• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kigali : Perezida Kagame yunamiye Intwari zitangiye Igihugu

Kigali : Perezida Kagame yunamiye Intwari zitangiye Igihugu

Ubwanditsi 04 Feb 2016 Mu Mahanga

Ahagana mu masaa saba nibwo Perezida Kagame yageze ku gicumbi cy’Intari I Remera mu Karere ka Gasabo aho yashyize indabo ku kimenyetso cy’ubutwari, kuri uyu munsi u Rwanda rwizihiza Umunsi w’Intwari z’igihugu ku nshuro ya 22, ni umunsi ngaruka mwaka wizihizwa tariki ya Mbere Gashyantare, buri mwaka.

Ku igicumbi cy’Intwari hashyinguye Gen. Maj Fred Gisa Rwigema wayoboye bwa mbere urugamba rwa RPF, akaza kwicwa n’umwanzi tariki ya 2 Ukwakira 1990, Umusirikare Utazwi bari mu cyiciro cy’Imanzi, ( Uhagarariye abandi bose baguye kurugamba) .

Umwami Mutara III Rudahigwa, waguye i Bujumbura.

Rwagasana Michel ku wa 23 Ukuboza 1963, nibwo Rwagasana Michel wari mwene nyina wa Kayibanda Gregoire akaba yari Umunyamabanga Mukuru wa UNAR (Ishyaka ryitwaga iry’Umwami) na bagenzi be 27 bafatiwe i Kigali bajyanwa mu Ruhengeri muri Ecole de Police. Iryo joro baraye bakorerwa iyicarubozo. nyuma baricwa.

Uwilingiyimana Agathe,Mu 1992 ni bwo yinjiye mu ishyaka rya MDR, rimwe mu mashyaka ataravugaga rumwe na Leta. Hashize amezi ane gusa yabaye minisitiri w’ uburezi, ashyizweho na Dismas Nsengiyaremye, minisitiri w’ intebe wa mbere wo mu ishyaka ritavuga rumwe na Leta ( kuko yavaga muri MDR) yaje kwicwa mu ntangiriro ya Jenoside .

Niyitegeka Felicite ni mwene Sekabwa Simoni na Nyirampabuka Angelina. Yavukiye i Vumbi mu Mujyi wa Huye mu 1934. Yari ubuheta mu muryango w’abana icumi. Niyitegeka Félicité yize amashuri abanza Astrida (Butare) mu kigo cyayoborwaga n’Ababikira Bera kuva mu 1941 kugera mu 1946, akomeza ayisumbuye i Save mu ishuri ry’abarimukazi (Ecole de Monitrices) ryayoborwaga n’Ababikira Bera. Yari uwihayimana mu muryango w’aba Auxiliaire de l’Apostolat, ku Gisenyi.

Yishwe ku wa 21 Mata 1994, mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi kubera ko yanze kwitandukanya n’abo yari yahaye ubuhungiro hamwe na bagenzi be bari muri “Centre Saint Pierre” ku Gisenyi.

Abanyeshuri b’i Nyange banze kwitandukanya ubwo baterwaga n’abacengezi, mu 1997, bari mu cyiciro cy’Imena.

Uyu muhango wo gushyira indabo kuri izi ntwari witabiriwe n’abayobozi bakuru b’igihugu n’abahagarariwe ibihugu byabo mu Rwanda bari bahagarariwe na Ambasaderi wa Uganda mu Rwanda, Richard Kabonero, hanafatwa umwanya wo guha agaciro intwari zose zitangiye igihugu.

Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne, yavuze ko insanganyamatsiko ya buri mwaka itoranywa hitawe ku kintu igihugu cyifuza gushyiramo ingufu.

Ati ‘‘Kuba intwari biharanirwa mu buzima bwa buri munsi. Kuba intwari bisaba gukora icyiza ukanga ikibi. Uyu munsi urugamba turwana ni urw’iterambere buri muntu wese agomba kugiramo uruhare, kimwe no kurinda ibyo twagezeho kugira ngo hatagira ubisenya.”

-1966.jpg

Ikimenyetso cy’ubutwari

-1967.jpg

Imva ya Fred Rwigema

Minisitiri Uwacu yavuze ko kuba intwari bishoboka n’iyo umuntu yaba akiriho nk’Abanyeshuri b’i Nyange, anavuga ko ubutwari budasaba urugamba rw’amasasu gusa, ahubwo ari ibintu biharanirwa binyuze mu bikorwa bizima, mu nzego zitandukanye.

Kugeza ubu haracyakorwa ubushakashatsi, harebwa niba nta bandi bantu bafite ibikorwa by’indashyikirwa, bashobora gushyirwa mu byiciro bitandukanye by’intwari z’igihugu.

Umwanditsi wacu

2016-02-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto

Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Perezida Omar Guelleh wa Djibout

Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Perezida Omar Guelleh wa Djibout

Ubwanditsi 08 May 2016
Umutwe wa FPU7 wagiye gusimbura undi muri Haiti

Umutwe wa FPU7 wagiye gusimbura undi muri Haiti

Ubwanditsi 24 Jul 2016
Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo

Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo

Ubwanditsi 30 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Imiryango itegamiye kuri Leta irasaba AU kwinjira mu kibazo cy’u Burundi amazi atararenga inkombe
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Imiryango itegamiye kuri Leta irasaba AU kwinjira mu kibazo cy’u Burundi amazi atararenga inkombe

Ubwanditsi 06 Apr 2018
” Ushaka inshuti itazagutererana mu mahina, hitamo Paul Kagame, umunyabushishozi ntagereranywa”- Andrew Mwenda.
Amakuru

” Ushaka inshuti itazagutererana mu mahina, hitamo Paul Kagame, umunyabushishozi ntagereranywa”- Andrew Mwenda.

Ubwanditsi 12 Aug 2024
Amafoto – Byiringiro Lague na Ishimwe Anicet bakinira ikipe ya APR FC, buri umwe yongereye amasezerano y’imyaka ine akinira iyi ikipe y’ingabo z’igihugu
Amakuru

Amafoto – Byiringiro Lague na Ishimwe Anicet bakinira ikipe ya APR FC, buri umwe yongereye amasezerano y’imyaka ine akinira iyi ikipe y’ingabo z’igihugu

Ubwanditsi 08 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru