• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Diamond Wagaragaye Agiye Gusomana na Wema Sepetu yavuze ku mubano bafitanye

Diamond Wagaragaye Agiye Gusomana na Wema Sepetu yavuze ku mubano bafitanye

Editorial 30 Jan 2018 SHOWBIZ

Umuhanzi Diamond Platnumz yihanije bamwe mu bakunzi be batashimishijwe no kuba yongeye kugirana ubushuti na Wema Sepetu wahoze ari umukunzi we.

Wema Sepetu wabaye Nyampinga wa Tanzaniya muri 2006, akaba n’umwe mu bakinnyi ba filime bakomeye, yigeze kukanyuzaho mu rukundo n’umuhanzi Diamond Platnumz  gusa baje gutandukana muri 2014.

Kuva ubwo ntibongeye gucana uwaka dore ko Diamond yahise yishakira Zari Hassan bari baratangiye guteretana, Wema Sepetu atarabenga Diamond.

Ubwo inzu Wasafi iyoborwa na Diamond yamurikaga umuhanzi wayo mushya witwa Mbosso, abantu baje gutungurwa no kubona Wema Sepetu yitabiriye ibyo birori, ndetse akaba ari na we wahamagaye Diamond ku rubyiniro, barahoberana bigaragara ko bishimiranye.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram Diamond yanditse, amagambo akomeye, aho yasaga nk’uwiyama abantu batashimishijwe  n’uko yongeye kugirana ubushuti na Wema Sepetu.

Yagize ati “ abantu benshi bakunda kubona abandi bari mu ntambara n’amatiku adafite umutwe n’amaguru. Uzumva umuntu akubwira ati  ‘ndi umufana wawe ndakwemera cyane, ariko kuba watumiye Wema Sepetu wansuzuguye.  Ubwo se urashaka ko nkomeza kurebana nabi na Wema ngo bigende gute? Wunguke iki? Hari icyo byamfasa cyangwa se ubuhanzi bwacu.”

N’ubwo Diamond yubuye ubushuti na Wema Sepetu, yavuze ko  atagambiriye kongera gukundana nawe kuko afite umuryango kandi adashobora kuwusiga.

Yagize ati “ mfite umuryango wanjye, ndawukunda, ndawubaha kandi sinteze kuwusiga… ariko iyo siyo mpamvu yatuma ngirana ibibazo n’abantu… uru ni urugero rwa mbere, urundi ruzakurikiraho. Uyu siwo mwanya wo kubaka inzangano zidafite aho zishingiye, ni umwanya wo gufatanya nk’abahanzi, tugateza imbere ubuhanzi bwacu ku bwo gutegura ejo hazaza h’abana bacu.”

Kuri ubu Wema Sepetu yatandukanye n’umusore wo muri Tanzaniya Idriss Sultan wigeze gutwara irushanwa rya Big Brother Africa, gusa ntacyo aratangaza kuri uyu mubano we Diamond.

2018-01-30
Editorial

IZINDI NKURU

AMAFOTO – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cya John Legend cyabereye muri BK Arena

AMAFOTO – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cya John Legend cyabereye muri BK Arena

Editorial 22 Feb 2025
Diamond Platnumz ari mu mazi abira, arasabwa kuriha Mobetto akayabo ku indezo y’umwana

Diamond Platnumz ari mu mazi abira, arasabwa kuriha Mobetto akayabo ku indezo y’umwana

Editorial 02 Nov 2017
FESPAD : Zao Zoba yerekanye ubuhanga mu gitaramo gifungura, Sauti Sol irinubirwa

FESPAD : Zao Zoba yerekanye ubuhanga mu gitaramo gifungura, Sauti Sol irinubirwa

Editorial 30 Jul 2018
Dore inyungu ziri mukonka amabere y’ umugore wawe

Dore inyungu ziri mukonka amabere y’ umugore wawe

Editorial 15 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zimbabwe: Umukandida wa MDC yatangiye gushakisha amajwi yitwaje perezida Kagame
POLITIKI

Zimbabwe: Umukandida wa MDC yatangiye gushakisha amajwi yitwaje perezida Kagame

Editorial 29 May 2018
Musabyimana na Mukarugomwa bahuriye mu ngengabitekerezo imwe ya CDR, ubu bari murukundo kandi bashaje
Amakuru

Musabyimana na Mukarugomwa bahuriye mu ngengabitekerezo imwe ya CDR, ubu bari murukundo kandi bashaje

Editorial 27 Jan 2021
Mu 2018, twagize umusaruro mwiza w’ubwoko bwose – Perezida Kagame
UBUKUNGU

Mu 2018, twagize umusaruro mwiza w’ubwoko bwose – Perezida Kagame

Editorial 24 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru