• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»CNLG yashimye ababa mu Bubiligi batambamiye kandidatire z’abapfobya Jenoside
Mbonyumutwa Gustave uri mu bapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

CNLG yashimye ababa mu Bubiligi batambamiye kandidatire z’abapfobya Jenoside

Editorial 08 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), yashimye Abanyarwanda n’inshuti zabo baburijemo umugambi w’Abanyarwanda baba mu Bubiligi bapfobya Jenoside, bashakaga kwiyamamariza guhagararira Ishyaka riharanira Demokarasi rya DéFi mu buyobozi bwa Komini ya Saint-Georges-sur-Meuse.

Aba Banyarwanda barimo Mbonyumutwa Gustave, Mugabe Nizeyimana n’abandi banyamuryango b’Ishyirahamwe Jambo ASBL, rivuga ko rirengera ikiremwamuntu, nyamara rigamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Abanyamuryango ba Jambo ASBL biganjemo abana n’abavandimwe b’abagize uruhare muri Jenoside bakatiwe n’ubutabera mpuzamahanga n’inkiko zo mu Rwanda.

Kandidatire z’abapfobya Jenoside zamaganwe n’abagize imiryango y’abayirokotse n’inshuti z’u Rwanda mu kugaragaza ukuri kw’ibyabaye.

Perezida wa Ibuka Belgique, Déo Mazina, yatangaje  ko uyu muryango urengera inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi wagize uruhare mu ikurwa rya Mbonyumutwa kuri lisiti y’abakandida.

Mbonyumutwa Gustave yabaye umutangabuhamya ushinjura mu rubanza rwa Matayo Ngirumpatse wari Perezida w’Ishyaka MRND mu gihe cya Jenoside, waburaniye i Arusha.

CNLG ibinyujije mu nyandiko yasohoye ku rubuga rwayo, yatangaje ko mu bafashe iya mbere barimo n’Umunyapolitiki w’Umubiligi Alain Destexhe, wari Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abaganga batagira Umupaka mu Bubiligi mu gihe cya Jenoside.

Yanze ko abapfobya Jenoside bemererwa kwiyamamaza. Ati “Ishyirahamwe rya Jambo ASBL rigizwe n’abana b’ababyeyi bagize uruhare muri Jenoside. Intego yabo ni ukugoreka amateka y’u Rwanda. Babikora bigaragaza nk’abaharanira uburenganzira bwa muntu. Ntibahakana ko habaye Jenoside ariko bemeza ko hakozwe nyinshi.”

Jambo ASBL n’abanyamuryango bayo banakorana n’abarwanyi bo muri FDLR basize bakoze Jenoside, kuri ubu bagerageza guhungabanya umutekano w’u Rwanda no kwimakaza iterabwoba mu karere.

Mu 2014, iri shyirahamwe ryohereje uwari Perezida waryo Kayumba Placide muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo guhura n’abayobozi ba FDLR.

Mu ntangiriro za 2018, JAMBO ASBL yangiwe gukorera ibiganiro mbwirwaruhame mu nzu y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Bubiligi, ubwo havugwaga ku mushinga usaba ko hashyirwaho itegeko rihana abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

CNLG yavuze ko uru rubyiruko rubiba amagambo agaragaza urwango ku bayobozi b’igihugu ndetse bagakomeza gushaka uburyo bwo kubiba ingengabitekerezo yabo y’urwangano bagomba kwamaganwa badahawe agahenge.

Mu guha agaciro abazize n’abarokotse Jenoside, CNLG yakanguriye Abanyarwanda n’inshuti zabo guhuza ubumwe mu rugamba rwo guhangana n’abayihakana.

2018-09-08
Editorial

IZINDI NKURU

Aho twasohokeye ni ho twinjiriye muri Nyagatare, Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa I Kayonza “Chairman wa FPR INKOTANYI”

Aho twasohokeye ni ho twinjiriye muri Nyagatare, Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa I Kayonza “Chairman wa FPR INKOTANYI”

Editorial 07 Jul 2024
Paul Rusesabagina na Callixte Sankara nabo bashyiriweho impapuro zibata muri yombi

Paul Rusesabagina na Callixte Sankara nabo bashyiriweho impapuro zibata muri yombi

Editorial 05 Feb 2019
Uko Uburundi bwinjije abarwanyi ba FDLR mu gisirikare kirinda umukuru w’igihugu

Uko Uburundi bwinjije abarwanyi ba FDLR mu gisirikare kirinda umukuru w’igihugu

Editorial 26 Apr 2019
Menya Amateka ya Perezida Paul Kagame wizihiza isabukuru y’imyaka 61

Menya Amateka ya Perezida Paul Kagame wizihiza isabukuru y’imyaka 61

Editorial 23 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igikomangoma cyo muri UAE kiri gushaka amahirwe y’ishoramari mu Rwanda
UBUKERARUGENDO

Igikomangoma cyo muri UAE kiri gushaka amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Editorial 17 Jan 2018
Airbus 330-300, Indege nshya yiswe ‘Umurage’, iraye mu Rwanda
Mu Mahanga

Airbus 330-300, Indege nshya yiswe ‘Umurage’, iraye mu Rwanda

Editorial 01 Dec 2016
Burundi/Musaga: Gerenade yatewe mu biro bya polisi
Mu Mahanga

Burundi/Musaga: Gerenade yatewe mu biro bya polisi

Editorial 05 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru