• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • “FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR   |   28 May 2025

  • Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026   |   28 May 2025

  • APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo   |   26 May 2025

  • Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila   |   26 May 2025

  • Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca   |   26 May 2025

  • Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu   |   25 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gakenke: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo gukangurira abandi kwirinda ibiyobyabwenge

Gakenke: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo gukangurira abandi kwirinda ibiyobyabwenge

Editorial 10 Jul 2017 Mu Rwanda

Urubyiruko rw’Itorero rya Pantekote mu Rwanda (ADEPR) mu karere ka Gakenke rurenga 200 rwo muri Paruwase ya Rushashi, ku itariki 8 z’uku kwezi rwakoze urugendo rwo gukangurira ibyiciro byose by’abantu kwirinda kwishora mu biyobyabwenge.

Urwo rugendo rureshya na kilometero eshatu rwarukoreye mu kagari ka Rwankuba, ho mu murenge wa Rushashi.

Rwarutangiriye ku kibuga cy’umupira w’amaguru cya Rushashi, runyura mu isantere y’ubucuruzi ya Rushashi; hanyuma rurusoreza kuri Paruwase ya ADEPR ya Rushashi; aho Polisi y’u Rwanda muri aka karere yaruganirije ku bubi bw’ibiyobyabwenge n’ingaruka zo kubyishoramo.

Ubwo rwakoraga urwo rugendo, urwo rubyiruko rwari rwitwaje ibyapa byanditseho ubutumwa bwakanguriraga abantu bose kubyirinda no gufatanya kurwanya ikoreshwa n’icuruzwa ryabyo. Bagaragazaga kandi ko biyemeje kubyirinda no kugira uruhare mu kurwanya iyinjizwa ryabyo mu gihugu.

Umushumba wa Paruwase ya ADEPR ya Rushashi, Niyibizi Alexis ari mu bitabiriye urwo rugendo ndetse n’ibyo biganiro. Amagana y’abaturage bitabiriye ibyo biganiro babwiwe ingaruka zo kwishora mu biyobyabwene, banasabwa kubyirinda.

Umwofisiye wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe imikoranire yayo n’abaturage ndetse n’izindi nzego mu karere ka Gakenke, Inspector of Police (IP) Justin Murenzi yashimye urwo rubyiruko ndetse n’Itorero rya ADEPR muri rusange ku bw’icyo gikorwa cyo gufatanya gukangurira umuryango nyarwanda kwirinda ibiyobyabwenge.

Yabwiye urubyiruko rwari aho ko kunywa Urumogi, Kanyanga, Mayirungi, Muriture, Chief Warage, Suzie n’ibindi biyobyabwenge, cyangwa guhumeka Kole ndetse na Lisansi bishobora gutuma bishora mu busambanyi bukurikirwa n’ingaruka zirimo kwandura zimwe mu ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, gutwara inda zitateganyijwe no kureka ishuri.

IP Murenzi yakomeje abwira abitabiriye ibyo biganiro ati,”Ibiyobyabwenge bitera uwabinyoye gukora ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa, gufata ku ngufu, gusambanya abana n’ihohotera rishingiye ku gitsina. Izindi ngaruka zo kubyishoramo harimo igifungo no gucibwa ihazabu.”

Yagize kandi ati,”Kwishora mu biyobyabwenge ni ukwitera igihombo kubera ko iyo bifashwe birangizwa. Ikindi ni uko kubinywa bidatuma umuntu yibagirwa ibibazo asanganywe nk’uko bamwe bibwira cyagwa babeshwa; ahubwo bimwongerera ibindi birushijeho gukomera.

Itorero rya ADEPR rigira uruhare runini mu gukangurira Umuryango nyarwanda kwirinda ibiyobyabwenge binyuze mu bikorwa bitandukanye birimo ubukangurambaga nk’ubu bukorwa hirya no hino mu gihugu n’Abayoboke baryo b’urubyiruko; Polisi y’u Rwanda ikaba ibirishimira.

Na none ku itariki 8 z’uku kwezi Polisi y’u Rwanda mu karere ka Nyanza yaganirije urubyiruko rw’Idini ya Isilamu rwo muri aka karere rurenga 480 ku bubi bw’ibiyobyabwenge, inabakangurira kwirinda kubyishoramo no kuba abafatanyabikorwa mu kurwanya icuruzwa n’ikoreshwa ryabyo.

Ubu butumwa babuhawe na IP Emmanuel Murindangabo. Ikiganiro yagiranye na bo cyabereye mu kagari ka Kavumu, mu murenge wa Busasamana.

