• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Ese Perezida Nkurunziza w’u Burundi azitabira umwiherero wo kuri 22 gashyanta I kampala?

Ese Perezida Nkurunziza w’u Burundi azitabira umwiherero wo kuri 22 gashyanta I kampala?

Editorial 05 Feb 2018 POLITIKI

Nyuma yo kunyeganyezwa bikomeye n’ ibihe bya politiki bitoroshye aho iminsi ya Perezida w’ u Burundi ,Pierre Nkurunziza ku butegetsi yakomeje kubarirwa ku ntoki bivugwa ko ubutegetsi bwe bugihagaze ku kaguru kamwe gashingiye k’ ubucuruzi bwa Mafia bukomeye bw’ amabuye y’ agaciro bukorwa n’ ishyaka CNDD/FDD.

Hashize igihe kinini Perezida Nkurunziza adasohoka mu gihugu atinya kongera gukorerwa Coup d’etat, n’ubwo bimeze gutyo hari ibibazo  bya Politiki mu Burundi ari nabyo byatumye imishyikirano ya Arusha inanirana, byakabaye rero umwanya wo gutanga raporo kubakuru b’ibihugu bya EAC, hakarebwa icyagarura amahoro ya nyayo mu  burundi buvugwa mu gucumbikira abahekuye u Rwanda bari mu mutwe wa FDLR.

Ku itariki ya 22 gashyantare hitezwe umwiherero w’abakuru b’ibihugu by’afurika y’uburasirazuba.

Ubunyamabanga bwa EAC buvuga ko bwahurije hamwe imyiherero y’abakuru b’ibihugu bitewe n’umwanya muto baba bafite kandi bagomba gusuzuma ingingo zikomeye kandi z’ingirakamaro.

Uzabanzirizwa n’inama zihariye ku bikorwa remezo n’izahuza abashoramari n’abaterankunga mu rwego rw’ubuvuzi, ku wa kuwa 21 Gashyantare 2018.

Iyo nama izaba ifite insanganyamatsiko igira iti Gushimangira no kwagura ukwihuza kw’ibihugu binyuze mu bikorwa remezo no guteza imbere urwego rw’ubuvuzi, iziga uburyo bwo kugera ku ntego z’umuryango, icyerekezo cya Afurika 2063 n’Intego zigamije Iterambere rirambye.

Kimwe n’ ibindi bihugu byo ku mugabane wa Afurika nk’ u Rwanda, u Burundi ntibushobora guhangana n’ ibibazo by’ ubukungu butifashishije inkunga mpuzamahanga ndetse n’ umubano mwiza ushingiye ku buhahirane n’ ibihugu by’ ibituranyi mu bucuruzi bwambukirana imipaka.

abantu bakurikiranira hafi politiki y’ u Burundi bavuga ko iki gihugu gikomeje kwinjira mu icuraburindi bitewe n’uko ibihugu byisnhi byagiteraga inkunga byagikuyeho amaboko.

N’ ubwo tutakwemeza 100% ko cyafatiwe Embargo(…) gusa ntawuyobewe ko u Burundi bubarirwa mu bihugu bikennye cyane kuruta ibindi ku isi ndetse ko bwari butunzwe ahanini n’ inkunga zituruka cyane mu bihugu by’ I Burayi.

Hashize igihe kitari gito abasirikare b’ u Burundi bari mu butumwa bw’ amahoro muri Somalia(AMISOM) badahembwa kandi Umuryango Wabibumbye usohora imishahara yabo ariko Leta ya Nkurunziza ntiyibagezeho nk’ uko biteganywa.

Muri Werurwe 2017, Abagize Sena y’ u Burundi bamaze gutanga raporo igaragaza ko abaturage barenze miliyoni 2 bugarijwe n’ inzara bifitanye isano n’ ubuzima bwa politiki ndetse n’ ubukungu bw’ igihugu bigaragara ko cyakomatanyirijwe.

U Burundi nk’ igihugu cyari gifite amahirwe yo kwiteza imbere uyu munsi kiragaragaza ishusho y’ umwijima biturutse ku bwicanyi bukorerwa abanyapolitiki batavuga rumwe na Leta, abanyamakuru n’ izindi nzirakarengane nk’ uko byagaragajwe na raporo zakozwe n’ imiryango mpuzamahanga ku burenganzira bwa munt ku Burundi.

Nkundiye Eric Bertrand

2018-02-05
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Macron yijeje ubufasha bwa gisirikare mu guhashya imitwe yitwaje intwaro muri RDC

Perezida Macron yijeje ubufasha bwa gisirikare mu guhashya imitwe yitwaje intwaro muri RDC

Editorial 13 Nov 2019
Amahoro mu burasirazuba bwa Kongo aracyari kure nk’ukwezi

Amahoro mu burasirazuba bwa Kongo aracyari kure nk’ukwezi

Editorial 08 Jul 2024
Kenya yambuye Abakongomani amahirwe yo kwinjira muri icyo gihugu badasabye visa.

Kenya yambuye Abakongomani amahirwe yo kwinjira muri icyo gihugu badasabye visa.

Editorial 29 Aug 2024
Umunyamerika wimenyereza umwuga yigize inzobere ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda

Umunyamerika wimenyereza umwuga yigize inzobere ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda

Editorial 02 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame na Magufuli bemeranyije gutangira iyubakwa ry’umuhanda wa gari ya moshi [ Isaka-Kigali ]
UBUKUNGU

Perezida Kagame na Magufuli bemeranyije gutangira iyubakwa ry’umuhanda wa gari ya moshi [ Isaka-Kigali ]

Editorial 14 Jan 2018
Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1
Amakuru

Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Editorial 04 Feb 2022
Kigali: Umusore yasanzwe mu nzu yapfuye hakekwa ko yiyahuye
ITOHOZA

Kigali: Umusore yasanzwe mu nzu yapfuye hakekwa ko yiyahuye

Editorial 15 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru