• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Donald Trump yiyeguriye Imana

Donald Trump yiyeguriye Imana

Ubwanditsi 28 Jun 2016 POLITIKI

Donald Trump umukandida wiyamamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe Za Amerika, umugabo umaze kuba icyamamare kubw’amagambo agenda atangaza, noneho ngo yaba yarakiriye agakiza!

Iyi nkuru turayitangarizwa na Dogiteri James Dobson,umuyobozi wa “Focus on the Family and Family Talk”. Dogiteri Dobson aragira ati:” Donald Trump aherutse guha ubugingo bwe Kristo:, yongeraho ati : “ Ubu ni uruhinja mu gakiza, mukwiye kumusengera” Mu kiganiro yagiranye na Pasteri Michael Anthony, DrJames Dobson yavuze ko ubu hari abakozi b’Imana batandukanye barimo gufasha Donald Trump, “Nzi umuntu wamuyoboye mu kwihana no kwizera Kristo,kandi bibaye vuba aha”,uwo ni Dobson ubivuga, akomeza agira ati” Ntabwo nzi neza umunsi byabereye ariko ntibitinze” Dobson aratangaza ko yizera rwose ko Trump yakijijwe, yongeraho ariko ko ubu akiri “Uruhinja mu gakiza” bityo akaba asaba ko abakristo bamusabira cyane cyane batekereza ko hari ubwo yajya mu buyobozi bukuru bw’igihugu.

Ibi Dobson yabitangaje ku munsi Donald Trump yahuraga mu muhezo n’abayobozi b’amatorero agendera ku kuri k’Ubutumwabwiza.(Evangeliques).Iyo nama yari yiswe, “ Ikiganiro cya Donald Trump na Ben Carson ku byerekeye ejo hazaza ha Leta Zunze Ubumwe z’Amerika”iyo nama yabereye mu mugi w’I New York. Johnnie Moore umuvugizi w’uwo muryango, yavuze ko iyi nama yari ikiganiro nyacyo cyuzuye urugwiro, atari nk’urubanza cyangwa iperereza nkuko bamwe babyibwira, yongeraho ko rwose Donald Trump n’ikipe ye berekanye ubushake butarimo uburyarya bakira abo bayobozi b’ Abakristo. Johnnie Moore asoza agira ati “ Nibwo bwa mbere nari mbonye igiterane cyahuje umubare ungana kuriya w’abayobozi ba Gikristo.” Umwaka ushize nibwo Trump yari yavuze ko atigeze yaka imbabazi Imana mu buzima bwe,kandi nubwo yavugaga ko Bibiliya aricyo Gitabo akunda kurusha ibindi, yanze kugira n’umurongo n’umwe wa Bibiliya akunda yatangariza abantu.

Yaravuze ati:” Bibiliya ifite agaciro kanini kuri njye, ariko sinajya mu by’imirongo iyi n’iyi. Dobson aravuga ati” Trump ntaramenya imivugire yacu twe abakristo, muri icyo kiganiro n’abo bayobozi yakoresheje inshuro enye cyangwa eshanu ijambo Hell( gehinomu, ikuzimu, mu muriro). Akunda kenshi kuvuga ku by’idini n’imihango yayo kuruta uko yavuga ku “kwizera Kristo” Dobson agira ati:” Dukwiye kumwumva, kuko atakuze kimwe natwe” ,” Ndatekereza ko hari ibyiringiro kuri we” Nyuma y’iyo nama Trump ngo yaganiriye ku byerekeye Ukwizera kw’umuntu ku giti cye, n’akamaro ko kwizera. Ralph Reed wo muri uyu muryango” The Faith and Freedom coalition”avuga ko Donald Trump yaberuriye avuga ati :” Sinzi Bibiliya nkuko muyizi, kandi simfite ubumenyi bw’iby’Imana (theologian), ariko ndi Umukristo.” Ngibyo rero ibya Donald Trump nkuko twabibasomeye. Icyo twe twavuga nuko Yesu ntacyamunanira.

-3076.jpg

Donald Trump umukandida wiyamamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe Za Amerika

Turashima Imana niba ari uko byagenze, Icyo Imana ishaka nuko hatagira numwe urimbuka, ahubwo ko abantu bose bakwihana bakizera bagakizwa, bagahabwa ubugingo bw’iteka.

2016-06-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bitangiye kugaragara yuko nta Jammeh wa Gambia nta Nkurunziza w’u Burundi

Bitangiye kugaragara yuko nta Jammeh wa Gambia nta Nkurunziza w’u Burundi

Ubwanditsi 13 Dec 2016
Umuzi w’umwuka mubi n’amakimbirane hagati y’u Rwanda na Uganda [ igice 1]

Umuzi w’umwuka mubi n’amakimbirane hagati y’u Rwanda na Uganda [ igice 1]

Ubwanditsi 23 May 2019
Kabuga yagakwiye gusogongera ku cyanga cy’Ubutabera bw’ u Rwanda nk’abandi nkawe

Kabuga yagakwiye gusogongera ku cyanga cy’Ubutabera bw’ u Rwanda nk’abandi nkawe

RUSHYASHYA 16 Nov 2025
Kamanzi na Maniriho batorewe guhagararira urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko

Kamanzi na Maniriho batorewe guhagararira urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko

Ubwanditsi 05 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

EAC ishobora kuzisanga mu bibazo itakwikuramo
Mu Rwanda

EAC ishobora kuzisanga mu bibazo itakwikuramo

Ubwanditsi 16 Jun 2017
Kumenya ubuziranenge bw’ibinyabiziga birinda impanuka zo mu muhanda
Mu Mahanga

Kumenya ubuziranenge bw’ibinyabiziga birinda impanuka zo mu muhanda

Ubwanditsi 28 Jan 2016
Padiri Alphonse Kabera yishwe anigishijwe isume yicazwa mu ntebe iwe
ITOHOZA

Padiri Alphonse Kabera yishwe anigishijwe isume yicazwa mu ntebe iwe

Ubwanditsi 26 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru