• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»FDLR, umwe mu mitwe yagarutsweho na Loni ikwiye kurandurwa burundu

FDLR, umwe mu mitwe yagarutsweho na Loni ikwiye kurandurwa burundu

Editorial 01 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Intumwa yihariye ya Loni mu karere k’ibiyaga bigali, Said Djinnit, atangaza ko amahoro n’umutekano bizaboneka neza muri aka karere k’ibiyaga bigari mu gihe imitwe y’inyeshyamba irwanira mu Burasirazuba bwa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo izaba yaranduwe burundu.

Mu birori by’isabukuru y’imyaka itanu ishize habayeho gushyira umukono ku masezerano y’ i Addis-Abeba yo mu 2013,  yo kubungabunga amahoro mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo yashegeshwe n’imitwe y’inyeshyamba, nibwo Djinnit yatangaje ko mu gihe iyi mitwe y’inyeshyamba itararandurwa burundu, n’umutekano uzakomeza kuzamba.

Yagize ati “ Akarere gakomeje kuba mu bibazo by’imitwe y’inyeshyamba, hakiyongeraho intambara z’urudaca zikomeje muri Sudani y’Amajyepfo, Centrafurika, ndetse n’imvururu zishingiye kuri politiki n’amatora muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo”.

Akomeza avuga ko iterambere mu by’umutekano muri aka karere k’ibiyaga bigali rikiri mu murongo utukura mu gihe hatarafatwa ingamba zihamye zo kurandura imitwe y’inyeshyamba.

Imitwe atunga agatoki ikomeje kuzambya umutekano muri Congo, avuga inyeshyamba za ADF Nalu zikomoka muri Uganda, zishinjwa kwica abaturage mu gace ka Beni na Eringeti.

Nk’uko ikinyamakuru xinhuanet, kibitangaza avuga ko n’umutwe wa FDLR ufatwa nk’umwe mu mitwe y’Abanyamahanga bari ku butaka bwa Congo, bakomeje ibikorwa bya kinyeshyamba ku butaka bwa Congo ukwiriye kurandurwa burundu nyuma y’imyaka 24 umaze ku butaka bwa Congo.

Avuga ko imvururu zishingiye kuri politiki muri aka karere zagize ingaruka zikomeye zo gutera abaturage guhunga, miliyoni 11 z’abaturage bo muri aka karere bakaba baba mu buhunzi.

Ati “Ku bw’izo mpamvu, kugikemura ni ingingo nyamukuru, ibibazo biri mu Burundi, RDC, intambara ziri muri Sudani y’Epfo na Centrafurika, ni ngombwa rero ko abantu bahaguruka hagashyirwaho ingamba nshya kandi zihamye z’amahoro n’umutekano ndetse hakanashyirwaho urubuga rw’ ubufatanye”.

Amasezerano y’ i Addis-Abeba yashyizweho umukono n’ibihugu 11, ari byo Angola, Burundi, Central African Republic, Congo, RDC, Rwanda, Afurika y’Epfo, Sudani y’Epfo, Tanzania, Uganda, Zambia, n’imiryango nka UN, AU, ICGLR na (SADC).

2018-03-01
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi haravugwa indi mirambo 14 yatoraguwe mu ishyamba rya Kibira

Burundi haravugwa indi mirambo 14 yatoraguwe mu ishyamba rya Kibira

Editorial 07 Mar 2019
Wari uzi ko gutera Gatarina [ Kondo] mu karere byatangiriye muri Uganda?

Wari uzi ko gutera Gatarina [ Kondo] mu karere byatangiriye muri Uganda?

Editorial 05 Dec 2018
Nibarize Ingabire Victoire

Nibarize Ingabire Victoire

Editorial 21 Sep 2018
Ingabire Victoire n’abayoboke be baratabariza FDLR ngo idasenywa

Ingabire Victoire n’abayoboke be baratabariza FDLR ngo idasenywa

Editorial 11 Mar 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi b’u Rwanda 140 berekeje mu butumwa bw’amahoro muri Haiti
Mu Rwanda

Abapolisi b’u Rwanda 140 berekeje mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Editorial 25 Aug 2017
Nyamagabe: Bane bafunzwe bakekwaho kwihanira ukekwaho ubujura bikamuviramo urupfu
Mu Rwanda

Nyamagabe: Bane bafunzwe bakekwaho kwihanira ukekwaho ubujura bikamuviramo urupfu

Editorial 08 Mar 2017
Abahezanguni n’inyangabirama, nyirabayazana w’umwuka mubi ututumba mu Bayisilamu bo mu Rwanda
Amakuru

Abahezanguni n’inyangabirama, nyirabayazana w’umwuka mubi ututumba mu Bayisilamu bo mu Rwanda

Editorial 25 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru