• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ecole Secondaire Ste Bernadette Kamonyi yiganje mu makipe yatwaye ibikombe ubwo hasozwa Amashuri Kagame Cup 2024

Ecole Secondaire Ste Bernadette Kamonyi yiganje mu makipe yatwaye ibikombe ubwo hasozwa Amashuri Kagame Cup 2024

Ubwanditsi 27 Feb 2024 Amakuru, IMIKINO

Ku Cyumweru tariki 25 Gashyantare 2024 mu Karere ka Kamonyi habaye igikorwa cyo gusoza imikino y’Amashuri Kagame Cup ya 2024 ku rwego rw’aka Karere. ESB Kamonyi yatwaye ibikombe bitatu (3) mu batarengeje imyaka 20.

Ni imikino yasojwe mu bakinnyi batarengeje imyaka 13 n’abatarengeje imyaka 20 mu cyiciro cy’abahungu n’abakobwa.

Ikipe ya ESB Kamonyi cyatwaye igikombe muri Basketball mu bahungu n’abakobwa  batarengeje imyaka 20 banatwara igikombe muri Volleyball icyiciro cy’abakobwa bari muri icyo kigero.

Muri Basketball y’abakobwa, ESB Kamonyi yatwaye igikombe itsinze ES Marie Adelaide amanita 92-25 mu gihe mu bahungu ESB Kamonyi batsinze ST Ignace TSS amanita 129-35. Muri Volleyball y’abakobwa batarengeje imyaka 20, ESB Kamonyi yatsinze St TSS St Ignace amaseti 3-0 (25-8,25-10,25-9) igikombe cyo mu bahungu cyatwawe na St Ignace TSS itsinze Runda Isonga amaseti 3-0 (25-20, 25-14, 25-18).

Mu batarengeje imyaka 20 kandi hakinwe umukino wa Netball ukinwa n’abakobwa gusa. ES Marie Adelaide A yatwaye igikombe itsinze ES Marie Adelaide B ku mukino wa nyuma.

Muri Rugby ikipe ya Kayenzi TSS yatwaye igikombe itsinze GS Bugoba ibitego 14-0 ku mukino wa nyuma.

Mu mupira w’amaguru mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 20, ECOSE Musambira yatwaye igikombe itsinze TSS Runda igitego 1-0 cyatsinzwe na Ntwari Anselme.

Mu isozwa ry’iyi mikino ku rwego rw’Akarere ka Kamonyi mu ntara y’amajyepfo, Padiri Majyambere Jean d’Amour uyobora Diyoseze ya Kabgayi akaba n’umuyobozi w’ishuri rya St Bernadette Kamonyi ndetse akaba ari n’umuyobozi mu ishyirahamwe rya siporo yo mu mashuri ku rwego rw’Akarere ka Kamonyi avuga ko iyi mikino itangirira ku rwego rw’umurenge, Akarere, League (uturere tuba twegeranye turahuzwa) bityo amakipe atwaye ibikombe akazaseruka ajya ku rwego rw’utundi turere baturanye.

Padiri Majyambere avuga ko siporo y’amashuri muri aka Karere ihagaze neza kuko ngo nk’umwaka ushize Akarere ka Kamonyi kari gafite amakipe atandatu mu makipe atandatu mu mikino ya FEASSSA ndetse ngo ku rwego rw’igihugu batwayemo ibikombe umunani.

Mu butumwa yagennye muri iri sozwa, Padiri Majyambere yavuze ko hakenewe gushyirwa imbaraga mu bana kugira ngo birusheho kuba akarusho.

Yagize “ Siporo ni nziza ariko byagera mu bana bikaba akarusho no mu masomo biga ariko na siporo tukayikora neza. Turasaba amashyirahamwe y’imikino itandukanye kudufasha mu mahugurwa, ibikoresho, abatoza, abasifuzin’ibindi  bikagera mu mashuri bityo abana bagakina mu buryo bwiza kuko nibo  bazafasha igihugu ubutaha.”

Yakomeje agira ati “ Ikindi nasaba ni ubufatanye n’inzego z’ubuyobozi bwite bwa leta gufatanya na siporo yo mu mashuri kuko birushaho gutera abana imbaraga bagakina bumva bashyigikiwe.”

Mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 13 y’amavuko, muri Volleyball igikombe cyatwawe na Groupe Scolaire Nyamiyaga itsinze EP  Nyakabuye amaseti 2-0 mu bahungu mu gihe mu bakobwa cyatwa na Groupe Scolaire Mushi batsinze GS Rose Mystica amaseti 2-0.

Muri Basketball y’abatarengeje iyo myaka, igikombe cyatwawe na Hope Dignity Academy  itsinze Cystal Fountain Academy amanita 23-10 mu bahungu mu gihe mu bakobwa igikombe cyegukanwe na n’ubundi na Hope Dignity Academy nabo batsinze Crystal Fountain Academy amanita 18-4.

Mu mupira w’amaguru w’ingimbi n’abagangavu batarengeje imyaka 13, ibikombe  byatwawe na GS St Michel Nyamirama mu ngimbi itsinze GS Nyarubuye ibitego 6-0, GS Bitsibo igitwara mu bakobwa itsinze GS St Michel ibitego 3-0.

Aganira n’abanyamakuru, Meya w’Akarere ka Kamonyi Dr Nahayo Sylvere yavuze ko abana bafite impano muri aka karere bafashwa gushakirwa amakipe bakinamo kugira ngo bakomeze barusheho gutyaza impano.

Yagize ati “Abana turabakrukirana. Hari abana dufite mu bigo  by’amashuri bitandukanye tukanagira uburyo tubakurikiranamo hari abafashwa bakabona amakipe bakinamo mu cyiciro cya kabiri n’icya gatatu. Iyo ni intambwe twateye kugira ngo bakomeze bazamure impano zabo.”

Iyi mikino ikaba yashojwe hatangwa ibihembo ku makipe y’ibigo by’amashuri yatsinze imikino ya nyuma, ku bufatanye bwa FERWAFA n’Ishyirahamwe ry’Imikino mu Mashuri, hanatanzwe imipira ya Football 340 yagabanyijwe ibigo by’amashuri byose mu Karere ka Kamonyi. Hanatanzwe imipira n’ibikoresho bya siporo byatanzwe na federasiyo za siporo zitandukanye zo mu Rwanda.

 

2024-02-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Jean Paul Turayishimye na Benoit Umuhoza bazi ko kwigomeka ku gihugu ari umuvumo niyo mpamvu babeshya ababyeyi babo ko babivuyemo 

Jean Paul Turayishimye na Benoit Umuhoza bazi ko kwigomeka ku gihugu ari umuvumo niyo mpamvu babeshya ababyeyi babo ko babivuyemo 

Ubwanditsi 18 Jul 2022
Umukinnyi w’umukino wo gusiganwa ku magare Uhiriwe Byiza Renus yerekeje mu gihugu cy’Ubutaliyani aho yagiye gutangira gukinira ikipe ya Qhubeka ASSOS

Umukinnyi w’umukino wo gusiganwa ku magare Uhiriwe Byiza Renus yerekeje mu gihugu cy’Ubutaliyani aho yagiye gutangira gukinira ikipe ya Qhubeka ASSOS

Ubwanditsi 17 Mar 2021
Leta y’u Rwanda yiyemeje ko mu 2030 abanyarwanda 95% bazaba baripimishije Virus itera Sida

Leta y’u Rwanda yiyemeje ko mu 2030 abanyarwanda 95% bazaba baripimishije Virus itera Sida

Ubwanditsi 24 Sep 2023
Amavubi yatewe mpaga kubera gukinisha Muhire Kevin ku mukino wa Benin atari yemerewe kuwukina

Amavubi yatewe mpaga kubera gukinisha Muhire Kevin ku mukino wa Benin atari yemerewe kuwukina

Ubwanditsi 17 May 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Uganda n’UBurundi bacuze  umugambi wo gutera URwanda mu mpera za 2019 .
INKURU NYAMUKURU

Uko Uganda n’UBurundi bacuze  umugambi wo gutera URwanda mu mpera za 2019 .

Ubwanditsi 23 Dec 2019
Abatsimbarara kuri Kibeho n’ ikinyoma cya “Double Jenoside” babiterwa n’ ipfunwe kubera amabi bakoze. Bageze n’aho batekesha amagufa y’Abatutsi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi
Uncategorized

Abatsimbarara kuri Kibeho n’ ikinyoma cya “Double Jenoside” babiterwa n’ ipfunwe kubera amabi bakoze. Bageze n’aho batekesha amagufa y’Abatutsi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 11 Jun 2021
N’imiyaga iduturutse imbere ikadusunika, tuyinyuramo –Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

N’imiyaga iduturutse imbere ikadusunika, tuyinyuramo –Perezida Kagame

Ubwanditsi 05 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru