• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Donald Trump yiyeguriye Imana

Donald Trump yiyeguriye Imana

Ubwanditsi 28 Jun 2016 POLITIKI

Donald Trump umukandida wiyamamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe Za Amerika, umugabo umaze kuba icyamamare kubw’amagambo agenda atangaza, noneho ngo yaba yarakiriye agakiza!

Iyi nkuru turayitangarizwa na Dogiteri James Dobson,umuyobozi wa “Focus on the Family and Family Talk”. Dogiteri Dobson aragira ati:” Donald Trump aherutse guha ubugingo bwe Kristo:, yongeraho ati : “ Ubu ni uruhinja mu gakiza, mukwiye kumusengera” Mu kiganiro yagiranye na Pasteri Michael Anthony, DrJames Dobson yavuze ko ubu hari abakozi b’Imana batandukanye barimo gufasha Donald Trump, “Nzi umuntu wamuyoboye mu kwihana no kwizera Kristo,kandi bibaye vuba aha”,uwo ni Dobson ubivuga, akomeza agira ati” Ntabwo nzi neza umunsi byabereye ariko ntibitinze” Dobson aratangaza ko yizera rwose ko Trump yakijijwe, yongeraho ariko ko ubu akiri “Uruhinja mu gakiza” bityo akaba asaba ko abakristo bamusabira cyane cyane batekereza ko hari ubwo yajya mu buyobozi bukuru bw’igihugu.

Ibi Dobson yabitangaje ku munsi Donald Trump yahuraga mu muhezo n’abayobozi b’amatorero agendera ku kuri k’Ubutumwabwiza.(Evangeliques).Iyo nama yari yiswe, “ Ikiganiro cya Donald Trump na Ben Carson ku byerekeye ejo hazaza ha Leta Zunze Ubumwe z’Amerika”iyo nama yabereye mu mugi w’I New York. Johnnie Moore umuvugizi w’uwo muryango, yavuze ko iyi nama yari ikiganiro nyacyo cyuzuye urugwiro, atari nk’urubanza cyangwa iperereza nkuko bamwe babyibwira, yongeraho ko rwose Donald Trump n’ikipe ye berekanye ubushake butarimo uburyarya bakira abo bayobozi b’ Abakristo. Johnnie Moore asoza agira ati “ Nibwo bwa mbere nari mbonye igiterane cyahuje umubare ungana kuriya w’abayobozi ba Gikristo.” Umwaka ushize nibwo Trump yari yavuze ko atigeze yaka imbabazi Imana mu buzima bwe,kandi nubwo yavugaga ko Bibiliya aricyo Gitabo akunda kurusha ibindi, yanze kugira n’umurongo n’umwe wa Bibiliya akunda yatangariza abantu.

Yaravuze ati:” Bibiliya ifite agaciro kanini kuri njye, ariko sinajya mu by’imirongo iyi n’iyi. Dobson aravuga ati” Trump ntaramenya imivugire yacu twe abakristo, muri icyo kiganiro n’abo bayobozi yakoresheje inshuro enye cyangwa eshanu ijambo Hell( gehinomu, ikuzimu, mu muriro). Akunda kenshi kuvuga ku by’idini n’imihango yayo kuruta uko yavuga ku “kwizera Kristo” Dobson agira ati:” Dukwiye kumwumva, kuko atakuze kimwe natwe” ,” Ndatekereza ko hari ibyiringiro kuri we” Nyuma y’iyo nama Trump ngo yaganiriye ku byerekeye Ukwizera kw’umuntu ku giti cye, n’akamaro ko kwizera. Ralph Reed wo muri uyu muryango” The Faith and Freedom coalition”avuga ko Donald Trump yaberuriye avuga ati :” Sinzi Bibiliya nkuko muyizi, kandi simfite ubumenyi bw’iby’Imana (theologian), ariko ndi Umukristo.” Ngibyo rero ibya Donald Trump nkuko twabibasomeye. Icyo twe twavuga nuko Yesu ntacyamunanira.

-3076.jpg

Donald Trump umukandida wiyamamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe Za Amerika

Turashima Imana niba ari uko byagenze, Icyo Imana ishaka nuko hatagira numwe urimbuka, ahubwo ko abantu bose bakwihana bakizera bagakizwa, bagahabwa ubugingo bw’iteka.

2016-06-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imvugo z’Uburyarya no kwivuguruza kw’Abanyapolitiki biyita ko bari muri Opposition

Imvugo z’Uburyarya no kwivuguruza kw’Abanyapolitiki biyita ko bari muri Opposition

Ubwanditsi 26 Dec 2016
Sudani y’Epfo: Abakozi 10 ba Loni baburiwe irengero

Sudani y’Epfo: Abakozi 10 ba Loni baburiwe irengero

Ubwanditsi 27 Apr 2018
Louise Mushikiwabo witegura kwiyamariza kuyobora OIF ni muntu ki?

Louise Mushikiwabo witegura kwiyamariza kuyobora OIF ni muntu ki?

Ubwanditsi 07 Jun 2018
Kizza Besigye na Bobi Wine bemeranyije amasezerano yo gukura Museveni ku butegetsi

Kizza Besigye na Bobi Wine bemeranyije amasezerano yo gukura Museveni ku butegetsi

Ubwanditsi 10 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu Jambo asbl ntacyo ikwiye kuvuga ku matora yabereye mu Rwanda
Amakuru

Impamvu Jambo asbl ntacyo ikwiye kuvuga ku matora yabereye mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Jul 2024
U Rwanda rwanganyije na Tanzania mbere yo kwakira Ethiopia
IMIKINO

U Rwanda rwanganyije na Tanzania mbere yo kwakira Ethiopia

Ubwanditsi 15 Oct 2019
Uganda yasabwe kurekura Abanyarwanda badafite ibyo bashinjwa bakava mu busho bafungiyemo
INKURU NYAMUKURU

Uganda yasabwe kurekura Abanyarwanda badafite ibyo bashinjwa bakava mu busho bafungiyemo

Ubwanditsi 16 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru