• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»CNLG yagaragaje imitwe yakomotse mu Ruhengeri yagize uruhare mu kwica Abatutsi

CNLG yagaragaje imitwe yakomotse mu Ruhengeri yagize uruhare mu kwica Abatutsi

Ubwanditsi 11 Jan 2019 POLITIKI

Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, CNLG, yamuritse igitabo ku bushakashatsi yakoze ku itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu yari Perefegitura ya Ruhengeri, bugaragaza ko uretse Interahamwe, muri icyo gice habaye indi mitwe yagize uruhare mu kwica Abatutsi.

Bwakozwe n’abashakashatsi ba Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG), Nikuze Donatien na Mafeza Faustin, buyobowe n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Ubushakashatsi n’Ububikoshakiro kuri Jenoside Dr. Jean-Damascène Gasanabo.

Bugaragaza ko Abatutsi muri Ruhengeri batangiye kwicwa guhera mu 1959, aho abenshi batwikiwe inzu abandi bajyanwa mu Karere ka Bugesera kwicwa n’isazi yitwaga Tsé Tsé.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa CNLG, Dr Bizimana Jean-Damascène, yavuze ko muri Ruhengeri, kuva mu 1959 Abatutsi bagiye bicwa, bagakusanyirizwa muri Paruwasi ya Janja na Nemba, bamwe bakajyanwa mu Bugesera abandi muri Congo.

Yagize ati “Nyuma mu 1963 hongeye kwicwa Abatutsi ariko mu Ruhengeri ho hagirwa agace ko kwiciramo abatutsi n’abari mu mashyaka ubutegetsi butashakaga, abandi bagafungirwa muri gereza ya Ruhengeri, baza no kwicirwa ku musozi wa Nyamagumba.”

Mu 1973 mu mashuri yo mu Ruhengeri abatutsi bagiye bicwa abandi bagatotezwa, harimo nko ishuri ry’abakobwa rya Rwaza no muri Collège ya Musanze.

Ubushakashatsi bugaragaza ko igitekerezo cyo gushyiraho imitwe yitwara gisirikare no guha abaturage imbunda muri Ruhengeri cyazanywe na Munyangoga Eugène wari Umuyobozi Mukuru w’Ibiro by’Iperereza muri iyo Perefegitura.

Kuwa 18 Werurwe 1991, nyuma y’amezi atanu ingabo za FPR-Inkotanyi zitangije urugamba rwo kubohora Igihugu, Munyangoga yandikiye Umuyobozi we i Kigali amugezaho igitekerezo yagize cyo guha intwaro abaturage bo muri Perefegitura ya Ruhengeri.

Yavuze ko urubyiruko rufite hagati y’imyaka 18 na 25 rufite imbaraga n’ibigango rwagombye guhabwa imyitozo ya gisirikare hifashishijwe abategetsi bo mu nzego z’ibanze, ndetse ko nyuma y’iyo myitozo, abo basore bagomba kugaruka iwabo ku ivuko bagahabwa intwaro, ariko bagakomeza kujya bambara imyenda ya gisivili.

Yongeyeho ko igikorwa nk’icyo kizaca Inkotanyi intege.

Muri Perefegitura ya Ruhengeri, Interahamwe zashyizweho mbere y’impera z’umwaka wa 1992, zihabwa imyitozo ya gisirikare, zinigishwa gukoresha imbunda na za grenades.

Mu 1993 haje umutwe w’Amahindure wavukiye mu yahoze ari Komini Mukingo. Abatangabuhamya bavuga ko washinzwe na Burugumesitiri Juvénal Kajelijeli afatanyije na Minisitiri Nzirorera Joseph, Colonel Ntibitura na Adjudant chef Karorero Charles.

Abatangabuhamya basobanura ko babanje gushinga umutwe w’Interahamwe nyuma haza gushingwa uw’Amahindure kugira ngo bongere umubare w’urubyiruko rwari mu nterahamwe. Umutwe w’Amahindure wari ugizwe n’insoresore zigera kuri 300.

Hari nyuma y’igitero cya RPF-Inkotanyi cyo kuwa 8 Gashyantare 1993, cyakubise incuro ingabo za FAR zigakwira imishwaro, Inkotanyi zikigarurira ibice bitandukanye bya Perefegitura ya Ruhengeri n’ahandi.

Ubushakashatsi bugira buti “Bafatanyije n’Interahamwe, abagize umutwe w’Amahindure bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.”

Usibye Intarahamwe n’amahindure, hashinzwe undi mutwe witwara gisirikare witwa ‘Virunga Force’ nawo mu 1993, wari ushinzwe kurinda abaturage. Wagize uruhare muri Jenoside cyane cyane mu bwicanyi bwakorewe mu yahoze ari Komini Mukingo na Nkuli.

Hari n’Umutwe w’Abazulu watorejwe mu kigo cya gisirikare cya Bigogwe na Mukamira, “ubwo Jenoside yashyirwaga mu bikorwa mu 1994, bafatanije n’indi mitwe nk’Interahamwe, Turihose na Virunga Force, bica Abatutsi bari batuye mu yahoze ari Komini Nkuli na Mukingo” nk’uko ubushakashatsi bubivuga.

Hashinzwe n’indi mitwe nk’Intarumikwa wagize uruhare muri Jenoside cyane cyane mu yahoze ari Komini Nkuli na Mukingo no mu bice bimwe bya Perefegitura ya Gisenyi, Umutwe w’Abadebande, umutwe wa Turihose n’Umutwe wa Gashagari,

Ubu bushakashatsi bugaragaza ko mu buryo gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, guhera mu mpera z’umwaka wa 1992 kugeza mu ntangiro z’umwaka wa 1994, Interahamwe za MRND n’indi mitwe yitwara gisirikare bahawe imyitozo ya gisirikare ihoraho, bagatorezwa mu bigo bya gisirikare n’ahandi habaga haratoranijwe.

Buti “Imyitozo ikaba yaratangwaga n’Abasirikare b’u Rwanda bafatanije n’ingabo z’Abafaransa. Kubera iyo mpamvu, icyari urubyiruko rw’ishyaka cyahindutse umutwe witwara gisirikare.”

CNLG ivuga ko yafashe umurongo wo gukora ubushakashatsi yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri kugira ngo harebwe uko Jenoside yagiye ikorwa muri za perefegitura, umwaka ushize hakaba haragaragajwe ubushakashatsi ku yahoze ari Perefegitura ya Gisenyi.

CNLG yavuze ko buri hantu hose hafite umwihariko, gusa ngo bahereye ubushakashatsi muri izi perefegitura zombi kubera ko wasangaga abategetsi benshi mbere ya Jenoside ari ho bakomoka.

2019-01-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Munyampeta Jean Luc wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana akomeje kwifatanya n’ibigarasha

Munyampeta Jean Luc wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana akomeje kwifatanya n’ibigarasha

RUSHYASHYA 06 Nov 2025
Minisitiri w’Intebe yasobanuye uko yakuye impamba mu mwiherero yitabiriye ku nshuro ya mbere

Minisitiri w’Intebe yasobanuye uko yakuye impamba mu mwiherero yitabiriye ku nshuro ya mbere

Ubwanditsi 03 Mar 2018
Nta mahoro y’abajenosideri: Umujenosideri Protais Zigiranyirazo yapfuye yangara, isi nayo yanga umubiri we

Nta mahoro y’abajenosideri: Umujenosideri Protais Zigiranyirazo yapfuye yangara, isi nayo yanga umubiri we

Ubwanditsi 26 Sep 2025
Ethiopia igiye kwemeza burundu amasezerano y’isoko rusange yasinyiwe i Kigali

Ethiopia igiye kwemeza burundu amasezerano y’isoko rusange yasinyiwe i Kigali

Ubwanditsi 20 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nubwo nta kipe yo mu Rwanda izakina BAL 2024, nta mpungenge z’Abafana  – Clare Akamanzi uyobora NBA Africa
Amakuru

Nubwo nta kipe yo mu Rwanda izakina BAL 2024, nta mpungenge z’Abafana – Clare Akamanzi uyobora NBA Africa

Ubwanditsi 24 May 2024
Ruhango:Abanyeshuri ba GS Ruhango Catholique bakanguriwe gukumira no kwirinda ibyaha
Mu Mahanga

Ruhango:Abanyeshuri ba GS Ruhango Catholique bakanguriwe gukumira no kwirinda ibyaha

Ubwanditsi 29 Apr 2016
Uwemezaga ko Col. Theoneste Bagosora arengana arashaka  kuba Perezida w’Abanyarwanda
ITOHOZA

Uwemezaga ko Col. Theoneste Bagosora arengana arashaka kuba Perezida w’Abanyarwanda

Ubwanditsi 30 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru