• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Diamond Yasobanuye Ibikomeje Kumuvugwaho ko Yateye Inda Hamisa Umukobwa Wagaragaye Mu Mashusho ye ya Salome

Diamond Yasobanuye Ibikomeje Kumuvugwaho ko Yateye Inda Hamisa Umukobwa Wagaragaye Mu Mashusho ye ya Salome

Editorial 24 Jun 2017 SHOWBIZ

Umuririmbyi Diamond Platnumz umaze kwamamara muri Afurika yihakanye inda bivugwa ko yateye umunyamideli Hamisa Mobeto, wakunze kuvugwaho kugirana umubano wihariye n’uyu muhanzi ukundana na Zari babanye badasezeranye.

Naseeb Abdul Juma [Diamond] ukorera muzika muri Tanzania amaze gusohora ibihangano byinshi byamenyekanye bimushyira mu bakomeye. Yaririmbye indirimbo zizwi zirimo ’Mbagala’, ’Nataka Kulewa’, ’Moyo Wangu’, ’Nana’ na ’Number One’ yasubiranyemo na Davido igatuma amenyekana muri Afurika.

Mu kiganiro uyu muhanzi yagiranye na radiyo ya Clouds Fm iri mu zikomeye muri Tanzania, yagarutse ku biherutse kuvugwa ku mibanire ye na Zari, avuga ku cyabateranyije ubwo baheruka gushinjana gucana inyuma, anakomoza ku munyamideli Hamisa bivugwa ko atwite inda ye.

Hamisa Mobeto uvugwaho gutwita inda ya Diamond ni umwe mu bagaragaye mu mashusho y’indirimbo ’Salome’, kuva yasohoka hatangiye kumvikana inkuru zivuga umwana atwite ari uw’uyu muhanzi hanatutumba umwuka mubi hagati y’uyu mukobwa na Zari.

-7074.jpg

Diamond yasabye uyu mukobwa ko avuga uwamuteye inda

Diamond yavuze ko ibyamuvuzweho we na Hamisa, bitamworoheye kubisobanurira umugore we, asaba uyu mukobwa gukuraho urujijo akavuga se w’umwana atwite ukurikira undi yabyaye muri 2015.

Yagize ati “Ndabimenyereye kumva inkuru nk’izi kuri njye. Kuva nasohora ’Salome’, hakwirakwiye inkuru nahuriragamo na Hamisa kuko abantu batumvaga impamvu namuhisemo ngo ajye muri iyo ndirimbo.”

Yakomeje ati “Byansabye kwizeza Mama Tiffah ko ibyavugwaga byose ari ibihuha. Nagombaga kwitandukanya na Hamisa kuko byanshyize mu bibazo byinshi. Inkuru zivuga ko nateye inda Hamisa ni ibinyoma, ndetse nabyumvise vuba aha ko atwite, ntungurwa cyane no gusanga inda ye yaranshyizweho. Ntacyo nabikoraho kuko abantu bavuga byinshi, gusa nifuza ko Hamisa yasobanura neza, akavuga se w’umwana atwite.”

Diamond avuga ku mibanire ye na Zari muri iki gihe yasobanuye ko umwuka mubi wavuzwe mu rugo rwabo mu minsi ishize wari ufite ishingiro, gusa ngo ntiwamaze amasaha kuko bwari uburakari budakakaye bwagizwe na bombi, bigatuma badukirana bagashinjana gucana inyuma ku mbuga nkoranyambaga.

Yavuze ko akimara kubona ifoto ya Zari ari kumwe n’undi mugabo mu mazi, yabaye nk’utaye umutwe agahita amuhamagara amusaba ibisobanuro, yagize ati “Nkimubaza, ati ’Uriya rero ni muramu wanjye, ejo twari turi kumwe ndetse hari n’umugore we, gusa kuko twari turi mu mazi bigaragara nk’aho yari ampobeye, ariko ntabwo ari ko bimeze.”

Yakomeje ati “Zari amaze kumbwira gutyo numvise ndakaye cyane nkabona ibyo ambwira ari urwiyerurutso no kwisobanura bidafite ishingiro. Naramubwiye nti ’ko mbona utarayishyira kuri konti zawe ku mbuga nkoranyambaga? Ndabona abantu ahubwo ari bo bari kuyihererekanya… Byagenze gute? Washakaga

kwimenyekanisha? Washakakaga iki?’ Naramubwiye nti ’Njyewe rero iyi foto ngiye kuyereka abantu Isi yose ibibone niba udashaka ko imenyekana, bose baramenya ibyawe.”

“Nyuma yo kuyishyira kuri Instagram nagiye kubona mbona aje mu biro byanjye yihuta cyane, anyereka amafoto yose ati ’Ntureba ko nari ndi kumwe n’umugore w’uriya mugabo? Uri mu biki koko? Uzi ko umugore we ari na we wadufotoye?’ Amaze kubinyemeza nibwo nahise nsiba ibyo nari nanditse ku mbuga nkoranyambaga turiyunga.”

-7073.jpg

Diamond yasobanuye iby’umwuka mubi uherutse kuvugwa hagati ye na Zari

Zari na Diamond baherukaga kuvugwa mu nkuru zo gucana inyuma basanzwe bafitanye abana babiri, uwa mbere witwa Latiffah Naseeb [Dangote] yavutse ku wa 6 Kanama 2015, uw’umuhungu ufite amezi atanu bamwise Prince Nillan Dangote. Aba biyongera ku bandi batatu yabyaranye na nyakwigendera Ivan Ssemwanga barimo Pinto, Quincy n’uwitwa Didy.

Diamond uvugwaho gutera inda umukobwa yifashishije mu mashusho, yari aherutse gutangaza ko kugira inshingano zo kurera abana yabyaranye na Zari, byamuhujije burundu ingeso z’ubushurashuzi no kwinjira mu nkundo za hato na hato n’abandi bagore.

-7075.jpg

Diamond aherutse kuvuga ko inshingano afite zo gutunga umuryango zamukuye mu bushurashuzi

2017-06-24
Editorial

IZINDI NKURU

Ubukwe bw’ Umunyarwandakazi Uzarongorwa n’ Umuraperi AY Itariki Naho Buzabera Byamaze Kumenyekana

Ubukwe bw’ Umunyarwandakazi Uzarongorwa n’ Umuraperi AY Itariki Naho Buzabera Byamaze Kumenyekana

Editorial 11 Jan 2018
Padiri Uwimana agiye kujya muri Amerika muri gahunda zirimo no gushakisha Lil Wayne ngo bakorane indirimbo

Padiri Uwimana agiye kujya muri Amerika muri gahunda zirimo no gushakisha Lil Wayne ngo bakorane indirimbo

Editorial 07 Mar 2018
Umuhanzi Bruce Melodie yagize icyo avuga ku majwi ye yasohotse avuga ko yaba yarihenuye ku bahanzi bagenzi be barimo The Ben na Meddy ngo baba bariswe abanebwe

Umuhanzi Bruce Melodie yagize icyo avuga ku majwi ye yasohotse avuga ko yaba yarihenuye ku bahanzi bagenzi be barimo The Ben na Meddy ngo baba bariswe abanebwe

Editorial 24 Mar 2021
Miss Rwanda 2017 Elsa Iradukunda yatawe muri yombi, Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ihagarika irushanwa rya Miss Rwanda

Miss Rwanda 2017 Elsa Iradukunda yatawe muri yombi, Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ihagarika irushanwa rya Miss Rwanda

Editorial 09 May 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ni he umwirabura ashobora kubona umutuzo? Perezida Kagame yasubije iki kibazo
Mu Mahanga

Ni he umwirabura ashobora kubona umutuzo? Perezida Kagame yasubije iki kibazo

Editorial 03 Jun 2016
Sergio Ramos, Kaylor Navas ndetse na Julian Draxler bakinira ikipe ya Paris St Germain barasura u Rwanda mu mpera z’iki cyumweru
Amakuru

Sergio Ramos, Kaylor Navas ndetse na Julian Draxler bakinira ikipe ya Paris St Germain barasura u Rwanda mu mpera z’iki cyumweru

Editorial 29 Apr 2022
Ferguson wahoze atoza Manchester United yajyanywe mu bitaro igitaraganya
IMIKINO

Ferguson wahoze atoza Manchester United yajyanywe mu bitaro igitaraganya

Editorial 06 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru