• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Congo intambara irarimbanije : UPDF yakoresheje ibitwaro biremereye n’ibirasa kure bitungura ADF

Congo intambara irarimbanije : UPDF yakoresheje ibitwaro biremereye n’ibirasa kure bitungura ADF

Ubwanditsi 24 Dec 2017 HIRYA NO HINO

Igisirikare cya Uganda cyakoresheje ibitwaro birasa kure bigatungura inyeshyamba za ADF muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo nk’uko bamwe mu bayobozi ba UPDF babitangarije Chimpreports mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru.

Umuvugizi wa UPDF, Brig. Richard Karemire, kuwa Gatanu ushize nibwo yatangaje ko batakoresheje imbunda ziremereye gusa ahubwo bakoresheje n’izirasa kure mu kurasa ku nkambi za ADF ahitwa Eringeti, muri Beni, ho muri Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni nyuma y’uko igisirikare cya Uganda cyari kimaze iminsi kirunda ingabo zacyo, zigizwe n’iimitwe kabuhariwe n’ibimodoka by’intambara ku mupaka na Congo.

ADF ngo yari izi ko yenda kugabwaho igitero kuva mu mezi 3 ashize nk’uko umwe mu bayobozi ba gisirikare bavuganye na Chimpreports akomeza avuga.

Uyu yakomeje agira ati: “Biteguye gusubiza inyuma ingabo zacu no kuzitega imitego. Intwaro zirasa kure zashenye inkambi zabo nta guhusha.”uyu yakomeje agira ati: “Twabatunguye.”

Kuri ubu igisirikare cya Uganda kirimo kureba uko uku kurasa za bombe ku nkambi za ADF kwagenze n’icyo kwatanze.

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, amakuru akaba yavugaga ko ingabo za Uganda zambutse umupaka zikinjira muri Congo nubwo bitaremezwa.

Igihugu cya Uganda gishinja umutwe wa ADF, ukuriwe na Jamil Mukulu, kuri ubu ufungiye muri Gereza ya Luzira, gufatanya n’imitwe y’abarwanyi b’abanyamahanga bagendera ku mahame akaze ya kisilamu.

Uyu mutwe uheruka kugaba igitero muri Uganda mu myaka ya za 90, unashinjwa kwinjiza abana mu nyeshyamba no kubatoza ubutagondwa, ndetse no kuba ari wo uri inyuma y’igitero giherutse guhitana ingabo za Monusco ziva muri Tanzania.

Umuvugizi wa UPDF, Brig. Karemire, akaba avuga ko ibi bikorwa bya gisirikare byo kurwanya ADF biyobowe ku bufatanye bw’abayobozi ba gisirikare ba Uganda n’aba Congo.

2017-12-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC: FARDC na Monusco byaburijemo igitero cya ADF muri Beni

RDC: FARDC na Monusco byaburijemo igitero cya ADF muri Beni

Ubwanditsi 02 Dec 2018
Udushya n’Udukoryo Twaranze Weekend

Udushya n’Udukoryo Twaranze Weekend

Ubwanditsi 25 Feb 2019
Burundi: Abaturage 250 barasaba ingurane y’ubutaka bwabo bwatwawe na Leta

Burundi: Abaturage 250 barasaba ingurane y’ubutaka bwabo bwatwawe na Leta

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Rusizi:FARDC yashyikirije RDF abarwanyi bo mu mutwe wa CNRD bagera hafi kuri 300

Rusizi:FARDC yashyikirije RDF abarwanyi bo mu mutwe wa CNRD bagera hafi kuri 300

Ubwanditsi 16 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abadepite batumije Perezida Mugabe ngo asobanure ibya ruswa yahombeje Zimbabwe miliyari $15
POLITIKI

Abadepite batumije Perezida Mugabe ngo asobanure ibya ruswa yahombeje Zimbabwe miliyari $15

Ubwanditsi 20 Apr 2018
Imodoka 73 zafatiwe imikoreshereze mibi y’utugabanyamuvuduko
Mu Rwanda

Imodoka 73 zafatiwe imikoreshereze mibi y’utugabanyamuvuduko

Ubwanditsi 26 Jun 2017
Perezida João Lourenço wari umuhuza mu kibazo cya Kongo arayamanitse kubera amananiza ya Tshisekedi
Amakuru

Perezida João Lourenço wari umuhuza mu kibazo cya Kongo arayamanitse kubera amananiza ya Tshisekedi

Ubwanditsi 14 Feb 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru