• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?

Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?

Editorial 18 Mar 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Kuva mu bwana bwe Perezida Evariste Ndayishimiye azwi ku izina rya “Kirogorogo” kubera kuvuga ibyo abonye adatekereje. Ibyo ntibyagarukiye mu bwana bwe kuko ageze no mu myanya mikuru y’ubuyobozi ntiyigeze ahinduka. Byaje kuba agahomamunwa aho abereye Perezida w’igihugu agakomeza kuvuga amagambo atabereye umukuru w’igihugu haba areba politike y’imbere mu gihugu cye ndetse no kuri politiki y’akarere na politiki mpuzamahanga.

Bakiri mu ishyamba Ndayishimiye nanone bamwitaga insamirizi, cyangwa umupupuzi kuko yaravugaga, akavuga byinshi, akavuga yidoga azura akaboze agata umurongo. Kirogororo ubundi ni inyoni ivuga umwanya muremure igahindura n’amajwi.

Perezida Ndayishimiye yavuze ko ubusitani bwa Edeni buvugwa muri Bibiliya buherereye mu Burundi ndetse ko n’ubwato bwa Nowa bwubakiwe muri icyo gihugu . Neva yongeyeho ko u Burundi bukize kurusha Amerika kukomuri Amerika avoka igura amadorali atanu, kandi ibiryo bigura amadorali icumi mugihe idorali rimwe warya mu Burundi.

Nubwo Ndayishimiye avuga ibintu adategekereje hari amagambo avuga agira ingaruka kuri politiki y’akarere. Ubwo yari I Kinshasa ahura n’urubyiruko yavuzeko bagomba gufasha urubyiruko rw’u Rwanda bagakuraho ubutegetsi bwa Perezida Kagame amagambo atemewe muri dipolomasi keretse ari ibihugu birwana

Usibye kandi ibyo Ndayishimiye yavuze kenshi amagambo asa naho akurura intambara adakwiye kuvugwa n’umukuru w’igihugu.

Ku munsi w’ejo Ndayishimiye yavuze amagambo abenshi bibaza niba yari yanyoye urumogi abasirikari be bamukuriye muri Congo. Birazwi ko n’ubundi akunda kuvuga amagambo menshi yasomye ku gahiye ariko ku munsi w’ejo yari yakabije.

Perezida Ndayishimiye yemeje ko ingabo ze ari ingabo z’Imana ko ziri kurwana n’umwanzi Imana ishobora kohereza n’amavubi. Yavuzeko hari abavuga ko ingabo z’u Rwanda zikomeye ariko ko ingabo ze zikomeye kurushaho kuko ari ingabo z’Imana. Ndayishimiye nk’Umugaba Mukuru w’ikirenga yiyambuye ububasha abuha imyemerere ye. Ariko nubwo yitwaza Imana mu icengezamatwararye, Ndayishimiye azwiho kuba umwicanyi utihanganira abo batavuga rumwe cyane cyane akoresheje uburozi dore ko yahereye kuri Perezida Nkurunziza akurukizaho Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka CNDD/FDD Reverien Ndikuriyo aramuroga akaba avuye kwivuza mu bihugu by’iburayi ariko akaba ataragaruka mu kazi.

Ndayishimiye yarenze umupaka avuga ko u Rwanda arirwo nyirabayazana w’ibibazo mu karere kandi ingabo ze zizwiho kwica abanyamulenge ariko akavuga ko ingabo ze zikunzwe muri Congo. Yagiye muri Congo yifatanya na FDLR Interahamwe ngo arashaka kurwanya M23, maze iramushushubikanya imuvana muri Kivu y’amajyarugu imugeza muri Kivu y’amajyepfo mu byumweru bibiri kandi yari afite ingabo zirenga ibihumbi 15.

Ndayishimiye agomba kumenya ko yabaye Perezida w’igihugu akareka kuvuga nkuri mu kabari nako k’urwagwa. Agomba kumenya amagambo avuga akamenya ko ikivuzwe n’umukuru w’igihugu kigira ingaruka.

2025-03-18
Editorial

IZINDI NKURU

Kiliziya Gatolika yafashe iyambere mu gufasha abaturage gusaba no kwishyura serivisi za Leta binyuze k’urubuga Irembo

Kiliziya Gatolika yafashe iyambere mu gufasha abaturage gusaba no kwishyura serivisi za Leta binyuze k’urubuga Irembo

Editorial 22 Jun 2016
Bwa mbere mu mateka tombola ya UEFA Champions League yasubiwemo nyuma y’amakosa yari yabaye mu ya mbere

Bwa mbere mu mateka tombola ya UEFA Champions League yasubiwemo nyuma y’amakosa yari yabaye mu ya mbere

Editorial 14 Dec 2021
Perezida Kagame yagize icyo avuga k’ Ubufaransa bushaka kongera gukora iperereza  ry’Indege ya Habyarimana habazwa Kayumba

Perezida Kagame yagize icyo avuga k’ Ubufaransa bushaka kongera gukora iperereza ry’Indege ya Habyarimana habazwa Kayumba

Editorial 13 Oct 2016
Birakekwa ko Gen.Wilson Irategeka wari umuyobozi wa CNRD-FLN yahungiye I Burundi.

Birakekwa ko Gen.Wilson Irategeka wari umuyobozi wa CNRD-FLN yahungiye I Burundi.

Editorial 28 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hakomeje gukorwa ubukangurambaga bufasha ababaswe n’ibiyobyabwenge n’Uburara kubivamo burundu
Amakuru

Hakomeje gukorwa ubukangurambaga bufasha ababaswe n’ibiyobyabwenge n’Uburara kubivamo burundu

Editorial 18 Dec 2021
Kwirahiza  kwa Odinga nka Perezida wa Kenya  guteye amakenga
POLITIKI

Kwirahiza  kwa Odinga nka Perezida wa Kenya  guteye amakenga

Editorial 02 Feb 2018
Ángel Di María yihimuye kuri Manchester United, afasha PSG kuyitsindira mu rugo (Amafoto)
IMIKINO

Ángel Di María yihimuye kuri Manchester United, afasha PSG kuyitsindira mu rugo (Amafoto)

Editorial 13 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru