• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»EU igiye guhagarika inkunga yageneraga abasirikare b’u Burundi bari muri Somalia

EU igiye guhagarika inkunga yageneraga abasirikare b’u Burundi bari muri Somalia

Editorial 31 Mar 2016 Mu Rwanda

Umuryango w’Ibihugu bw’Ubumwe bw’Iburayi (EU), wafashe umwanzuro wo guhagarika amwe mu mafaranga wahaga abasirikare b’u Burundi bari muri Somalia.

Uyu muryango uravuga ko ibi ari ibihano birebana n’uko Perezida Pierre Nkurunziza yanze kwitabira ibiganiro by’amahoro, bigamije guhagarika ubwicanyi.

Kugeza ubu u Burundi bufite abasirikare 5,400 bari mu butumwa bw’amahoro muri Somalia, mu mutwe wa AMISOM.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza (Reuters), biravuga ko aba basirikare ubusanzwe bahabwaga amadorali miliyoni 53 buri mwaka bikozwe n’uyu muryango.

Naho u Burundi bwo bwabonaga miliyoni 13 z’Amadorali aturutse kuri aba basirikare.

Ikinyamakuru Reuters kivuga ko buri musirikare uri muri ubu butumwa muri Somalia, ahabwa amadorali 1,000 buri kwezi harimo n’ibyo akoresha byose, akayahabwa n’uyu muryango. Kuri Leta y’u Burundi ho kuri aya madolari ahabwa umusirikare, amadolari 200 ajya muri leta, umusirikare agasigaragana amadorali 800.

Kugeza ubu rero ngo ingabo za AMISOM zishobora kuba zashakisha abandi baterankunga, mu gihe uyu muryango ugiye kuvanamo akawo karenge.

Hagati aho umwe mu basirikare b’u Burundi uri muri ubu butumwa, yavuze ko ababajwe n’iki cyemezo. Yagize ati “Byibuze buri kwezi nabonaga amadorali 312, nubatsemo inzu, ubu ubuzima bushobora kuba bubi ndetse imyitwarire mu gisirikare ikaba mibi cyane.”

Naho Alain Nyamitwe umuvugizi wa guverinoma y’u Burundi, yavuze ko ngo ibi ntacyo biri bubatware. Yagize ati “Kuba uyu muryango uhagaritse inkunga, ntabwo biri bubuze leta gukomeza kubaho.”

Ibihugu bitandukanye bikomeje gufatira ibihano bikomeye ubutegetsi bwa Perezida Nkurunziza.

-2559.jpg

Umwe mubasilikare babarundi baba muri Somaliya

Muri Werurwe uyu mwaka, u Bubiligi bwahagaritse inkunga ingana n’amadorali miliyoni 480, yagombaga kugeza mu mwaka wa 2020, nyuma yo gushinja ubutegetsi kwica abaturage barenga 470 mu gihe cy’umwaka, no kunanirwa kujya mu biganiro by’amahoro.

2016-03-31
Editorial

IZINDI NKURU

Urutonde Rw’ibigo 57 By’amashuri Yisumbuye Byabujijwe Gutangira Igihembwe Cya Gatatu

Urutonde Rw’ibigo 57 By’amashuri Yisumbuye Byabujijwe Gutangira Igihembwe Cya Gatatu

Editorial 17 Aug 2018
Icyo  RDF  Ivuga ku cyifuzo cya Loni cyo kongera Ingabo zivuga Igifaransa

Icyo RDF Ivuga ku cyifuzo cya Loni cyo kongera Ingabo zivuga Igifaransa

Editorial 29 Aug 2017
Abantu 54 bamaze gukira Coronavirus mu Rwanda, abanduye biyongereyeho 2 baba 136

Abantu 54 bamaze gukira Coronavirus mu Rwanda, abanduye biyongereyeho 2 baba 136

Editorial 16 Apr 2020
Amabanga y’Ubuto bwa Kagame  [ Secrets de Jeunesse ]

Amabanga y’Ubuto bwa Kagame [ Secrets de Jeunesse ]

Editorial 20 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Agashya mu birori byo guhemba Abanyamakuru ’Anangwe yatunguranye yambika impeta umukunzi we
SHOWBIZ

Agashya mu birori byo guhemba Abanyamakuru ’Anangwe yatunguranye yambika impeta umukunzi we

Editorial 08 Nov 2017
Mitali Protais ushakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda yagaraye mu nteko ishingamategeko y’Ububiligi
INKURU NYAMUKURU

Mitali Protais ushakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda yagaraye mu nteko ishingamategeko y’Ububiligi

Editorial 30 Mar 2019
Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze
Amakuru

Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze

Administrator 18 Nov 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru