• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Diaspora nyarwanda irahumurizwa yose ko izashobora gutora mu 2017

Diaspora nyarwanda irahumurizwa yose ko izashobora gutora mu 2017

Editorial 16 Dec 2016 Mu Mahanga

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo arahumuriza Abanyarwanda batuye mu mahanga ko nta mbogamizi bazongera kugira mu gihe cy’amatora ategurwa n’igihugu cyabo.

Ibi Minisitiri Mushikiwabo yabitangarije mu nama y’igihugu y’Umushyikirano ya 14 yatangiye i Kigali kuri uyu wa Kane tariki 15 Ukuboza 2016.

Umugabo witwa Kajuli John uba muri Canada muri leta ya Edmonton witabiriye iyi nama yagaragaje ko we n’abandi Byanyarwanda baba muri iyi leta batabona uko batora.

-5073.jpg

Bwana John Kijuli, ( Uwakabiri uturutse iburyo ) Visi President wa RCA-CANADA, akaba na President RCA Edmonton

Aha Minisitiri Mushikiwabo yasobanuriye abitabiriye iyi nama ko koko ababa mu bihugu binini cyane bigorana kugira babashe kuzuza inshingano zabo n’abanyagihugu kubera impamvu zitandukanye.

Yagize ati “Ni ikibazo Abanyarwanda benshi mu mahanga bagiye batugezaho cyo kutabasha gutora. Iki kibazo kiri mu bihugu byinshi cyane cyane ibinini cyane. Nagira ngo nizeze John ko iki kibazo twagihagurukiye hamwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora kugira ngo twongere ibiro by’itora kugira ngo buri munyarwanda wese uri mu mahanga wifuza gutora uri mu mahanga abishobore.”

Aha Mushikiwabo yasobanuye ko ibyo byose bigomba kuzakurikiza amategeko y’ibihugu abo banyarwanda batuyemo.

Yunzemo ati “Ndangira ngo mbizeze y’uko mbere y’amatora yo mu 2017 hose tuzaba twabashije kuhagera ngo bazabashe gutora.”

Mushikiwabo avuga ko nk’Abanyarwanda batuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika batorera ahantu habiri gusa, ari ho mu mujyi wa New York no muri Washington, akavuga ko n’ibihugu byo mu Burayi nk’u Butaliyani na Espangne na ho Abanyarwanda bagaragaje icyo kibazo cy’uko batabasha gutora.

Mu mwaka utaha wa 2017, tariki 4 Kanama u Rwanda rurategura amatora y’Umukuru w’Igihugu ugomba kuyobora igihugu mu myaka irindwi iri imbere.

-5072.jpg

Bamwe mu banyarwanda baba mu mahanga

2016-12-16
Editorial

IZINDI NKURU

Umuhuzabikorwa wa DASSO yasabye abagize uru rwego kwita no  kuzuza inshingano zabo

Umuhuzabikorwa wa DASSO yasabye abagize uru rwego kwita no kuzuza inshingano zabo

Editorial 04 Jun 2016
Ruhango: Hashojwe icyumweru cyahariwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda

Ruhango: Hashojwe icyumweru cyahariwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda

Editorial 04 Oct 2016
Abaturage barasabwa kwitabira amatora y’abajyanama

Abaturage barasabwa kwitabira amatora y’abajyanama

Editorial 19 Feb 2016
Urubyiruko rw’abakorerabushake 400 rwatangiye amahugurwa ku gukumira ibyaha

Urubyiruko rw’abakorerabushake 400 rwatangiye amahugurwa ku gukumira ibyaha

Editorial 24 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Patriots BBC yatangiye yihaniza JKT mu ijonjora rya BAL
IMIKINO

Patriots BBC yatangiye yihaniza JKT mu ijonjora rya BAL

Editorial 18 Dec 2019
Kwishora mu bwomanzi si ubukene, ni ukubura indangagaciro zo kwiyubaha.
Amakuru

Kwishora mu bwomanzi si ubukene, ni ukubura indangagaciro zo kwiyubaha.

Editorial 27 Aug 2024
Zion Temple : Abashaka kujya muri ISRAEL mushonje muhishiwe
Mu Rwanda

Zion Temple : Abashaka kujya muri ISRAEL mushonje muhishiwe

Editorial 16 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru