• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Etienne Tshisekedi azwiho ko ari umuntu wabaniraga neza u Rwanda

Etienne Tshisekedi azwiho ko ari umuntu wabaniraga neza u Rwanda

Editorial 13 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’amatora yabaye ku wa 30 Ukuboza 2018, amajwi y’agateganyo yerekanye ko Félix Tshisekedi yatorewe kuba Perezida n’amajwi 7 051 013 angana na 38,57% by’amaze kubarurwa. Martin Fayulu yaje ku mwanya wa kabiri na 6 366 732 angana na 34,83%, imbere ya Emmanuel Ramazani Shadary watowe n’abaturage 4 357 359 bangana na 23,84%.

Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo w’imyaka 55 yabashije kugera ku nzozi se yapfuye atabashije gukabya.

Umubyeyi we Etienne Tshisekedi yitabye Imana muri Gashyantare 2017. Yari umwe mu bantu bazwi batavugaga rumwe na Perezida Joseph Kabila.

Uyu nyakwigendera yatsinzwe amatora yo mu 2006 no mu 2011 ariko umuhungu we ubu ni Perezida.

Ikinyamakuru Igihe,  dukesha iyi nkuru cyakoze isesengura ryimbitse kigaruka ku mateka ya Etienne Tshisekedi n’umurage yasize ku mibanire ye n’u Rwanda. Igihe, kivugako  Etienne Tshisekedi ari umwe mu bahanga mu mategeko RDC yagize dore ko ari na we wa mbere wabonye impamyabumenyi y’ikirenga ayikuye muri Kaminuza ya Lovanium.

Yari umuntu wabanaga neza n’u Rwanda ku buryo yigeze gusobanura ashize amanga impamvu Ingabo z’u Rwanda zinjiye ku butaka bw’igihugu cye.[ reba Video ]

Yavuze ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ‘Abahutu bari barakoze amarorerwa hariya, barahunze baza muri Congo’.

Yasobanuye ko amategeko mpuzamahanga ateganya ko mu gihe umutwe witwaje intwaro wambutse imipaka ukajya mu kindi gihugu cy’igituranyi, ikigomba gukorwa ako kanya ari ukuzambura abo barwanyi.

Ati “Twebwe ntabwo twabambuye intwaro ku bwa Mobutu, ntabwo twambuye intwaro FDLR twarabaretse. Icya kabiri ugomba kubakura mu bilometero 150 uvuye ku mupaka uhuriweho ariko twe twabarekeye muri metero nke uvuye ku mupaka.”

Yakomeje avuga ko mu gihe ibyo bibaye hanyuma icyo gihugu abo barwanyi baturutsemo kigafata umwanzuro wo kwirinda, ‘muzavuga ngo kiri kwendereza Congo?”

Uyu musaza witabye Imana ku wa 1 Gashyantare 2017, azwiho kuba yarashyiraga mu gaciro ndetse akaba umuntu ucisha make.

Haribazwa uko Umuhungu  we azabanira u Rwanda

Nyuma y’urupfu rwa Tshisekedi mukuru, umuhungu we yashyizwe ku buyobozi bw’ishyaka rya UDPS ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC ari naryo se yayoboraga.

Mu Ukwakira 2016 yabaye Umunyamabanga Mukuru wungirije waryo, atorerwa kuriyobora ku wa 31 Werurwe 2018.

Ntiyigeze avugwa cyane muri Politiki nk’umubyeyi we. Bike azwiho harimo ko mu 2011 yatsindiye umwanya mu Nteko Ishinga Amategeko ariko ntiyawujyamo avuga ko amatora yabayemo uburiganya.

Abasesenguzi bavuga ko icya mbere ari ugutuma imitwe yitwaje intwaro muri Congo ishaka kurwanya u Rwanda nka FDLR , RNC na P5 iherutse kugaragazwa na Loni, ai uko idakomeza gukoresha RDC nk’ibirindiro byo kugira ngo itegure gutera u Rwanda.”

U Rwanda rukeneye umuyobozi wo muri Congo wumva ko imitwe yitwaje intwaro iri ku butaka bwayo igomba kurwanywa igatsindwa burundu.

Félix Tshisekedi

 

2019-01-13
Editorial

IZINDI NKURU

Mu rwego rwo gukomeza gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ibigarasha n’interahamwe barategura guha “icyubahiro” abicanyi baguye mu ntambara yo guhagarika iyo Jenoside

Mu rwego rwo gukomeza gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ibigarasha n’interahamwe barategura guha “icyubahiro” abicanyi baguye mu ntambara yo guhagarika iyo Jenoside

Editorial 28 Mar 2022
Munyampeta Jean Luc wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana akomeje kwifatanya n’ibigarasha

Munyampeta Jean Luc wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana akomeje kwifatanya n’ibigarasha

Administrator 06 Nov 2025
Uko ikinyamakuru cyo muri Kenya kiragaragaza imigambi yapfubye ya Uganda ku Rwanda

Uko ikinyamakuru cyo muri Kenya kiragaragaza imigambi yapfubye ya Uganda ku Rwanda

Editorial 08 Dec 2017
RNC irarimbutse nka za MDR, MRND na CDR, n’andi mashyaka atwibutsa amateka mabi yaranze uru Rwanda

RNC irarimbutse nka za MDR, MRND na CDR, n’andi mashyaka atwibutsa amateka mabi yaranze uru Rwanda

Editorial 18 Oct 2023

4 Ibitekerezo

  1. Rebero Jeremy
    January 13, 201910:41 am -

    Ikibazo nuko uwatorwa wese akunda igihugu cye atakwemerako kivogerwa! Za raporo nyinshi zikoma Urwanda muri uko kuvongera Kongo ariko nat n’imwe ivugako Kongo yivanga mu mikorere y’Urwanda. Icyo buri wese abona nuko Urwanda rukwiye kwikosora maze rukabana neza n’abaturanyi.

    Subiza
  2. Sacyega
    January 13, 201910:57 am -

    Kisekesi azakorera inyungu za Congo ntabwo ari iz’u Rwanda , ntatabikora ntibazongera kumutora , kandi kwiba amajwi muri Congo bizageraho birangire , kuko Abanyapolitike bahariya ntabwo bahangana nk’abo mu Rwanda bahora muri Gereza , ufashe ubutegetsi yumva igitekerezo bye aribyo byiza gusa , abandi ngo baba ari abanzi b’igihugu.

    Subiza
  3. Btwenge
    January 13, 201911:52 am -

    IYI. NKURU IYAMUBA
    MWAYANDITSE MULINGALA
    NIBWO. KISEKEDI. YARI KUYUMVA
    NEZA!!!
    UMUCO WO GUHAKIRIZWA
    NO KUBESHYA. UZADUSHIRAMO
    RYARI????
    KABILA. NTIYARINSHUTI??
    M7 NTIYARUMUBYEYI
    UBU. BIMEZE BITE?????

    Ubugabo butisubiraho
    Amaherezo bubyara

    U B U B W A.

    Subiza
  4. Emmy
    January 14, 20197:08 pm -

    Ubu se iriya mitwe icyo yamariye Congo nikihe uretse kuyiteza ibibazo gusa? No gusahura imitungo yabo ariko mujye mushyira mu gaciro munarebe kure gusa uri muri iriya mitwe nta kindi wavuga Ariko abanyarwanda tugomba kurinda ubusugire bwigihugu cyacu uko byagenda kose nicyo byasaba cyose.ibya Congo nibashaka kurekera igihugu cyabo mu bibazo birabareba.Komeza imihigo rwanda yacu

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa Tanzaniya, Mama Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha
Amakuru

Perezida wa Tanzaniya, Mama Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha

Editorial 30 Jul 2021
Ngororero: Abanyeshuri 1691 basobanuriwe uburenganzira bw’umwana
Mu Mahanga

Ngororero: Abanyeshuri 1691 basobanuriwe uburenganzira bw’umwana

Editorial 01 Mar 2016
Perezida Kagame yemeje ko ibya FDLR na Jenoside ari amateka mu Rwanda bitazongera kubaho ukundi
Amakuru

Perezida Kagame yemeje ko ibya FDLR na Jenoside ari amateka mu Rwanda bitazongera kubaho ukundi

Editorial 10 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru