• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Col (Rtd) Augustin Nshimiyimana yagarutse ku bufatanye bwa Leta ya Kongo na FDLR ayikurira inzira ku murima gufata u Rwanda

Col (Rtd) Augustin Nshimiyimana yagarutse ku bufatanye bwa Leta ya Kongo na FDLR ayikurira inzira ku murima gufata u Rwanda

Editorial 21 Sep 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Col (Rtd) Augustin Nshimiyimana Alias Bora wari ushinzwe iperereza muri FDLR yaganiriye na Radio One Nation Radio, ijwi rya Diaspora ikorera kuri Internet maze agaruka kuri byinshi kuri FDLR. Yinjiye igisirikari FDLR icyitwa ALiR mu mashyamba ya Congo akaba amaze imyaka ibiri ageze mu Rwanda. Yari umuyobozi mukuru mu biro bishinzwe iperereza.

Akigera mu Rwanda inkuru zarahwihwishwe ko yahageze agahita yicwa kandi yari mu kigo cyo gusubizwa mu buzima busanzwe abahoze ari abarwanyi. Acyinjira igisirikari, Perezida. Mobutu yaratsinzwe bahungira muri Congo Brazaville, nyuma Laurent Desire Kabila yitabaje Ex FAR n’interahamwe abatumaho. Yanakoreye amahugurwa atandukanye muri Ns’ele, akomereza Yakoma muri Equateur, nyuma Pweto ndetse na Kamena.

Col Bora yageze naho aba umusirikari wa hafi urinda Maj Gen Joseph Kabila, umuhungi wa Paerezida Lauremt Desire Kabila wari Chef d’Etat Major icyo gihe. Bafasha Laurent Desire Kabila, nuko yari yabemereye ko nawe azabafasha bagataha mu Rwanda.

Col Bora yavuzeko bagifatanya na Muzehe Kabila, nta kibazo bari bafite kuko icyo gihe Kongo-Kinshasa yagiraga uruganda rw’amasasu n’imbunda ahitwa Likasi, ibyo byose byatumaga ALiR yahindutse FDLR yumvako izafata igihugu ikirukana abanyaamahanga bo muri FPR nkuko mu ngengabitekerezo yabo babyitaga.

Ingabo za Ex FAR n’Interahamwe nizo zari ingabo za Congo zitwaga icyo gihe FAC. Babonaga umushahara ndetse n’ibigenerwa abasirikari muri rusange ba Kongo. Ibintu byahindutse Mzee Laurent Desire Kabila yishwe muri Mutarama.

Col Bora yahishuye ko Laurent Desire Kabila yafashaga CNDD FDD na ALiR icyarimwe ariko abo muri ALiR bayobowe na Maj Gen Aloys Ntiwiragaba banyereza amafaranga.

Ubwo Joseph Kabila yajyaga ku butegetsi, asimbuye se umubyara, igitutu cy’amahanga cyari cyinshi kubera ingabo za Leta zari ziyobpwe m’abicanyi bahoze muri Ex FAR nka Gen Bizimungu, Col Bivugabago, Col Renzaho Tharcisse, Maj Mpiranya n’abandi.

Col Bora yagarutse ko hari abo muri FDLR babwirwa amakuru mabi n’abavandimwe babo bari mu mitungo ariko ko hari n’abadataha kubera basize bakoze ibyaha mu Rwandaa. Hari kandi n’abacuruza amakara bakinjiza amafaranga.

Bora yagarutse ku kuba FDLR gufata ingihugu ari inzozi kuko gufata igihugu bisaba strategies na diplomacy, tutibagiwe ubukungu ndetse n’igisirikari gikomeye. Yongeyeho ko uburyo azi FDLR ntabwo ibi ibifite. Ntabanga bakigira kuko ibyo bategura birara bigeze mu Rwanda

FDLR yavuze ko yageze mu Rwanda agasanga rwarateye imbere cyane ku muvuduko wo hejuru kandi ko abenshi bari muri FDLR nta makuru bafite.

Avuga uburyo yafashwe, yavuzewko yazanywe mu kigo cya Bigogwe bamuhaye amata aramunanira, bamuha ibiryo biramunanira ariko agezaho abona ko ibyo yabwiwe yibeshyaga.

Yagarutse ku buryo abayobozi bo muri Kongo basubirishamo abakongomani bavuga ikinyarwanda babacamo amoko ariko ko imitwe nka Mai Mai ibafata kimwe bose. Ko bazabirukana muri icyo gihugu. Yabasabye kunga ubumwe.

2023-09-21
Editorial

IZINDI NKURU

DR MUKANKOMEJE, GEN IBINGIRA NA DR BIRUTA BARI KUREBA UKO KIVU IBUNGABUNZWE

DR MUKANKOMEJE, GEN IBINGIRA NA DR BIRUTA BARI KUREBA UKO KIVU IBUNGABUNZWE

Editorial 06 Jan 2016
Polisi y’u Rwanda yatangiye gusimbuza abapolisi bari muri Sudani y’Epfo

Polisi y’u Rwanda yatangiye gusimbuza abapolisi bari muri Sudani y’Epfo

Editorial 05 Nov 2016
Uganda : Cyubahiro mu kasho kubera Salim Saleh

Uganda : Cyubahiro mu kasho kubera Salim Saleh

Editorial 16 Nov 2017
“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

Editorial 03 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imyanzuro ya Luanda yagera kuki, kandi rumwe mu mpande zihanganye muri Kongo rudahabwa agaciro, Kuki nta kivugwa ku batutsi bicwa muri icyo gihugu?
Amakuru

Imyanzuro ya Luanda yagera kuki, kandi rumwe mu mpande zihanganye muri Kongo rudahabwa agaciro, Kuki nta kivugwa ku batutsi bicwa muri icyo gihugu?

Editorial 25 Nov 2022
RUDASINGWA: ” Nyamujyiyobijya “, akeneye kwitabwaho mu rwego rw’ubuvuzi bwo mu mutwe.
INKURU NYAMUKURU

RUDASINGWA: ” Nyamujyiyobijya “, akeneye kwitabwaho mu rwego rw’ubuvuzi bwo mu mutwe.

Editorial 25 Oct 2018
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Sudan y’Amajyepfo zatabaye abakozi 20 ba LONI bari bari batewe n’inyeshyamba zikabacucura ibyo bafite byose
Amakuru

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Sudan y’Amajyepfo zatabaye abakozi 20 ba LONI bari bari batewe n’inyeshyamba zikabacucura ibyo bafite byose

Editorial 21 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru