Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, ubuyobozi bwa FERWAFA n’Inama y’Ubutegetsi ya Rwanda Premier League basinye ku mabwiriza mashya azagenga imikino y’uyu mwaka w’imikino wa 2025/26.

Iki gikorwa cyitabiriwe n’abasifuzi b’imikino yo mu cyiciro cya mbere, aho bemeye gukorera hamwe mu kwimakaza ubunyangamugayo n’ubunyamwuga kugira ngo shampiyona igende neza.

Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, na Perezida w’Inama y’Ubutegetsi ya Rwanda Premier League, Hadji Yusufu Mudaheranwa, bashimangiye ko gukorera hamwe ari yo nzira yo guteza imbere umupira w’u Rwanda.
Mu rwego rwo gushyigikira abasifuzi, FERWAFA yatangaje ko agahimbazamusyi kabo kazikuba inshuro zirenga ebyiri ugereranyije n’uko byari bisanzwe, ndetse bakazajya banabona ubufasha mu myitozo ya buri munsi igamije kubafasha kuzamura urwego rwabo.
Aya mabwiriza mashya yitezweho kuzamura ireme rya shampiyona y’u Rwanda no kuyigira indorerwamo y’ubunyangamugayo n’ubunyamwuga muri ruhago nyafurika.