Usibye kubakangurira kwirinda ibiyobyabwenge, yanabasabye kwirinda ingengabitekerezo y’ubutagondwa n’ubuhezanguni no gutungira agatoki Polisi abo bayikekaho.

-7176.jpg

Ku bufatanye n’izindi nzego ndetse n’abaturage, Polisi y’u Rwanda mu karere ka Musanze mu cyumweru gishize yafashe inzoga zitemewe mu Rwanda z’ubwoko butandukanye. Ku itariki 7 z’uku kwezi habaye ibikorwa byo kubyangiza; abaturage babyitabiriye bakaba barakanguriwe kwirinda kubyishoramo.

Ibikorwa byo kubyangiza byabereye kuri Sitasiyo za Polisi za Muhoza, Cyuve na Kinigi. Hangijwe amaduzeni 110 n’amasashe 2,783 bya Blue Sky, amaduzeni abiri n’amasashe 11 bya Kitoko , amasashe 60 ya Coffee Warage , amasashe 24 ya Host Waragi, amasashe 17 ya Coffee Spirit , amasashe 7 ya Bond Seven, na litiro 8 za Gargazoc.

Source : RNP

2017-07-10
Editorial

IZINDI NKURU

Abanyamuryango ba komite Olempiki y’u Rwanda bemeje ko komite nyobozi ikomeza kuyobora kugeza mu Kwakira 2021 ubwo imikino Olempiki izaba irangiye

Abanyamuryango ba komite Olempiki y’u Rwanda bemeje ko komite nyobozi ikomeza kuyobora kugeza mu Kwakira 2021 ubwo imikino Olempiki izaba irangiye

Editorial 04 Apr 2021
Amafoto – Imanizabayo Eric uzwi nka Radio yegukanye isiganwa ry’amagare ryavaga I Kigali ryerekeza mu Karere ka Gicumbi

Amafoto – Imanizabayo Eric uzwi nka Radio yegukanye isiganwa ry’amagare ryavaga I Kigali ryerekeza mu Karere ka Gicumbi

Editorial 28 Nov 2021
Polisi yishimiye ko amatora ya Perezida wa Repubulika yabaye mu mutekano

Polisi yishimiye ko amatora ya Perezida wa Repubulika yabaye mu mutekano

Editorial 05 Aug 2017
Polisi y’u Rwanda irakangurira abatunze imbwa kuzitaho kugira ngo zidateza umutekano mucye

Polisi y’u Rwanda irakangurira abatunze imbwa kuzitaho kugira ngo zidateza umutekano mucye

Editorial 10 Mar 2017
Abanyamuryango ba komite Olempiki y’u Rwanda bemeje ko komite nyobozi ikomeza kuyobora kugeza mu Kwakira 2021 ubwo imikino Olempiki izaba irangiye

Abanyamuryango ba komite Olempiki y’u Rwanda bemeje ko komite nyobozi ikomeza kuyobora kugeza mu Kwakira 2021 ubwo imikino Olempiki izaba irangiye

Editorial 04 Apr 2021
Amafoto – Imanizabayo Eric uzwi nka Radio yegukanye isiganwa ry’amagare ryavaga I Kigali ryerekeza mu Karere ka Gicumbi

Amafoto – Imanizabayo Eric uzwi nka Radio yegukanye isiganwa ry’amagare ryavaga I Kigali ryerekeza mu Karere ka Gicumbi

Editorial 28 Nov 2021
Polisi yishimiye ko amatora ya Perezida wa Repubulika yabaye mu mutekano

Polisi yishimiye ko amatora ya Perezida wa Repubulika yabaye mu mutekano

Editorial 05 Aug 2017
Polisi y’u Rwanda irakangurira abatunze imbwa kuzitaho kugira ngo zidateza umutekano mucye

Polisi y’u Rwanda irakangurira abatunze imbwa kuzitaho kugira ngo zidateza umutekano mucye

Editorial 10 Mar 2017
Abanyamuryango ba komite Olempiki y’u Rwanda bemeje ko komite nyobozi ikomeza kuyobora kugeza mu Kwakira 2021 ubwo imikino Olempiki izaba irangiye

Abanyamuryango ba komite Olempiki y’u Rwanda bemeje ko komite nyobozi ikomeza kuyobora kugeza mu Kwakira 2021 ubwo imikino Olempiki izaba irangiye

Editorial 04 Apr 2021
Amafoto – Imanizabayo Eric uzwi nka Radio yegukanye isiganwa ry’amagare ryavaga I Kigali ryerekeza mu Karere ka Gicumbi

Amafoto – Imanizabayo Eric uzwi nka Radio yegukanye isiganwa ry’amagare ryavaga I Kigali ryerekeza mu Karere ka Gicumbi

Editorial 28 Nov 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru