• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Congo intambara irarimbanije : UPDF yakoresheje ibitwaro biremereye n’ibirasa kure bitungura ADF

Congo intambara irarimbanije : UPDF yakoresheje ibitwaro biremereye n’ibirasa kure bitungura ADF

Editorial 24 Dec 2017 HIRYA NO HINO

Igisirikare cya Uganda cyakoresheje ibitwaro birasa kure bigatungura inyeshyamba za ADF muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo nk’uko bamwe mu bayobozi ba UPDF babitangarije Chimpreports mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru.

Umuvugizi wa UPDF, Brig. Richard Karemire, kuwa Gatanu ushize nibwo yatangaje ko batakoresheje imbunda ziremereye gusa ahubwo bakoresheje n’izirasa kure mu kurasa ku nkambi za ADF ahitwa Eringeti, muri Beni, ho muri Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni nyuma y’uko igisirikare cya Uganda cyari kimaze iminsi kirunda ingabo zacyo, zigizwe n’iimitwe kabuhariwe n’ibimodoka by’intambara ku mupaka na Congo.

ADF ngo yari izi ko yenda kugabwaho igitero kuva mu mezi 3 ashize nk’uko umwe mu bayobozi ba gisirikare bavuganye na Chimpreports akomeza avuga.

Uyu yakomeje agira ati: “Biteguye gusubiza inyuma ingabo zacu no kuzitega imitego. Intwaro zirasa kure zashenye inkambi zabo nta guhusha.”uyu yakomeje agira ati: “Twabatunguye.”

Kuri ubu igisirikare cya Uganda kirimo kureba uko uku kurasa za bombe ku nkambi za ADF kwagenze n’icyo kwatanze.

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, amakuru akaba yavugaga ko ingabo za Uganda zambutse umupaka zikinjira muri Congo nubwo bitaremezwa.

Igihugu cya Uganda gishinja umutwe wa ADF, ukuriwe na Jamil Mukulu, kuri ubu ufungiye muri Gereza ya Luzira, gufatanya n’imitwe y’abarwanyi b’abanyamahanga bagendera ku mahame akaze ya kisilamu.

Uyu mutwe uheruka kugaba igitero muri Uganda mu myaka ya za 90, unashinjwa kwinjiza abana mu nyeshyamba no kubatoza ubutagondwa, ndetse no kuba ari wo uri inyuma y’igitero giherutse guhitana ingabo za Monusco ziva muri Tanzania.

Umuvugizi wa UPDF, Brig. Karemire, akaba avuga ko ibi bikorwa bya gisirikare byo kurwanya ADF biyobowe ku bufatanye bw’abayobozi ba gisirikare ba Uganda n’aba Congo.

2017-12-24
Editorial

IZINDI NKURU

Gasabo: Umugabo yatemaguye umugore we aramwica ngo yatinze ku isoko

Gasabo: Umugabo yatemaguye umugore we aramwica ngo yatinze ku isoko

Editorial 19 Sep 2018
Perezida Nkurunziza arasaba ko inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yari iteganyijwe isubikwa

Perezida Nkurunziza arasaba ko inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yari iteganyijwe isubikwa

Editorial 26 Nov 2018
Ese Umugore na we yatangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina?

Ese Umugore na we yatangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina?

Editorial 17 Apr 2017
Ethiopie: Umugaba w’Ingabo yiciwe mu gikorwa cyo guhirika ubutegetsi

Ethiopie: Umugaba w’Ingabo yiciwe mu gikorwa cyo guhirika ubutegetsi

Editorial 23 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

ABAYOBOZI B’IGISIRIKARE CYA AMERIKA BACYEJE URUHARE RW’INGABO Z’U RWANDA MURI SUDANI Y’EPFO.
Mu Rwanda

ABAYOBOZI B’IGISIRIKARE CYA AMERIKA BACYEJE URUHARE RW’INGABO Z’U RWANDA MURI SUDANI Y’EPFO.

Editorial 12 Feb 2016
Majoro Ntilikina uba mu Bufaransa yaba afasha abashaka kurema umutwe w’ingabo utemewe ugamije kugirira nabi ubutegetsi buriho
ITOHOZA

Majoro Ntilikina uba mu Bufaransa yaba afasha abashaka kurema umutwe w’ingabo utemewe ugamije kugirira nabi ubutegetsi buriho

Editorial 21 Sep 2017
Bakina Super Cup, APR BBC itwaye igikombe itsinze REG BBC naho REG WBBC itsinda APR WBBC
Amakuru

Bakina Super Cup, APR BBC itwaye igikombe itsinze REG BBC naho REG WBBC itsinda APR WBBC

Editorial 18 Jan 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru