• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Gahunda ya NEPAD igiye guhindurwa Ikigo cya AU gishinzwe iterambere

Gahunda ya NEPAD igiye guhindurwa Ikigo cya AU gishinzwe iterambere

Editorial 10 Jul 2018 UBUKUNGU

Inama ya 31 isanzwe y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), iherutse kubera i Nouakchott muri Mauritania, yemeje ko gahunda y’ubufatanye bushya bw’ibihugu bya Afurika mu Iterambere (NEPAD), igiye guhindurwa Ikigo cy’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe gishinzwe Iterambere, kugira ngo irusheho gutanga umusaruro.

Umuyobozi Mukuru w’Ubunyamabanga bwa NEPAD, Dr.Ibrahim Mayaki, yavuze ko icyigambiriwe muri aya mavugurura ari ukongera umusaruro w’iyi gahunda mu gushyira mu bikorwa ibyemezo bya AU, na gahunda z’inzego zose zigize uyu muryango.

Yagize ati “Umwe mu myanzuro nama ya raporo ya Kagame, ni uko NEPAD yahinduka Ikigo cy’Iterambere cya AU. Twishimiye izi mpinduka zizatuma dushyira ku murongo gahunda zacu zikarushaho gutanga umusaruro kubw’iterambere ry’umugabane wacu”.

NEPAD ni gahunda ya AU igamije iterambere rya Afurika yemejwe mu nama ya 37 ya AU y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma yabereye i Lusaka muri Zambia muri Nyakanga 2001. Gusa yagiye igorwa no kwibona neza mu mikorere y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Inteko Rusange ya AU yemeje ko hashyirwaho Ikigo cya Afurika yunze Ubumwe gishinzwe iterambere, nk’urwego rwa tekiniki rwa AU, rufite amategeko yihariye arugenga n’imiterere yarwo.

Imiterere yarwo n’ibindi birugenda bizategurwa bimurikirwe kandi byemezwe n’Inama y’Abakuru b’Ibihugu bya AU izaba muri Mutarama umwaka utaha.

Mu nama y’akanama k’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma gashinzwe kwiga ku cyerekezo cya NEPAD yabaye muri Mutarama uyu mwaka i Addis Ababa, mbere y’Inama ya 30 y’Abakuru b’Ibihugu bigize AU, Perezida Kagame yavuze ko NEPAD ari ingirakamaro, asaba ko habaho isuzuma ry’iyi gahunda kugira ngo ibikorwa byayo birusheho kugira akamaro.

Yavuze ko NEPAD ifite uruhare rukomeye mu iterambere ry’inzego z’ubuhinzi, ibikorwaremezo n’ikoranabuhanga ku mugabane wa Afurika. Yasabye abagize ako kanama gukomeza kwiga ku ngingo zatuma NEPAD irushaho gutera imbere, by’umwihariko asaba ko hakorwa isuzuma ryigenga.

Yagize ati “Tugomba kuzirikana ko ingingo zinyuranye z’uburyo twakomeza kuyiteza imbere ziganirwaho kandi zigafatwaho umwanzuro. Igenzura ryigenga ry’ibikorwa n’akamaro k’iyi porogaramu ryakorwa hagamijwe gukomeza kuyongerera imbaraga, ni ingirakamaro kandi rikwiye kwitabwaho by’umwihariko.”

Yanavuze ko NEPAD ikwiriye gukorerwa ubuvugizi haba muri Afurika no ku Isi no gukomeza umuvuduko wo kugera ku ntego zashyizweho cyane cyane icyerekezo cya Afurika 2063.

2018-07-10
Editorial

IZINDI NKURU

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Editorial 10 Jul 2017
Imodoka yabonye ari umwana, ibaye iya mbere ikorewe mu Rwanda ari Perezida

Imodoka yabonye ari umwana, ibaye iya mbere ikorewe mu Rwanda ari Perezida

Editorial 27 Jun 2018
Mboweni uri mu bafasha Kagame kuvugurura AU yagizwe Minisitiri w’Imari wa Afurika y’Epfo

Mboweni uri mu bafasha Kagame kuvugurura AU yagizwe Minisitiri w’Imari wa Afurika y’Epfo

Editorial 10 Oct 2018
EU yahaye u Rwanda miliyari hafi 53 Frw zo kwifashisha mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus

EU yahaye u Rwanda miliyari hafi 53 Frw zo kwifashisha mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus

Editorial 09 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inkundura muri ADEPR, Bishop Tom Rwagasana na we yagejejwe mu gihome
ITOHOZA

Inkundura muri ADEPR, Bishop Tom Rwagasana na we yagejejwe mu gihome

Editorial 06 May 2017
Kigali: Umuhesha w’inkiko w’umwuga yatawe muri yombi akekwaho ubwambuzi bushukana
HIRYA NO HINO

Kigali: Umuhesha w’inkiko w’umwuga yatawe muri yombi akekwaho ubwambuzi bushukana

Editorial 25 Jun 2018
Ifoto y’umunsi
Mu Mahanga

Ifoto y’umunsi

Editorial 13 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru