• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»CNLG yagaragaje imitwe yakomotse mu Ruhengeri yagize uruhare mu kwica Abatutsi

CNLG yagaragaje imitwe yakomotse mu Ruhengeri yagize uruhare mu kwica Abatutsi

Ubwanditsi 11 Jan 2019 POLITIKI

Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, CNLG, yamuritse igitabo ku bushakashatsi yakoze ku itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu yari Perefegitura ya Ruhengeri, bugaragaza ko uretse Interahamwe, muri icyo gice habaye indi mitwe yagize uruhare mu kwica Abatutsi.

Bwakozwe n’abashakashatsi ba Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG), Nikuze Donatien na Mafeza Faustin, buyobowe n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Ubushakashatsi n’Ububikoshakiro kuri Jenoside Dr. Jean-Damascène Gasanabo.

Bugaragaza ko Abatutsi muri Ruhengeri batangiye kwicwa guhera mu 1959, aho abenshi batwikiwe inzu abandi bajyanwa mu Karere ka Bugesera kwicwa n’isazi yitwaga Tsé Tsé.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa CNLG, Dr Bizimana Jean-Damascène, yavuze ko muri Ruhengeri, kuva mu 1959 Abatutsi bagiye bicwa, bagakusanyirizwa muri Paruwasi ya Janja na Nemba, bamwe bakajyanwa mu Bugesera abandi muri Congo.

Yagize ati “Nyuma mu 1963 hongeye kwicwa Abatutsi ariko mu Ruhengeri ho hagirwa agace ko kwiciramo abatutsi n’abari mu mashyaka ubutegetsi butashakaga, abandi bagafungirwa muri gereza ya Ruhengeri, baza no kwicirwa ku musozi wa Nyamagumba.”

Mu 1973 mu mashuri yo mu Ruhengeri abatutsi bagiye bicwa abandi bagatotezwa, harimo nko ishuri ry’abakobwa rya Rwaza no muri Collège ya Musanze.

Ubushakashatsi bugaragaza ko igitekerezo cyo gushyiraho imitwe yitwara gisirikare no guha abaturage imbunda muri Ruhengeri cyazanywe na Munyangoga Eugène wari Umuyobozi Mukuru w’Ibiro by’Iperereza muri iyo Perefegitura.

Kuwa 18 Werurwe 1991, nyuma y’amezi atanu ingabo za FPR-Inkotanyi zitangije urugamba rwo kubohora Igihugu, Munyangoga yandikiye Umuyobozi we i Kigali amugezaho igitekerezo yagize cyo guha intwaro abaturage bo muri Perefegitura ya Ruhengeri.

Yavuze ko urubyiruko rufite hagati y’imyaka 18 na 25 rufite imbaraga n’ibigango rwagombye guhabwa imyitozo ya gisirikare hifashishijwe abategetsi bo mu nzego z’ibanze, ndetse ko nyuma y’iyo myitozo, abo basore bagomba kugaruka iwabo ku ivuko bagahabwa intwaro, ariko bagakomeza kujya bambara imyenda ya gisivili.

Yongeyeho ko igikorwa nk’icyo kizaca Inkotanyi intege.

Muri Perefegitura ya Ruhengeri, Interahamwe zashyizweho mbere y’impera z’umwaka wa 1992, zihabwa imyitozo ya gisirikare, zinigishwa gukoresha imbunda na za grenades.

Mu 1993 haje umutwe w’Amahindure wavukiye mu yahoze ari Komini Mukingo. Abatangabuhamya bavuga ko washinzwe na Burugumesitiri Juvénal Kajelijeli afatanyije na Minisitiri Nzirorera Joseph, Colonel Ntibitura na Adjudant chef Karorero Charles.

Abatangabuhamya basobanura ko babanje gushinga umutwe w’Interahamwe nyuma haza gushingwa uw’Amahindure kugira ngo bongere umubare w’urubyiruko rwari mu nterahamwe. Umutwe w’Amahindure wari ugizwe n’insoresore zigera kuri 300.

Hari nyuma y’igitero cya RPF-Inkotanyi cyo kuwa 8 Gashyantare 1993, cyakubise incuro ingabo za FAR zigakwira imishwaro, Inkotanyi zikigarurira ibice bitandukanye bya Perefegitura ya Ruhengeri n’ahandi.

Ubushakashatsi bugira buti “Bafatanyije n’Interahamwe, abagize umutwe w’Amahindure bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.”

Usibye Intarahamwe n’amahindure, hashinzwe undi mutwe witwara gisirikare witwa ‘Virunga Force’ nawo mu 1993, wari ushinzwe kurinda abaturage. Wagize uruhare muri Jenoside cyane cyane mu bwicanyi bwakorewe mu yahoze ari Komini Mukingo na Nkuli.

Hari n’Umutwe w’Abazulu watorejwe mu kigo cya gisirikare cya Bigogwe na Mukamira, “ubwo Jenoside yashyirwaga mu bikorwa mu 1994, bafatanije n’indi mitwe nk’Interahamwe, Turihose na Virunga Force, bica Abatutsi bari batuye mu yahoze ari Komini Nkuli na Mukingo” nk’uko ubushakashatsi bubivuga.

Hashinzwe n’indi mitwe nk’Intarumikwa wagize uruhare muri Jenoside cyane cyane mu yahoze ari Komini Nkuli na Mukingo no mu bice bimwe bya Perefegitura ya Gisenyi, Umutwe w’Abadebande, umutwe wa Turihose n’Umutwe wa Gashagari,

Ubu bushakashatsi bugaragaza ko mu buryo gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, guhera mu mpera z’umwaka wa 1992 kugeza mu ntangiro z’umwaka wa 1994, Interahamwe za MRND n’indi mitwe yitwara gisirikare bahawe imyitozo ya gisirikare ihoraho, bagatorezwa mu bigo bya gisirikare n’ahandi habaga haratoranijwe.

Buti “Imyitozo ikaba yaratangwaga n’Abasirikare b’u Rwanda bafatanije n’ingabo z’Abafaransa. Kubera iyo mpamvu, icyari urubyiruko rw’ishyaka cyahindutse umutwe witwara gisirikare.”

CNLG ivuga ko yafashe umurongo wo gukora ubushakashatsi yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri kugira ngo harebwe uko Jenoside yagiye ikorwa muri za perefegitura, umwaka ushize hakaba haragaragajwe ubushakashatsi ku yahoze ari Perefegitura ya Gisenyi.

CNLG yavuze ko buri hantu hose hafite umwihariko, gusa ngo bahereye ubushakashatsi muri izi perefegitura zombi kubera ko wasangaga abategetsi benshi mbere ya Jenoside ari ho bakomoka.

2019-01-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida ‪ Kagame‬ yambitswe umudari w’Ikirenga mu gihugu cya Guinea Konakry aho yageze mu ruzinduko

Perezida ‪ Kagame‬ yambitswe umudari w’Ikirenga mu gihugu cya Guinea Konakry aho yageze mu ruzinduko

Ubwanditsi 12 Mar 2016
ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO

ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO

Ubwanditsi 16 Dec 2025
Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Ubwanditsi 15 Jan 2025
Nabonye igihugu kiri ku murongo – Perezida w’u Bushinwa avuga uko yasanze u Rwanda

Nabonye igihugu kiri ku murongo – Perezida w’u Bushinwa avuga uko yasanze u Rwanda

Ubwanditsi 23 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umufaransa yavuze ku buryo Inkotanyi zafashe mpiri abasirikare b’Abafaransa muri Opération Turquoise
INKURU NYAMUKURU

Umufaransa yavuze ku buryo Inkotanyi zafashe mpiri abasirikare b’Abafaransa muri Opération Turquoise

Ubwanditsi 09 Apr 2018
Polisi y’u Rwanda yatangije ibikorwa by’ Isabukuru yayo ya 17
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda yatangije ibikorwa by’ Isabukuru yayo ya 17

Ubwanditsi 17 May 2017
Riek Machar agiye kongera kuba Visi Perezida wa Sudani y’Epfo
HIRYA NO HINO

Riek Machar agiye kongera kuba Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 09 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru