitwa Kagara. Abandi bafunganywe n’aba banyeshuri harimo Abanyarwanda batatu bamaze igihe bafite ibikorwa bitandukanye muri Uganda.

Nk’uko amakuru yagiye hanze abivuga, bakuwe mu macumbi yabo mu ijoro ryo ku wa Gatatu, bafungirwa muri gereza imaze kumenyerwa ko ifungirwamo abanyabyaha bakomeye, iherereye mu Kigo cya Gisirikare cya Makindye mu Murwa Mukuru Kampala.

Umuyobozi muri iyo kaminuza utifuje ko amazina ye atangazwa, yavuze ko abo banyeshuri “basibye ikizamini kubera ko bafunzwe. Twahamagaye Umuyobozi wa polisi mu karere ka Kalaga atubwira ko twabaza muri CMI ko ari bo babafite.”

Iri fatwa rikurikiye ibindi bikorwa bitandukanye byagiye byibasira Abanyarwanda muri Uganda, biyobowe na CMI.

Ubuyobozi bwa Uganda bwagiye buvuga ko bufata aba Banyarwanda kubera ko ari intasi zoherejwe n’u Rwanda. Gusa ntibagiye bagezwa mu rukiko ahubwo bagiye bakorerwa iyicarubozo, mu gihe cyo kubarekura ababafunze bakitwikira ijoro bakabajugunya ku mupaka w’u Rwanda.

Muri iri totezwa rikorerwa Abanyarwanda, CMI yagiye ikorana n’abantu bahunze ubutabera bw’u Rwanda bahawe icyuho muri Uganda, ari naho bakomeje gucurira imigambi yabo y’ubugizi bwa nabi.

Bamwe mu bagiye babasha guhonoka ibikorwa bya CMI bagiye batanga ubuhamya bw’uburyo batotejwe bagahatirwa kwinjira mu Mutwe w’Iterabwoba wa RNC uyoborwa na Kayumba Nyamwasa, ubyanze agahura n’akaga gakomeye.

Ibyo bikorwa byose byatumye mu ntangiriro z’uyu mwaka u Rwanda rusaba abaturage barwo kuba bahagaritse kujya muri Uganda, kugeza igihe iki kibazo kizabonerwa umuti.

Gusa mu biganiro bikomeje kugeragezwa hashakishwa igisubizo kuri ibi bibazo, Uganda ishinjwa kwima amatwi imyanzuro yose yagiye ifatwa irimo guhagarika gushyigikira ibikorwa bigamije kugirira nabi umuturanyi, ariko magingo aya nta gisubizo kiraboneka.

Ni mu gihe muri Kanama hasinywe amasezerano agaragaza inzira zizakoreshwa mu kuzahura umubano, ariko ntabwo zikurikizwa kugeza ubu.

2019-11-29
Editorial

IZINDI NKURU

Abarwayi bane ba COVID-19 bagaragaye mu Rwanda, umubare w’abanduye ugera kuri 40

Abarwayi bane ba COVID-19 bagaragaye mu Rwanda, umubare w’abanduye ugera kuri 40

Editorial 26 Mar 2020
Perezida Emmanuel Macron yabaze Tshisededi nta kinya.

Perezida Emmanuel Macron yabaze Tshisededi nta kinya.

Editorial 06 Mar 2023
Abayoboke ba PL  bavanye amasomo ku byabaye, ku buryo biyemeje kutazasubira muri ibyo bibazo- Mukabalisa

Abayoboke ba PL bavanye amasomo ku byabaye, ku buryo biyemeje kutazasubira muri ibyo bibazo- Mukabalisa

Editorial 16 Jul 2016
Leopold Munyakazi arashinjwa urupfu  rwa  Kamagaju Gerturde wari warahungiye iwe yibwira ko azaharokokera

Leopold Munyakazi arashinjwa urupfu rwa Kamagaju Gerturde wari warahungiye iwe yibwira ko azaharokokera

Editorial 11 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyarwanda babiri batoterejwe muri Uganda bavuze akaga bahuriye nako muri gereza
INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda babiri batoterejwe muri Uganda bavuze akaga bahuriye nako muri gereza

Editorial 03 Jan 2020
Hagamijwe kuburizamo amatora muri Kivu y’Amajyepfo, ububiko bw’ibikoresho by’amatora mu mujyi wa Bukavu byahawe inkongi!
Amakuru

Hagamijwe kuburizamo amatora muri Kivu y’Amajyepfo, ububiko bw’ibikoresho by’amatora mu mujyi wa Bukavu byahawe inkongi!

Editorial 11 Dec 2023
Abatwara ibinyabiziga barakangurirwa kutagerageza guha ruswa abapolisi
Mu Mahanga

Abatwara ibinyabiziga barakangurirwa kutagerageza guha ruswa abapolisi

Editorial 15 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru