• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Cristiano Ronaldo yatwaye igihembo cy’umukinnyi w’umwaka wa 2016

Cristiano Ronaldo yatwaye igihembo cy’umukinnyi w’umwaka wa 2016

Ubwanditsi 10 Jan 2017 IMIKINO

Cristiano Ronaldo dos Santos Aveiro uzwi nka Cristiano Ronaldo umunya-Portugal ukinira Real Madrid yegukanye igihembo gihabwa umukinnyi wahize abandi mu kwitwara neza ku rwego rw’isi, igihembo gitangwa n’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi (FIFA).

-5316.jpg

‘FIFA Best Player of the Year Award’ ni igihembo cyatanzwe mu birori byaberaga i Zurich mu Busuwisi aho FIFA ifite icyicaro, umuhango wari witabiriwe n’ibikomerezwa mu mupira w’amaguru ku isi barimo na Sir Alex Fagurson wahoze atoza Manchester United, Ronaldo Luís Nazário de Lima bita Igifaru ndetse n’abandi bagiye batandukanye bafite icyo bazwiho muri ruhago y’isi.

-5317.jpg

Cristiano Ronaldo

Cristiano Ronaldo ahawe iki gihembo bigendanye no kuba ikipe y’igihugu ya Portugal yarayifashije gutwara igikombe cy’u Burayi ndetse na Real Madrid abereye inkingi ya mwamba akayifasha gutwara igikombe cy’irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’u Burayi (UEFA Champions League 2016) ndetse n’irushanwa rihuza amakipe yitwaye neza ku migabane.

Uyu mugabo w’imyaka 31, atwaye iki gihembo ku nshuro ya kane (4) ahigitse Lionel Messi wa FC Barcelona na Argentine cyo kimwe na Antoine Griezman umufaransa ukinira Atletico Madrid.

Mu gihe ikipe ya Real Madrid yari ihafite abakinnyi n’umutoza ZineDine Zidane, ikipe ya FC Barcelone na Lionel Messi ntibari bahari kuko batanze impamvu bavuga ko bahugiye mu kwitegura Athletic Bilbao mu mukino w’igikombe cy’umwami bazakina kuwa Gatatu.

Atletico Nacional yahawe igihembo cyigenerwa umukinnyi, ikipe kandi undi wese wagaragaje ubworoherane mu mupira w’amaguru ku isi.Iyi kipe yo muri Colombia yahawe iki gihembo nyuma yaho yemeye ko igikombe yari gukinira na Chapecoense ku mukino wa Copa Sudamericana bakiyihereza kuko iyi kipe (Chapecoense) yagize insanganya abakinnyi n’abatoza bayo bagatikirira mu mpanuka y’indege ubwo bari bageze i Medelin bajya gukina.

Abafana b’ikipe ya Liverpool na Borussia Dortmund bahawe igihembo gihabwa abafana b’ikipe (Club) cyangwa abafana b’ikipe y’igihugu bigaragaje bafana mu buryo budasanzwe. Mohd Faiz Subri ukinira ikipe ya Penang muri shampiyona ya Malaysia niwe wahawe igihembo kiswe “FIFA Puskas Award”, igihembo gihabwa umukinnyi watsinze igitego cyiza kurusha abandi.

Silvia Neid umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Budage (Abakobwa) niwe wahembwe nk’umutoza w’umwaka wa 2016. Uyu yatangiye gutoza ikipe y’igihugu kuva mu 2005. Ku rundi ruhande, Claudio Ranieri umutoza wa Leicester City niwe wahawe iki gihembo mu cyiciro cy’abagabo. Mu mwaka wa 2016 nibwo Leicester City yatwaye igikombe cya shampiyona y’Abongereza nyuma y’imyaka 132 bategereje icyo bizabyara bityo bituma isi yose ivuga ko uyu mutoza adasanzwe.

-5318.jpg

Claudio Ranieri wafashije Leicester City kugira ijambo ku rwego rw’isi

Carli Lloyd umukobwa ukinira ikipe ya Houston Dash na Leta Zunze Ubumwe za Amerika niwe wahawe igihembo cy’umukinnyi mwiza nyuma yo kuba iki gihugu cyaranatwaye igikombeb cy’isi mu mpera za 2015, ikipe uyu mukobwa yari arimo.
Abakinnyi 11 bari mu ikipe y’isi:

Umuzamu: Manuel Neuer (FC Bayern Munich)

Ba myugariro: Dani Alves (Juventus), Sergio Ramos (Real Madrid), Gerard Pique (FC Barcelona), Marcelo (Real Madrid)

Bakina hagati: Andres Iniesta (FC Barcelona), Luka Modric (Real Madrid), Toni Kroos (Real Madrid)

Abashabika ibitego: Lionel Messi (FC Barcelona), Luis Suarez (FC Barcelona), Cristiano Ronaldo (Real Madrid)

-5319.jpg

Silvia Neid umudamu wahize abandi batoza baba ku mubumbe dutuye

-5320.jpg

Abafana ba Liverpool na Borussia Dortmund nibo bakora ikitwa ‘Gufana’ bya nyabyo

2017-01-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nsengimana Jean Bosco ni we wegukanye umunsi wa mbere wa Tour du Rwanda

Nsengimana Jean Bosco ni we wegukanye umunsi wa mbere wa Tour du Rwanda

Ubwanditsi 13 Nov 2017
Rayon Sports yahawe igikombe cya shampiyona 2018-2019, kiba icya 9 mu mateka yayo

Rayon Sports yahawe igikombe cya shampiyona 2018-2019, kiba icya 9 mu mateka yayo

Ubwanditsi 02 Jun 2019
Hateguwe irushanwa ryo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu mukino wa Sitting Volleyball.

Hateguwe irushanwa ryo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu mukino wa Sitting Volleyball.

Ubwanditsi 18 Jun 2021
Mu rwego rwo kwitegura umukino wa CAF Confederation Cup na Shampiyona , APR FC igiye gukina imikino ibiri ya Gicuti na Gasogi United ndetse na Gorilla FC

Mu rwego rwo kwitegura umukino wa CAF Confederation Cup na Shampiyona , APR FC igiye gukina imikino ibiri ya Gicuti na Gasogi United ndetse na Gorilla FC

Ubwanditsi 10 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byiringiro Lague wakiniraga APR FC yasinyiye ikipe ya Sandvikens IF yo mu kiciro cya gatatu muri Suwede
Amakuru

Byiringiro Lague wakiniraga APR FC yasinyiye ikipe ya Sandvikens IF yo mu kiciro cya gatatu muri Suwede

Ubwanditsi 27 Jan 2023
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yerekeje muri Senegal aho igiye kwitabira shampiyona ya Afurika ya Taekwondo.
Amakuru

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yerekeje muri Senegal aho igiye kwitabira shampiyona ya Afurika ya Taekwondo.

Ubwanditsi 01 Jun 2021
U Burundi burataka igihombo cyo kwimwa kwakira inama ya COMESA bwateguraga
INKURU NYAMUKURU

U Burundi burataka igihombo cyo kwimwa kwakira inama ya COMESA bwateguraga

Ubwanditsi 28 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru