• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Faustin Twagiramungu”Rukokoma” yatamaje Jean-Marie Vianney Ndagijimana ubu wiyita “impirimbanyi ya Demokarasi’, amushinja ubujura.

Faustin Twagiramungu”Rukokoma” yatamaje Jean-Marie Vianney Ndagijimana ubu wiyita “impirimbanyi ya Demokarasi’, amushinja ubujura.

Editorial 01 Jun 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Jean-Marie Vianney Ndagijimana uvugwa mu kiganiro Faustin Twagiramungu yagiranye na Agnès Mukarugomwa bakunze kwita “Mukaruharwa” wa “Ikondera Libre”, yahoze ari Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga muri Guverinoma “Rukokoma” yari abereye Minisitiri w’Intebe.

Ubujura bwe bwavuzwe bwa mbere na Perezida Paul Kagame, ubwo yahishuraga uko Amb. Ngagijimana yibye ibihumbi 200 by’amadolari(ubu ni nka miliyoni 200 uvunje mu Manyarwanda), yari ayahawe ngo ajye gutangiza ambasade z’u Rwanda mu bihugu bitandukanye, ayakubita umufuka ahita anaguma mu buhungiro.

Faustin Twagiramungu yanenze cyane imyitwarire ya Amb. Ndagijimana n’abandi nkawe bagaragaje ubunyangamugayo hafi ya ntabwo. Twagiramungu ati:” Muri Guverinoma yanjye, hari abagiye mu myanya y’ubutegetsi bagamije kwibonera ubukire. Ngajijimana ntiyahakana ko atatwaye ayo mafaranga kuko uwayamuhaye yitwa Ngarukiye ubu ari muri Denmark Gutorokana umutungo w’Igihugu, ukagenda nta n’uwo usezeyeho biragayitse”.

Nubwo abashubije Twagiramungu ku mbuga nkoranyambaga bashimye ko yeruye akavuga ubujura bwa Jean-Marie Vianney Ndagijimana wigize umuntu ukomeye mu”batavuga rumwe na Leta y’uRwanda”, banamwibukije ko nawe ubwe yagiye adasezeye, nabyo bikaba bidahesha icyubahiro umuntu wabaye Ministiri w’Intebe.

Jean-Marie Vianney Ndagijimana ubu atuye ahitwa Orléans mu Bufaransa. Akunze kumvikana asebya uRwanda n’ Abayobozi barwo. Ni umwe mu bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba inshuti magara n’abajenosideri, n’umuyoboke ukomeye w’imitwe y’iterabwoba nka FDLR n’iyindi.

Ibi bikomeje kwerekana ubusembwa bw’Ababanyarwanda cyane cyane ababa mu mahanga, biyita impirimbanyi za demokarasi n’uburenganzira bw’ikiremwamuntu, kandi barasize bakoze ibyaha bikomeye mu Rwanda, nk’ubujura, ubwicanyi n’ibindi.

Icyiza ariko, nk’uko Faustin Twagiramungu alias Rukokoma abikoze kuri Ndagijimana, abo bayoboke ba “opozisiyo” y’icyuka batangiye gusubiranamo no gushyirana ku Karubanda. Imizinga izavamo imyibano!

2021-06-01
Editorial

IZINDI NKURU

Ethiopia: Perezida Kagame yagabiwe  inka n’inyana yayo

Ethiopia: Perezida Kagame yagabiwe inka n’inyana yayo

Editorial 26 May 2018
Umutoza w’Ikipe y’Igihugu MASHAMI Vincent yatangaje urutonde rw’abakinnyi 23 azifashisha mu mukino wa Mali

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu MASHAMI Vincent yatangaje urutonde rw’abakinnyi 23 azifashisha mu mukino wa Mali

Editorial 28 Aug 2021
Intumwa ya Perezida Kagame Gen ( Rtd) James Kabarebe Yakiriwe na Dr Samoei Ruto

Intumwa ya Perezida Kagame Gen ( Rtd) James Kabarebe Yakiriwe na Dr Samoei Ruto

Editorial 17 Jul 2025
Zion Temple “Afrika haguruka “:  Mugikorwa cy’Ubuhanuzi, Ubutaka bwa Isiraheli bwahujwe n’ubw’u Rwanda

Zion Temple “Afrika haguruka “: Mugikorwa cy’Ubuhanuzi, Ubutaka bwa Isiraheli bwahujwe n’ubw’u Rwanda

Editorial 28 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports isezerewe na Rivers Utd muri CAF Confederation Cup
Mu Rwanda

Rayon Sports isezerewe na Rivers Utd muri CAF Confederation Cup

Editorial 22 Apr 2017
Koffi Olimide yababarijwe i Kigali n’umufana we wishwe arashwe na Polisi
IMIKINO

Koffi Olimide yababarijwe i Kigali n’umufana we wishwe arashwe na Polisi

Editorial 02 Jan 2017
Burundi: Imfungwa 178 zahawe imbabazi na Perezida Nkurunziza zarekuwe
Mu Mahanga

Burundi: Imfungwa 178 zahawe imbabazi na Perezida Nkurunziza zarekuwe

Editorial 27 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru