• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gakenke: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo gukangurira abandi kwirinda ibiyobyabwenge

Gakenke: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo gukangurira abandi kwirinda ibiyobyabwenge

Editorial 10 Jul 2017 Mu Rwanda

Urubyiruko rw’Itorero rya Pantekote mu Rwanda (ADEPR) mu karere ka Gakenke rurenga 200 rwo muri Paruwase ya Rushashi, ku itariki 8 z’uku kwezi rwakoze urugendo rwo gukangurira ibyiciro byose by’abantu kwirinda kwishora mu biyobyabwenge.

Urwo rugendo rureshya na kilometero eshatu rwarukoreye mu kagari ka Rwankuba, ho mu murenge wa Rushashi.

Rwarutangiriye ku kibuga cy’umupira w’amaguru cya Rushashi, runyura mu isantere y’ubucuruzi ya Rushashi; hanyuma rurusoreza kuri Paruwase ya ADEPR ya Rushashi; aho Polisi y’u Rwanda muri aka karere yaruganirije ku bubi bw’ibiyobyabwenge n’ingaruka zo kubyishoramo.

Ubwo rwakoraga urwo rugendo, urwo rubyiruko rwari rwitwaje ibyapa byanditseho ubutumwa bwakanguriraga abantu bose kubyirinda no gufatanya kurwanya ikoreshwa n’icuruzwa ryabyo. Bagaragazaga kandi ko biyemeje kubyirinda no kugira uruhare mu kurwanya iyinjizwa ryabyo mu gihugu.

Umushumba wa Paruwase ya ADEPR ya Rushashi, Niyibizi Alexis ari mu bitabiriye urwo rugendo ndetse n’ibyo biganiro. Amagana y’abaturage bitabiriye ibyo biganiro babwiwe ingaruka zo kwishora mu biyobyabwene, banasabwa kubyirinda.

Umwofisiye wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe imikoranire yayo n’abaturage ndetse n’izindi nzego mu karere ka Gakenke, Inspector of Police (IP) Justin Murenzi yashimye urwo rubyiruko ndetse n’Itorero rya ADEPR muri rusange ku bw’icyo gikorwa cyo gufatanya gukangurira umuryango nyarwanda kwirinda ibiyobyabwenge.

Yabwiye urubyiruko rwari aho ko kunywa Urumogi, Kanyanga, Mayirungi, Muriture, Chief Warage, Suzie n’ibindi biyobyabwenge, cyangwa guhumeka Kole ndetse na Lisansi bishobora gutuma bishora mu busambanyi bukurikirwa n’ingaruka zirimo kwandura zimwe mu ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, gutwara inda zitateganyijwe no kureka ishuri.

IP Murenzi yakomeje abwira abitabiriye ibyo biganiro ati,”Ibiyobyabwenge bitera uwabinyoye gukora ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa, gufata ku ngufu, gusambanya abana n’ihohotera rishingiye ku gitsina. Izindi ngaruka zo kubyishoramo harimo igifungo no gucibwa ihazabu.”

Yagize kandi ati,”Kwishora mu biyobyabwenge ni ukwitera igihombo kubera ko iyo bifashwe birangizwa. Ikindi ni uko kubinywa bidatuma umuntu yibagirwa ibibazo asanganywe nk’uko bamwe bibwira cyagwa babeshwa; ahubwo bimwongerera ibindi birushijeho gukomera.

Itorero rya ADEPR rigira uruhare runini mu gukangurira Umuryango nyarwanda kwirinda ibiyobyabwenge binyuze mu bikorwa bitandukanye birimo ubukangurambaga nk’ubu bukorwa hirya no hino mu gihugu n’Abayoboke baryo b’urubyiruko; Polisi y’u Rwanda ikaba ibirishimira.

Na none ku itariki 8 z’uku kwezi Polisi y’u Rwanda mu karere ka Nyanza yaganirije urubyiruko rw’Idini ya Isilamu rwo muri aka karere rurenga 480 ku bubi bw’ibiyobyabwenge, inabakangurira kwirinda kubyishoramo no kuba abafatanyabikorwa mu kurwanya icuruzwa n’ikoreshwa ryabyo.

Ubu butumwa babuhawe na IP Emmanuel Murindangabo. Ikiganiro yagiranye na bo cyabereye mu kagari ka Kavumu, mu murenge wa Busasamana.

Usibye kubakangurira kwirinda ibiyobyabwenge, yanabasabye kwirinda ingengabitekerezo y’ubutagondwa n’ubuhezanguni no gutungira agatoki Polisi abo bayikekaho.

-7176.jpg

Ku bufatanye n’izindi nzego ndetse n’abaturage, Polisi y’u Rwanda mu karere ka Musanze mu cyumweru gishize yafashe inzoga zitemewe mu Rwanda z’ubwoko butandukanye. Ku itariki 7 z’uku kwezi habaye ibikorwa byo kubyangiza; abaturage babyitabiriye bakaba barakanguriwe kwirinda kubyishoramo.

Ibikorwa byo kubyangiza byabereye kuri Sitasiyo za Polisi za Muhoza, Cyuve na Kinigi. Hangijwe amaduzeni 110 n’amasashe 2,783 bya Blue Sky, amaduzeni abiri n’amasashe 11 bya Kitoko , amasashe 60 ya Coffee Warage , amasashe 24 ya Host Waragi, amasashe 17 ya Coffee Spirit , amasashe 7 ya Bond Seven, na litiro 8 za Gargazoc.

Source : RNP

2017-07-10
Editorial

IZINDI NKURU

Guha Ijambo mu bitangazamakuru Barafinda Sekikubo ni ugushinyagura,RIB yasabye abanyamakuru kugira ubumuntu

Guha Ijambo mu bitangazamakuru Barafinda Sekikubo ni ugushinyagura,RIB yasabye abanyamakuru kugira ubumuntu

Editorial 29 Jul 2020
Abayobozi babiri b’uburezi mu karere bafunzwe bakurikiranyweho amakosa mu itangwa ry’akazi k’ubwarimu

Abayobozi babiri b’uburezi mu karere bafunzwe bakurikiranyweho amakosa mu itangwa ry’akazi k’ubwarimu

Editorial 01 Mar 2017
Urukiko rwahagaritse gukurikirana uwareganwaga na Maj. Dr Rugomwa gukubita bakica umwana

Urukiko rwahagaritse gukurikirana uwareganwaga na Maj. Dr Rugomwa gukubita bakica umwana

Editorial 09 May 2017
Perezida Kagame yitabiriye Inama ya 27 ihuza u Bufaransa n’ Afurika I Bamako.

Perezida Kagame yitabiriye Inama ya 27 ihuza u Bufaransa n’ Afurika I Bamako.

Editorial 16 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abongereza barinubira leta yabo isesagura amafaranga menshi ku ba jenosideri batanu bahaburanishirizwa
INKURU NYAMUKURU

Abongereza barinubira leta yabo isesagura amafaranga menshi ku ba jenosideri batanu bahaburanishirizwa

Editorial 10 Sep 2019
Amb. Mugambage yasabye Uganda gukora iperereza ku ‘mitwe y’iterabwoba’ ishaka guhungabanya u Rwanda
POLITIKI

Amb. Mugambage yasabye Uganda gukora iperereza ku ‘mitwe y’iterabwoba’ ishaka guhungabanya u Rwanda

Editorial 06 Jul 2018
U Burusiya bugiye kugurisha u Rwanda uburyo bw’ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere
HIRYA NO HINO

U Burusiya bugiye kugurisha u Rwanda uburyo bw’ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere

Editorial 04 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru